• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame avuga kuri Makuza: “Namumenye mu bihe bibi kandi mumenya nk’umugabo muzima”

Kagame avuga kuri Makuza: “Namumenye mu bihe bibi kandi mumenya nk’umugabo muzima”

Ubwanditsi 07 Nov 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yavuze ko nyakwigendera Makuza Bertin, nyir’uruganda Rwanda Foam, yamumenye mu bihe bibi igihugu cyarimo, akamumenya nk’umuntu w’umugabo kandi muzima.

Ibi yabitangarije mu rugo rwa Makuza mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo, ubwo we na madamu we bari bifatanyije n’umuryango wa nyakwigendera ndetse n’inshuti n’abavandimwe mu kababaro batewe n’urupfu rwe.

Perezida Kagame yavuze ko Makuza yari umugabo mwiza kandi waranzwe no gufasha igihugu mu bihe bikomeye cyarimo.

Yagiza ati “Makuza ntabwo muzi imyaka myinshi cyane ariko imyaka namumenye ni myinshi irahagije. Namumenye mu bihe bibi igihugu cyarimo. Iyo umenye umuntu mu bihe bibi ukamumenya neza akaba muzima mu bihe bibi, Makuza rero namumenye mu bihe bibi kandi mumenya nk’umuntu w’umugabo muzima, ndetse aranafasha ubwo twatangiye kubaka igihugu, ni umwe mu bantu twitabazaga, yari afite abandi bantu babanye b’inshuti ze bakoranye mu bihe birebire bindi kenshi mu gushaka inkunga, gushaka abikorera kugira ngo barusheho gukora neza cyangwa se batera inkunga ibikorwa by’igihugu, akarere turimo, kongera kwiyubaka.”

Umukuru w’Igihugu yunzemo ati “Yari muri ba bandi bazaga imbere cyangwa se akazana n’abandi imbere baje gufasha. Kandi ni koko banifashaga kuko bumvaga ko iyo utanze inkunga yawe mu bikorwa rusange, inkunga igera kuri benshi.”

Perezida Kagame yavuze ko ibyo Makuza yakoraga atari we wabaga yikorera gusa ku giti cye, aho ngo uruganda yari afite ibyavagamo yabigezaga no ku bandi, ndetse akanafasha n’umuryango we agafasha igihugu, agakorana n’abandi kugira ngo igihugu gitere imbere.

Yakomeje avuga ko ibyo Makuza yakoze ari urugero rwiza n’abandi bantu bakwiye kumwigiraho, aho ngo nubwo yitabye Imana azahora yibukirwa amateka meza asize. Aha Perezida Kagame yasabye abantu bose ko baharanira kuzajya basiga amateka meza.

Yagize ati “Ibyo ni urugero rwiza ku bandi bakiriho, cyangwa se kunoza gufatanya n’abandi kugira ngo igihugu cyacu gitere imbere. Buri wese azagira umunsi we, ariko buri munsi uko ugera ku bantu cyangwa uko bagera ku munsi wabo, ngira ngo hari ukundi bakomeza kubaho, uko bakomeza kubaho ni izina uba usize nk’uku turi hano, twaje kwifatanya n’umuryango, ubu ni ugukomeza kubaho kwa Makuza, buri wese rero aba akwiriye kutabaho rimwe gusa ngo birangire aho, gukomeza kubaho biva mu mateka uba usize mu byo wakoze n’ukuntu wifashe n’ukuntu wafashije abandi cyangwa se n’ukuntu wakoranye n’abandi kandi ibikorwa byiza ubwabyo bikomeze kuguha iryo zina.

Makuza yari nyir’umuturirwa M Peace Plazza wafunguwe ku mugaragaro na Perezida Kagame umwaka ushize. Wafunguriwe umunsi umwe n’inyubako Umujyi wa Kigali ukoreramo.

-4598.jpg

Perezida Paul Kagame na Nyakwigendera Makuza Bertin bafungura kumugaragara umuturirwa ” M Peace Plazza”

Nyakwigendera Makuza Bertin wari ufite imyaka 73, yitabye Imana mu masaha ya saa sita z’ijoro zo ku wa kane tariki ya 3 Ugushyingo mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, akaba asize umugore n’abana 6.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 7 Ugushyingo ari bwo habaho umuhango wo kumushyingura, aho haza no gusomwa Igitambo cya Misa cyo kumusabira kuri kiriziya ya Regina Pacis Remera.

Source: Izuba rirashe

2016-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa  wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Dec 2016
Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Ubwanditsi 01 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka
Mu Mahanga

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta
Mu Mahanga

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi
Mu Rwanda

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru