• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC

Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC

Ubwanditsi 12 Feb 2016 Mu Mahanga

​Umukinnyi Habyarimana Innocent, usanzwe akina ku ruhande rw’ibumoso, mu basatira izamu mu ikipe ya Police FC, niwe watorewe kuba Kapiteni cyangwa uyobora abandi bakinnyi, akaba asimbuye kuri uyu mwanya Tuyisenge Jacques uherutse kwerekeza muri Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya.

Kapiteni mushya wa Police FC azaba yungirijwe na Twagizimana Fabrice umenyerewe nka Ndikukazi ahanini kubera imbaraga n’umurava agaragaza iyo akina ruhago.

Kubijyanye n’ikipe ya Police FC, umutoza wayo, Cassa Mbungo Andre yavuze ko, kuri ubu, abakinnyi bose bari mu myitozo, ndetse bakaba barimo gukora imyitozo mbere yuko bacakirana kuri uyu wa gatandatu, n’ikipe ya Athalabal yo mu gihugu cya Sudan y’Epfo, mu mikino y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo ku mugabane w’Afurika (CAF Confederation Cup), uyu mukino ukaba uzakinirwa kuri Stade de Kigali y’I Nyamirambo.

Yakomeje avuga ko, abakinnyi 6 ba Police FC, bitabiriye irushanwa nyafurika riherutse kubera mu Rwanda (CHAN), ko nabo bari kumwe mu myitozo n’abandi bakinnyi bagenzi babo.

Aba bakinnyi ni’ Mwemere Girinshuti uyu akaba ari myugariro, Kalisa Rashid ukina mu bo hagati, Ngomirakiza Hegman, Imran Nshimiyimana, Habyarimana Innocent na Usengimana Danny.

Cassa Mbungo yagize at: “Turasaba abanyarwanda bose kuzaza ari benshi ku wa gatandatu, bagafana ikipe yacu kuko muri iri rushanwa ikipe ya Police FC idahagarariye Polisi ahubwo ko ihagarariye igihugu n’abanyarwanda bose.”

Yakomeje agira ati: “Icyo dushyize imbere ni umukino uzaduhuza na Athalabal kandi twizeye kuzabona intsinzi, nk’uko mubizi umufana ni umukinnyi wa 12, kuza gushyigikira ikipe ihagarariye u Rwanda nibyo twiteze ku banyarwanda bose.”

Iyi ni inshuro ya kabiri Police FC yitabiriye amarushanwa yo ku mugabane wa Afurika.

RNP

2016-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo

Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo

Ubwanditsi 21 May 2018
IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Gicumbi: Umuganga witeguraga kurongora yasanzwe muri hoteli yapfuye

Gicumbi: Umuganga witeguraga kurongora yasanzwe muri hoteli yapfuye

Ubwanditsi 06 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco
IMIKINO

Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Ubwanditsi 11 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru