Ku munsi w’ejo Perezida w’u Burundi Evarisito Ndayishimiye yagiranye ikiganiro na televiziyo y’abafaransa France24 maze atangaza ibihabanye n’imbaraga ziri gukorwa kugirango amahoro agaruke mu burusirazuba bwa Congo. Inzego za Congo n’abahagarariye AFC/M23 bamaze iminsi muri Qatar barebera hamwe icyagarura amahoro dore ko Leta ya Kinshasa yahinduye cyane imvugo yayo ku mutwe wa M23, itakiwita Abanyarwanda, umutwe w’iterabwoba kandi yemera kuganira nayo nyuma yuko Tshisekedi yari yararahiye agasizora.
Hari kandi ibiganiro hagati ya Leta y’u Rwanda na Kinshasa byaberaga muri Amerika ahgo Perezida Trump yagaragaje ko bitanga icyizere. Imvugo ya Ndayishimiye ibangamiye izi mbaraga ziri gukoreshwa.
Perezida Ndayishimiye byatangiye agambanira ingabo za EAC aho we aho gukora ubutumwa bwa EAC yafatanyije na FDLR, FARDC na Wazalendo. Aho M23 imukubitiye akanyafu aragenda yigira umwana murizi ashaka kugaragaza ko ikibazo ari u Rwanda.
Ndayishimye yemereye Tshisekedi ko yahabwa ifaranga ubundi akarimbura M23 ariko niwe waje gusanga M23 imukubise imuvana muri Kivu y’amajyaruguru imugeza ku marembo y’igihugu cye muri Kivu y’Amajyepfo.
Ndayishimiye asigaye hagati nk’ururimi nyuma yuko abacanshuro birukanwe na SADC ikikura mu mirwano dore ko batashye banyuze mu Rwanda. Ndayishimiye aririza mu itangazamakuru nyamara ntagaragaza uruhare igihugu cye gifite mu mutekano muke mu burasirazuba bwa Congo. Akurikiye amafaranga arashaka kurwanya abenegihugu ariko ntabwo azabigeraho.
Ingabo za Ndayishimiye zimaze iminsi zihura n’ibibazo mu misozi ya Minembwe aho abasirikari be benshi bishwe abandi barafatwa. Arashaka kwitwaza u Rwanda ngo asobanure instinzwi ye.
Nubwo yohereje ingabo zirenga ibihumbi 10, Ndayishimiye ntabwo yigeze na rimwe atsinda umutwe wa M23 no mu rugamba na rumwe, ahubwo natuze aturane neza na M23 kuko ishobora kumufungira vuba amazi n’umuriro