• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatatu, ubwo yari mu kiganiro kuri Televiziyo ya NBS, Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Madamu Robinah NABBANJA, yishongoye cyane ku bihugu bituranye na Uganda, avuga ko igihugu cye ari paradizo ugereranyije n’ibyo bihugu.

Icyakuruye impaka cyane ni uburyo Robinah NABBANJA yikomye by’umwihariko igihugu cya Kenya, avuga ko ntaho gihuriye na Uganda mu bwiza.

Yagize ati:” Nimurebe nka Kenya. Ni igihugu kigira ibihe bibi cyane by’ubukonje bukabije[Ndlr: winter cyangwa hiver mu ndimi z’amahanga], mu gihe Uganda twihorera mu bihe by’umunezero”.

Abaturage bo mu bihugu byombi bahagurukanye uburakari bukomeye ku mbuga nkoranyambaga, maze bagaragaza ko amagambo ya Robinah NABBANJA agamije kurangaza abaturage ba Uganda, ngo bibagirwe ibibazo biri mu gihugu cyabo.

Nk’abaturage bo muri Uganda banenze ubwishongozi bwa Minisitiri w’Intebe w’igihugu cyabo, bamwibutsa ko kugira”winter” cyangwa kutayigira atari byo waheraho ushima cyangwa unenga ubwiza bw’igihugu runaka.

Basanga aho kujya mu tuntu tudafite ireme, Madamu Robinah NABBANJA yagombye kuvuga bibazo bikomereye Uganda, nka ruswa n’icyenewabo, umutekano muke, imibereho y’abaturage irushaho kuba mibi, n’izindi ngorane zugarije Uganda muri iki gihe.

Abaturage bo muri Kenya nabo ntibaripfanye. Bibukije Minisitiri w’Intebe Robinah NABBANJA ko abayobozi bose ba Uganda bivuriza muri Kenya, kuko Uganda idafite abaganga beza, ibikoresho n’amavuriro akomeye nk’uko bimeze muri Kenya.

Banagarutse ku burezi ngo bwazambye muri Uganda, dore ko ngo abana bakigira munsi y’ibiti no mu bizu byashaje, bigatuma ababyeyi bahitamo kohereza abana mu mashuri yo muri Kenya. Bati:”kutagira winter ariko ntunagire ibikorwa biteza imbere imibereho y’abaturage, nibyo bigira Uganda igihugu cy’akataraboneka mu karere?”.

Hari abasomyi bashobora gufata ibi nk’akabazo gasanzwe. Nyamara abasesenguzi batewe impungenge n’uko umubano wa Kenya na Uganda ugenda uzamo udutotsi.

Dore nk’ubu Perezida Kaguta Museveni araregwa umugambi wo kurogoya amatora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Kenya muri uyu mwaka, dore ko ngo abogamiye kuri umwe mu bakandida, William Ruto, usanzwe ari Visi-Perezida aho muri Kenya.

Izindi ngero zerekana ko ishyamba atari ryeru, ni amakamyo menshi yo muri Kenya aherutse kumara iminsi myinshi ku mupaka w’ibihugu byombi yarangiwe kwinjira muri Uganda, bikaba byarakuruye umwuka mubi hagati y’ibyo bihugu. Kenya kandi imaze iminsi ishinja abashinzwe umutekano muri Uganda guhohotera abarobyi b’abanyakenya mu kiyaga ibihugu byombi bihuriyeho.

Ubwo twateguraga iyi nkuru, abantu banyuranye bari bacyandika ku mbuga nkoranyambaga bikoma amagambo ya Madamu Robinah NABBANJA.

Hategerejwe kureba niba ari bugire ubutwari bwo gusaba imbabazi nk’uko abaturage b’ibihugu byombi bakomeje kubimushishikariza.

2022-01-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Ubwanditsi 06 Feb 2016
‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Ubwanditsi 20 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017
UBUKUNGU

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi
ITOHOZA

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Ubwanditsi 14 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru