• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ku itariki ya 24 Nzeri 2020 nibwo Paulina Nyiramasuhuko yandikiye Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, asaba kurekurwa atarangije igifungo cy’imyaka 47 yakatiwe tariki 14 Ukuboza 2015, ubwo urugereko rw’ubujurire rwamuhamyaga uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu busabe bwe, uwo mugore rukumbi waburanishijwe akanahanwa n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, yavugaga ko yifuza kurekurwa kubera impamvu z’uburwayi. Icyakora abasesengura bakemeza ko yabikoze ari ukugerageza amahirwe gusa, ngo abe yanyura mu rihumye ubutabera, nk’uko byagenze ku bandi bajenosideri barekuwe nyamara bari bagisigaranye imyaka myinshi muri gereza.

Kwari ukwibeshya ariko, kuko Umucamanza Carmel AGIUS akaba na Perezida w’urwo rwego rwashyiriweho kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, yibukije Nyiramasuhuko ko atemerewe kurekurwa atarangije nibura 2/3 by’igifungo, mbere ya 2027.

Ikindi, nk’uko Carmel Agius abisobanura, raporo y’ inzego z’ubuzima mu gihugu cya Senegal ari naho Nyiramasuhuko afungiye, yerekana ko nta burwayi paulina Nyiramasuhuko afite, bityo ibyo yavugaga mu busabe bwe bikaba bidakwiye guhabwa agaciro.

Itegeko rivuga ko kugirango imfungwa irekurwe igihano kitarangiye, igihugu afungiyemo kigomba kubigiramo uruhare. Nyamara Perezida Carmel Agius yavuze ko urwego ayobora rwanditse rusaba ibitekerezo Leta ya Senegal, aho nyiramasuhuko yoherejwe kurangiza igihano, ariko ntihagira igisubizo gitangwa.

Kubera izi mpamvu zose rero, ejo kuwa gatatu tariki 10 Ugushyingo 2021, Perezida Carmel Agius yashwishurije Paulina Nyiramasuhuko, amubwira ko kugeza ubu nta kintu na kimwe cyatuma afungurwa atarangije igihano.

Paulina Nyiramasuhuko ubu ufite imyaka 75 y’amavuko, yari Minisitiri w’Umuryango n’Iterambere ry’Abagore muri Leta y’Abatabazi, ari nayo yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko na Yohani Kambanda wari Minisitiri w’Intebe yabyiyemereye.

Uretse akagambane mu gucura umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Nyiramasuhuko yanagize uruhare mu kuwushyira mu bikorwa, kuko yanahamwe n’ibyaha byo guha intwaro n’amabwiriza abicanyi batsembye Abatutsi hirya no hino mu Rwanda, ariko by’umwihariko mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, ari naho akomoka. Niwe mugore rukumbi wahamwe n’icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu, nka kimwe mu bigize Jenoside.

Paulina Nyiramasuhuko yafatiwe i Nairobi muri Kenya mu w’1997, aburanishirizwa Arusha mu rubanza rwarimo n’umuhungu we, Arsene Shalom Ntahobari nawe waje gukatirwa imyaka 47 y’igifungo.

Paulina Nyiramasuhuko yabanje gukatirwa igifungo cya burundu, ariko kiza kugabanywa mu bujurire, gishyirwa ku myaka 47. Afungiye muri Senegal kuva tariki 28 Nyakanga 2018, kimwe n’umuhungu we Ntahobari. Twabibutsa kandi ko uyu muryango wiganjemo abajenosideri, kuko Beatrice Munyenyezi uherutse koherezwa mu Rwanda avuye muri Amerika, ari umugore wa Arsene Shalom Ntahobari, akaba umukazana wa Paulina Nyiramasuhuko.

Perezida Carmel Agius yari aherutse kwanga icyifuzo cya Theoneste Bagosora waje no gupfa, nawe wasabaga kurekurwa atarangije igihano.

Ikigaragara imikorere ya Perezida Agius itandukanye n’iy’uwitwa Theodor Meron wahoze ari Perezida w’urugereko rw’ubujurire, we warekuye abajenosideri benshi cyane batarangije igihano, barimo na ba ruharwa Ferdinand Nahimana, Col Simba Aloys, Interahamwe kabombo Omar Serushako, n’abandi basaga 10.

Leta y’u Rwanda, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu kimwe n’iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakomeje kwamagana imikorere ya Theodor Meron yo kurekura abajenosideri, nta rundi rwego rubigishijwemo inama, kandi atitaye ku buremere bw’ibyaha byabahamye.

Ibyemezo bya Theodor Mero byagaragaye nko kwimakaza umuco wo kudahana no gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.

2021-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 May 2016
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga
ITOHOZA

Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru