• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Feb 2019 POLITIKI

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda mu gihugu cya Uganda nabo ubwabo bafite inkomoko mu Rwanda? Iki ni ikibazo gisubizwa n’ikinyamakuru Virungapost mu nkuru cyahaye umutwe ugira uti: “THE PROPAGANDA AND EXTORTION GAMES BEHIND MTN UGANDA’S TROUBLES“.

Iki kinyamakuru kigaruka ku iyirukanwa ry’umunyarwandakazi, Annie Tabura, wari umukozi wa MTN-Uganda uherutse kwirukanwa ashinjwa kubangamira umutekano w’iki gihugu, aho yashinjwe kurema agatsiko kagamije gushimuta impunzi, guhuza ibikorwa ngo by’intasi z’u Rwanda z’abagore muri Uganda bigiraga nk’abakora akazi k’uburaya.

Igitangaje ariko, ngo ni uko atigeze aburanishwa cyangwa ngo hagaragazwe ibimenyetso by’ibyo ashinjwa ari nayo mpamvu yirukanwe muri Uganda kuko nta kimenyetso cyari gihari cyatuma ajyanwa mu rukiko ngo aburanishwe kuri iki cyaha gikomeye cyo kubangamira umutekano w’igihugu.

Ngo igituma iyi propaganda yo kwanga u Rwanda rero irushaho kugira ubukana n’uko abayiri inyuma ari udutsiko tw’Abagande bafite inkomoko mu Rwanda muri Kampala ariko banga u Rwanda uhereye kuri Perezida Museveni ubwe ndetse n’umufasha we, Jeannette Museveni iki kinyamakuru cyemeza ko ubwabo ari Abanyarwanda.

Mu bandi gikomozaho bari inyuma y’iyi propaganda ni Sarah Kagingo, ushinzwe itumanaho muri perezidansi ya Uganda ndetse akaba na nyiri ikinyamakuru Softpower bivugwa ko gikorera urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI), aho kivuga ko nawe ababyeyi be ari Abanyarwanda.

Usibye uyu, ngo na nyina w’umuyobozi w’uru rwego rw’ubutasi bwa gisirikare, Col Abel Kandiho, iki kinyamakuru kivuga ko ari Umunyarwandakazi, kigakomeza kivuga ko ushaka kumenya abantu bafite amaraso y’Abanyarwanda muri Uganda wakora urutonde rw’abantu bakomeje kwigaragaza barwanya u Rwanda.

Uwashaka rero kumva neza impamvu nyazo ziri inyuma y’urwango ubuyobozi bwa Museveni rufitiye u Rwanda agomba kumenya ko abantu b’ikambere mu ishyaka NRM na Museveni bayoboye igihugu nk’abantu bumva bashobora kuzamburwa ibyubahiro ndetse bagasubizwa mu gihugu bakomokamo mu gihe imyirondoro yabo ya nyayo yajya ahagaragara. Ibyo bakora ngo bakaba babiterwa n’ubwo bwoba.

Ibyo bakora bambika icyasha u Rwanda no kuruhimbira ibinyoma aba bantu bakaba ngo babikora mu rwego rwo kwerekana ko ari Abagande ba nyabo, mu gihe guverinoma yabo yakira ndetse ikorohereza udutsiko tw’iterabwoba ku butaka bwa Uganda bagamije guhungabanya guverinoma y’u Rwanda.

Inkuru y’iki kinyamakuru kandi igaruka ku bibazo MTN-Uganda irimo muri iki gihe nyuma y’aho uruhushya rw’imyaka 10 rwo gukorera muri Uganda yari ifite rurangiriye ku itariki 20 Mutarama 2019, ikaba ishaka kwishyura akayabo ka miliyoni 58 z’amadolari ngo uru ruhushya ruvugururwe ariko leta yo ikaba yifuza ko yishyura miliyoni 100 z’amadolari.

2019-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Ubwanditsi 12 Mar 2025
COVID-19: Abayobozi bakuru bigomwe umushahara wabo wa Mata

COVID-19: Abayobozi bakuru bigomwe umushahara wabo wa Mata

Ubwanditsi 06 Apr 2020
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016

2 Ibitekerezo

  1. Emmy
    February 5, 20198:35 am -

    Ubu se niba ibi iki kinyamakuru kivuga ari ukuri ndumva ntacyo byafasha aba banya Rwando-Ugandais ahubwo bakagombye gukunda abanyarwanda nurwanda niyo strategie yababera nziza.Urwanda nurwabanyarwanda kandi ntawuzaruhungabanya benerwo turi maso.Aba barata umwanya wabo tu.Rwanda songa mbere tukurinyuma.La victoire nous appartient toujour!!!!

    Subiza
  2. Cornerstone
    February 7, 201910:00 am -

    Erega muvandi Emmy nukubyumva ukumirwa gusa, ibi tubyita kurindagira by’impumyi aliko nkavuga reka mbite ibikenya byibihone bimwe bitema ishami kugiti byiryivayeho.
    Aba bo bareze, urugero abanyamulenge bakomoka mu Rwanda, benshi bigiye mu Rwanda guhera 1996 bafite imirimo myiza nkabanyarwanda, ariko ntibibuza abandi gusebya ni kwifuriza ibibi u Rwanda benshi bali hanze yu Rwanda . Atali ubugoryi se ubona iki mu mutwe wabo? Ngo bababafate nka les vrais con-golais.
    Abandi ni bamwe bali mumakambi nko ku mugunga zashenywe, benshi bigize aba zairois, bo sukwanga u Rwanda gusa bajyanye ingengabitekerezo ya genocide, ibi byose ngo kugira bitwe aba zairois bumwimerere.
    Ubu abandi ikigezweho batangiye kwiga kuvuga ikirundi.
    Jye icyanshimisha nuko bagenda ubutagaruka mu Rwanda.
    Haranditswe ngo i kiremo gishaje ntikijya ku mwenda mushya.
    Divayi nshya mu rwabya rushya. U Rwanda rushya abanyarwanda bashya. This would be nu wishes.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza
HIRYA NO HINO

Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu
POLITIKI

Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?
IMIKINO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru