• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi barasabwa kutaba icyanzu cyo gucamo mu gukwirakwiza ibiyobyabwenge

Abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi barasabwa kutaba icyanzu cyo gucamo mu gukwirakwiza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 31 May 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi kugira amakenga y’ibintu batwaye mu modoka kugira ngo badaha icyuho abanyabyaha muri rusange, n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge by’umwihariko.

Ubu butumwa buje bukurikira ifatwa ry’abagabo babiri bafatanwe ibiro 21 by’urumogi, bakaba barafashwe mu rukerera rwo ku itariki 28 Gicurasi bari mu modoka itwara abagenzi yavaga mu karere ka Ngoma yerekeza mu mujyi wa Kigali.

Abarufatanwe ni Niyomukiza Jean Claude, ufite imyaka 21 y’amavuko na Ntahomurereye Germain, ufite imyaka 24 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yagize ati:”Gufatwa kw’abo byaturutse ku makuru yatanzwe n’umwe mu bagenzi bari muri iyo modoka wagize amakenga ku mizigo ya bagenzi be, ahita abimenyesha Polisi. Iyo modoka barimo ikigera kuri bariyeri yo mu murenge wa Remera, abapolisi bari bayiriho bahise bayisaka, maze barusangamo.”

IP Kayigi yagize ati:” Aba bombi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ikorera ku murenge wa Remera, mu Karere ka Ngoma, ndetse n’urwo rumogi niho ruri mu gihe iperereza rikomeje ngo hamenyekane uburyo barubonyemo n’abo rwari rugenewe”.

IP Kayigi yakomeje agira ati:”Birashoboka ko Umushoferi ashobora gutwara ibintu bitemewe abizi, ariko biranashoboka ko ashobora kubitwara atabizi. Birakwiye rero kugira amakenga y’ibintu biri mu modoka atwaye kuko ashobora kwisanga yafashije umuntu gukwirakwiza ibiyobyabwenge ndetse n’ibindi bintu bitemewe n’amategeko.”

Yabasabye kujya bihutira kumenyesha Polisi y’u Rwanda igihe cyose babonanye umugenzi ibintu byose bakeka ko amategeko atemera.

Yatanze ingero z’aho abashoferi b’imodoka, abamotari, ndetse n’abagenzi bagiye bahura n’abantu nkabo bagahita bakabashyikiriza Sitasiyo ya Polisi iri hafi aho, niyo mpamvu yasabye abatuye abatwara abagenzi ko igihe cyose bazajya babona umuntu badashira amakenga bakwiye kujya bahita bahamagara Polisi cyangwa bakamushyikiriza Polisi ibegereye.

Kuri uwo munsi kandi, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera yafashe amaduzeni 310 ya Blue Sky, ariko abari bayafite bakaba barahise biruka bakibona ko bagiye gufatwa, izo nzoga zitemewe mu Rwanda zikaba ziri kuri Sitasiyo ya Polisi ya Cyanika.

Gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge ni kimwe mu bintu Polisi y’u Rwanda yashyize mu byihutirwa, ibinyujije mu bukangurambaga no mu mikwabu ikorwa hirya no hino mu gihugu.

RNP

2016-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu Banyarwanda bahunze ihohoterwa muri Zambia bageze mu Rwanda

Bamwe mu Banyarwanda bahunze ihohoterwa muri Zambia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021
Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Ubwanditsi 25 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Uganda hatahuwe impunzi 300 000 za baringa
INKURU NYAMUKURU

Muri Uganda hatahuwe impunzi 300 000 za baringa

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose
Mu Rwanda

Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya  PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR  uyu mwaka
Mu Rwanda

Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Ubwanditsi 17 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru