• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

Ubwanditsi 16 Mar 2016 Mu Rwanda

Icyemezo umuryango w’ibihugu by’u Bulayi waraye ufatiye ubutegetsi mu Burundi kiraburira Perezida Petero Nkurunziza yuko abyina avamo.

Uwo muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Bulayi (European Union – EU) waraye ufashe icyemezo cyo guhagarika inkunga zose cyahaga u Burundi zinyuze muri guverinoma y’icyo gihugu, hagasira inkunga gusa zinyura mu miryango itegamiye kuri leta cyangwa izinyura muri UNHCR zijya gufasha impunzi z’Abarundi zahungiye hanze y’igihugu.

Ubutegetsi bwa Nkurunziza bwari bukeneye cyane inkunga ya EU ku ngengo y’imari kuko buri mwaka ishyiramo angana na 20 % kandi u Burundi bwo bushyiramo angana na 47 % gusa ! EU kandi yateraga inkunga ubutegetsi bw’icyo gihugu andi mafaranga atanyuze ku ngengo y’imari ari nayo akaba aba akenewe cyane.

Ayo mafaranga ni nk’ayo gufasha mu bikorwa leta yiyemeje nko nko gusubiza mu buzima busanzwe abari mu ngabo, kuvugurura igisirikare n’igipolisi, kuvugurura inzego bwite za leta n’ibindi. Ariko amafaranga nyirizina EU yahagarikiye u Burundi kandi bikazabugwa nabi kurushaho ni amayero miliyoni 430 ubutegetsi bw’icyo gihugu bwari bwaremerewe gukoresha hagati y’umwaka ushize wa 2015 na 2020.

Ubutegetsi bwa Nkurunziza kandi guhagarikirwa inkunga ahubwo zikoherezwa mu mpunzi kimwe no mu miryango itegamiye kuri leta binavuze yuko uko ari ugutiza umurindi abanzi ba Nkurunziza bakazamurwanya bishoboye, we adafite n’urwara rwo kwishima !

Ibindi bihugu byateraga inkunga itubutse leta y’u Burundi ni u Bubiligi n’u Budage kandi ibyo bihugu bikaba ari byo byotsaga igitutu EU ngo ifatire ibihano icyo gihugu.

-2488.jpg

Perezida Nkurunziza na Madamu Federica Mogherini ushinzwe ububanyi n’amahanga muri E.U.

Igihugu gufatirwa ibihano kandi bisa nka kanseri yageze mu mubiri. Ejo cyangwa ejo bundi n’ibindi bihugu bizafata iyo nzira Nkurunziza asigare adafite ayo acira n’ayo amira. Abari bakimushyizeho amaboko bazajya mu bukene, bo ubwabo bamwirire kuko bazaba babona yuko ntacyo akimaze ! Nkurunziza rero iminsi iramugira inama akaba umwana wo kuruhanya gusa kandi iminsi ye ibaritse !

Kayumba Casmiry

2016-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo

U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo

Ubwanditsi 23 May 2018
Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko  [ Yavuguruwe ]

Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 08 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi
Amakuru

Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi

Ubwanditsi 29 Sep 2023
RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima
INKURU NYAMUKURU

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi
INKURU NYAMUKURU

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru