• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Ubwanditsi 29 Jan 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’igitangazamakuru IREME gikorera kuri interineti yaraye mu maboko ya polisi, nyuma yo gutabwa muri yombi mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 28 Mutarama 2016.

Ntwali John Williams afunganye n’umukobwa ashinjwa gusambanya, kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu Mujyi wa Kigali, nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda amaze kubibwira ikinyamakuru Izuba Rirashe.

ACP Celestin Twahirwa yagize ati “Arafunze, arimo arakurikiranwa na victim bazanye kuri sitasiyo y’i Remera, bombi turabafite.”

-1962.jpg

John Ntwali WILLIAMS

Polisi yemeje ko ifite uyu munyamakuru nyuma y’amakuru yari amaze akanya akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, cyane ko nyuma yo gufatwa, uyu munyamakuru hari abo yamenyesheje ko atawe muri yombi n’abantu batazwi.

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) ruravuga ko rwamenyeshejwe na Polisi ko Ntwali yatawe muri yombi, ariko ko usibye kubwirwa ko akekwaho gusambanya umwana, nta bindi rwamenyeshejwe.

Umuyobozi w’agateganyo wa RMC, Barore Cleophas amaze kubwira ikinyamakuru Izuba Rirashe ati “Nta details baduhaye, batubwiye ko na bo bakibikurikirana, bavuganye n’umunyamabanga nshingwabikorwa wacu…”

Cleophas yakomeje agira ati “Batubwiye ko iyo bikiri mu bugenzacyaha kuriya nta details bashobora gutanga.”

Hari amakuru avuga ko Ntwali n’uwo mukobwa bafatiwe n’abashinzwe umutekano mu icumbi (lodge), ariko umuvugizi wa Polisi, ACP Celestin Twahirwa, yirinze kuyemeza cyangwa kuyahakana, avuga ko ibisobanuro bizatangwa iperereza rirangiye.

Ati “Izo details tuzazibaha rwose mube mwihanganye. Reka tubanze dukore iperereza turebe ukuri kurimo, hari n’igihe bitamuhama, that’s fine [byaba ari byiza], tukamureka, hari n’igihe byamuhama akabihanirwa mu buryo busanzwe bw’amategeko, nta kibazo biragenzurwa neza, birimo birakurikiranwa nonaha.”

Ntwali John Williams amaze imyaka ibarirwa muri 15 mu itangazamakuru, akaba yaramenyekanye kuri Radio Flash FM, City Radio na Radio One, ndetse yanakoreye urubuga rwa IGIHE.

Source: IZUBA RIRASHE

2016-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira  kwaka ruswa

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira kwaka ruswa

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018
“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5  yishwe
ITOHOZA

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5 yishwe

Ubwanditsi 11 May 2017
Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha
UBUKUNGU

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019
RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru