• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017 Mu Mahanga

Donald Trump yongeye kugaragaza ko ibiganiro n’igihugu cya Koreya ya Ruguru nta kizavamo ariko ko we azi ikizakemura ibibazo by’iki gihugu.

N’ubwo Donald Trump perezida wa Amerika ateruye ku mugaragaro ngo avuge ko hari ibitero bitegurwa, amagambo yanditse kuri Twitter ye benshi bahamya ko nta kindi asobanuye uretse intambara irimo gutegurwa n’iki gihugu mu rwego rwo guhagarika Koreya ya Ruguru mu ikorwa ry’ibisasu kirimbuzi.

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 7 Ukwakira 2017 ni bwo Donald Trump perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika abinyujije kuri Twitter yongeye gushimangira ko imishyikirano igihugu cye kirimo kugirana na Leta ya Koreya ya Ruguru ntacyo iteze kugeraho ibi akabishingira ku kuba mu myaka 25 yose ishize bagerageje kuganira n’iki gihugu ariko bikaba iby’ubusa.

Trump yagizea ati: “Abaperezida n’ubutegetsi bwabo bamye baganira na Koreya ya ruguru mu myaka 25 yo se ishize, bakagirana amasezerano, amafaranga atagira ingano yaratanzwe… gusa ibi byose ntacyo byagezeho, Koreya ya Ruguru yagiye iribata aya masezerano yose mu kanya nk’ako guhumbya. Mbiseguyeho, gusa hari ikintu kimwe cyonyine kizarangiza iki kibazo.”

Ubwo abanyamakuru bamubazaga icyo yashakaka kuvuga kizarangiza ikibazo cya Koreya ya ruguru, Trump yirinze kuvuga byinshi maze agira ati: “Muzakimenya mu minsi ya vuba cyane”.

Si ubwa mbere Trump yendereza Koreya ya Ruguru na perezida wa yo yahimbye akabyiniriro ka “Little Rocket man”abinyujije kuri Twitter iki gihugu kikaba gikomeje gucura ibisasu kirimbuzi ndetse n’ibyambukiranya imigabane.

-8276.jpg

Nyuma y’uko abwiye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru mu muryango w’abibumbye ko we ndetse na Perezida we batazamara igihe kirekire, ku wa Kane taliki ya 5 Ukwakira Trump yari yavuze ko Leta zunze ubumwe za Amerika zizakora ibyo zigomba gukora. Ibi abakurikirira hafi iki kibazo bakavuga ko bica amarenga y’intambara ishobora kwaduka hagati ya Amerika na Koreya ya Ruguru.

Trump yagize ati: “Ntidushobora kwemera ko umunyagitugu aza gutera ubwoba igihugu cyacu cyangwa incuti zacu arimo adukangisha kumena amaraso y’abantu. Tuzakora ibyo tugomba gukora kugirango ibi bitabaho kandi ndabizeza ko ibi bizakorwa igihe bizaba ari ngombwa.”

Aya magambo Donald Trump akaba yarayavugiye mu nama yari yahuje abasirikare bakuru b’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika yabaye ku wa Kane. Akaba yarongeyeho ko Leta zamubanjirije zatsinzwe kuri iki kibazo ariko we ngo ntateze gutsindwa.

2017-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Feb 2022
Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe
IMIKINO

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Ubwanditsi 10 May 2018
Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi
Mu Mahanga

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Umubyeyi wa  Kayumba Nyamwasa yitabye Imana
INKURU NYAMUKURU

Umubyeyi wa Kayumba Nyamwasa yitabye Imana

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru