• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Ubwanditsi 01 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na Alibaba Group basinyanye amasezerano atatu y’ubufatanye yo gutangiza urubuga eWTP (electronic World Trade Platform), rufasha ibigo bito n’ibiciriritse gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka binyuze mu ikoranabuhanga.

Uyu muhango wabereye i Kigali ku wa 31 Ukwakira 2018. Witabiriwe na Perezida Paul Kagame; Jack Ma washinze akaba anayobora Alibaba Group; Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) n’abandi.

Aya masezerano azateza imbere gahunda yo guhanga udushya, ubucuruzi ndengamipaka, aho ibicuruzwa by’u Rwanda bizajya bigurwa mu Bushinwa binyuze ku isoko ryo kuri internet rya Alibaba Group.

Abashinwa na bo bazoroherezwa kubona ibyiza nyaburanga by’u Rwanda no kurusura banyuze ku rubuga rwa Fliggy bashobora gufatiraho itike z’indege n’amahoteli mbere.

Umuyobozi wa Alibaba Group, Jack Ma, yavuze ko ari iby’agaciro gukorana n’u Rwanda rwatangirijwemo eWTP muri Afurika.

Yagize ati “Nizeye ko kuva uyu munsi eWTP mu Rwanda ishobora gufasha imishinga mito, urubyiruko n’abagore hano gucuruza ibyo bakora muri Afurika n’ahandi ku Isi. Mu myaka 10 ishize ubwo natangiraga Alibaba nizeraga ko internet izahindura Isi, ko ubucuruzi bunyuze mu ikoranabuhanga bwazamura ishoramari.”

Mu mezi 12, Jack Ma amaze kugirira ingendo ebyiri mu Rwanda.

Yagize ati “Barambajije bati ‘Hari ibihugu byinshi muri Afurika, kandi dufite byinshi tugenderaho mu gutoranya igihugu kizakorana na eWTP. Kuki u Rwanda?’ Igisubizo cyanjye ni ‘Kuki atari u Rwanda?’’

Yavuze ko ‘‘U Rwanda ni igihugu cyagutse. Nakigezemo bwa mbere nizihirwa n’umutekano wacyo, isuku n’imbaraga zidasanzwe zo guharanira impinduka.’’

Jack Ma yavuze ko mu 2017, aza bwa mbere muri Afurika yari azi ko ari umubagane ukennye, wuzuye ibyorezo n’ibindi bibi.

Ati ‘‘Nageze hano mpindura imyumvire yanjye. Biratandukanye n’ibyo natekerezaga. Nabwiye bagenzi banjye ko buri gihugu cya Afurika kimeze nk’u Rwanda waba ari umugabane udasanzwe. Nasanze ntari nzi neza Afurika.’’

Uyu muherwe w’imyaka 54 avuga ko ‘‘U Rwanda ruri mu bihugu bike byaciye ikoreshwa ry’amashashi. Nasuye urwibutso, igihugu cyanyu cyanyuze mu bihe bikomeye ariko mu gihe gito cyariyubatse. Mufite umuyobozi udasanzwe. Simbivuze kuko ndi imbere ye, mbivugira no muri bagenzi banjye . Ni iby’agaciro kuri njye kuba muzi’’.

‘‘Ubu ni inshuro ya kane duhuye tukaganira, buri gihe nishimira umuhate we. Abayobozi benshi bavuga gushyigikira imishinga mito n’urubyiruko ariko ntibabikora. We narabimuganirije arambwira ati ‘Jack reka tubikore.’’

Jack Ma yabajijwe uko u Rwanda rwahabwa kwakira eWTP rudafite ibikorwa remezo bihagije.

Yasubije ko ‘‘Ni yo mpamvu twaje hano. Ntangira Alibaba mu Bushinwa, nta wizeraga ko ubucuruzi bwo kuri internet buzashinga imizi.’’

U Rwanda ruzungukira muri ubu bucuruzi kuko abanywa ikawa rwohereza mu Bushinwa biyongeraho 15% ku mwaka.

Umuhinzi w’ikawa yoherezwa muri Amerika abona $8, iki gihugu kikayigurisha $16; binyuze muri eWTP, umuhinzi akabona $12.

Mu gihe gito Alibaba yacururijweho amapaki arenga 1000 y’ikawa y’u Rwanda.

Jack Ma yavuze ko ‘‘Gukorana n’u Rwanda bidashingiye ku bwiza bw’ikawa y’u Rwanda iza ku isonga ku Isi ahubwo ni imikorere myiza ya Guverinoma. Uburyo bagenzi banjye bakiriwe kuva ku kibuga cy’indege twaravuze tuti dukwiye kuzana Guverinoma y’u Bushinwa n’iz’ahandi hano kwiga.’’

Abashinwa b’abakerarugendo bakoresheje miliyari 300 z’amadolari mu bukerarugendo mu 2017, ni bo bakoresheje menshi ku Isi. Abaje mu Rwanda bagera ku 5000.

2018-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Rusesabagina Paul siwe wenyine wo muri FLN uri kuburanishwa: Umushinjacyaha Mukuru

Rusesabagina Paul siwe wenyine wo muri FLN uri kuburanishwa: Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 05 Oct 2020
Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda

Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi
Amakuru

Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 28 Jul 2021
Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba
POLITIKI

Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati:  “Eeeh! Waba uretse gato.”
Mu Mahanga

Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati: “Eeeh! Waba uretse gato.”

Ubwanditsi 25 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru