• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 08 Mar 2018 IMIKINO

kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018. Umusore  Farouk Ruhinda Saifi umukinnyi ukomeye cyane  mu ikipe ya Bugesera FC  cyane akunze gukina,   hagati agana imbere  niwe mu kinnyi wenyine watsinze igitego kimwe rukumbi   ikipe yatsinze Police FC, byari  ku munsi wa 14 w’umukino wa shampiyona waberaga kuri Sitade ya Kicukiro.

 Ni igitego cyaje ku munota wa 78’ w’umukino giturutse ku kuba abakinnyi b’inyuma muri Police FC batarabashije kugenzura umupira wari uturutse kwa Ndikumasabo Steve ugana mu rubuga rw’amahina bityo Farouk Ruhinda akawugeraho nta muntu umufashe.

Muri uyu mukino wabonaga ikipe ya Bugesera FC ikinana morale iri hejuru kuko abakinnyi nka Fabrice Nininahazwe wavuye muri APR FC, Rucogoza Djihad, Farouk Ruhinda nawe wakinnye muri APR FC na Nimubona Emery wakinaga inyuma ku ruhande rw’iburyo bahagaze neza mu mukino bakaza kuba bayobowe na Ndikumasabo Steve wabaga ayiboye hagati mu kibuga ariko afashwe na Nizeyimana Mirafa mu gihe Farouk Ruhinda yari afashwe na Mushimiyimana Mohammed waje kuva mu kibuga asimbuwe.

Abakinnyi ba Bugesera FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Bugesera FC bishimira igitego

Hitimana Thierry umutoza wa Bugesera FC amaze kubona ko Police FC bari buze gukina umukino ufunguye, yaje gukuramo Ntwari Jacques wakinaga asubira inyuma avuye hagati, ahita ashyiramo Bigirimana Shaban kugira ngo yongere ingufu hagati mu kibuga kuko Police FC wabonaga itabonana neza hagati mu kibuga cyane ko Nizeyimana Mirafa kuva yabona umuhondo yatangiye gukina yigengesereye yirinda ko yabona ikarita itukura.

Ibi byatumye Mushimiyimana Mohammed akora akazi kenshi kuko yari amaze kubona ko Ndikumasabo ari gushaka uburyo Nizeyimana yamukoreraho ikosa agahabwa umutuku, Mushimiyimana yaje kuruha ahita asimburwa na Nzabanita David wahoze ari kapiteni wa Bugesera FC.

Bugesera FC yakomeje kubona uburyo bw’igitego bigera aho Fabrice Nininahazwe asigarana na Bwanakweli Emmanuel wari mu izamu rya Police FC ariko aragihusha. Ako kanya bahise bamusimbuza Ntijyinama Patrick usanzwe akina hagati. Ntijyinama wahoze muri Gicumbi FC yatangiye gukina aca ku ruhande ariko anagaruka hagati mu kibuga gufasha abasore ba Ndikumasabo na Bigirimana Shaban.

Rucogoza Djihad nawe wari umaze gutera umupira mu biganza bya Bwanakweli Emmanuel yahise asimburwa na Mbonigena Eric mu minota ya nyuma.

Police FC wabonaga ikina imipira miremire mu gice cya kabiri, baje kubona ko Biramahire Abeddy ntacyo ari kuyimaza bahita bamusimbuza Nsengiyumva Moustapha uba wihuta cyane anacenga ariko birinda bigera aho iminota 90’ irangira ataratanga umupira wabyara igitego.

Seninga Innocent amaze kubona ko Mushimiyimana Mohammed yananiwe, yahise amusimbuza Nzabanita David waje kugenda agerageza amashoti agana mu izamu ariko biranga kuko yari yahuye n’abakinnyi babanye banazi uburyo atembera mu kibuga.

Ku ruhande rwa Police FC, abakinnyi nka Songa Isaie, Ndayishimiye Antoine Dominique na Nizeyimana Mirafa, bagiye barekura amashoti agana ku izamu ariko amahirwe y’igitego akomeza kuba iyanga.

Abakinnyi basohoka mu rwambariro

Abakinnyi basohoka  mu rwambariro rwa Kicukiro

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

Nizeyimana Mirafa ahungisha umupira abakinnyi ba Bugesera FC barimo Ntwari Jacques na Ndikumasabo Steve (8)

Nizeyimana Mirafa ahungisha umupira abakinnyi ba Bugesera FC barimo Ntwari Jacques na Ndikumasabo Steve (8)

Ndayishimiye Antoine Dominiqueashakaumupira mu kirere

Ndayishimiye Antoine Dominiqueashakaumupira mu kirere

11 ba Police FC babanje mu kibuga

11 ba Police FC  babanje mu kibuga

11 ba Bugesera FC babanje mu kibuga

11 ba Bugesera FC babanje mu kibuga

Seninga Innocent (ibumoso) umutoza mukuru wa Police FC na Bisengimana Justin (Iburyo) umutoza wungirije

Seninga Innocent (ibumoso) umutoza mukuru wa Police FC na Bisengimana Justin (Iburyo) umutoza wungirije  basabwaga gutsinda kugira ngo babe baza ku mwanya wa mbere ariko ntibyakunda

Mushimiyimana Mohammed (10) ahanganye na Nininahazwe Fbarice wa Bugesera FC

Mushimiyimana Mohammed (10) ahanganye na Nininahazwe Fbarice wa Bugesera FC

Hitimana Thierry umutoza mukuru wa Bugesera FC atanga amabwiriza

Hitimana Thierry umutoza mukuru wa Bugesera FC atanga amabwiriza

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique yunamweho na Muhire Anicet bita Gasongo

Ndayishimiye Antoine Dominique  yunamweho na Muhire Anicet bita Gasongo

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa akata umupira

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa akata umupira

Mushimiyimana Mohammed ku mupira ahunga Ntwari Jacquues

Mushimiyimana Mohammed ku mupira  ahunga Ntwari Jacques

Ntwari Jacques (Ibumoso) na Fabrice Nininahazwe bita Messi (Iburyo) bakora urukuta

Ntwari Jacques (Ibumoso) na Fabrice Nininahazwe bita Messi (Iburyo) bakora urukuta

Nsabimana Jean de Dieu bita Shawulin umunyezamu Bugesera FC yaguze muri Pepinieres FC

Nsabimana Jean de Dieu bita Shawulin umunyezamu Bugesera FC yaguze muri Pepinieres FC

Biramahire Abeddy azamukana umupira ashaka inzira kwa Nimubona Emery myugariro w'iburyo muri Bugesera FC wanakinnye neza

Biramahire Abeddy azamukana umupira  ashaka inzira kwa Nimubona Emery myugariro w’iburyo muri Bugesera FC wanakinnye neza

Nyuma yo kubura amanota atatu y’umunsi, Seninga yabwiye abanyamakuru ko mu kuri umukino wari mwiza kuko abahungu bakinnye umukino wabo ariko amahirwe akaba aya Bugesera FC. Gusa uyu mutoza yakanguriye Biramahire Abeddy an Nsengiyumva Moustapha kuba barushaho gukora kuko ngo ntabwo baramwemeza neza ku buryo yafata umwe akamuharira uruhande rw’ibumoso cyangwa iburyo mu buryo buhoraho.

Seninga kandi yavuze ko ubu abakinnyi bagomba kwibagirwa ibyabaye ahubo bakareba icyabuze bityo bakarushaho gutegura umukino w’umunsi wa15 wa shampiyona bafitanye na Kirehe FC i Nyakarambi.

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Ndikumasabo Steve na Nizeyimana Mirafa barwana intambara yo kugera ku mupira

Ndikumasabo Steve na Nizeyimana Mirafa barwana intambara yo kugera ku mupira

Abasimbura ba Police FC mu minota ya nyuma

Abasimbura ba Police FC mu minota ya nyuma  wabonaga bafite ubwoba

Nizeyimana Mirafa ashaka igitego akoresheje umutwe

Nizeyimana Mirafa ashaka igitego akoresheje umutwe

Mico Justin (8) ku mupira abangamiwe na Emery Nimubona myugariro wa Bugesera FC Mico Justin (8) ku mupira abangamiwe na Emery Nimubona myugariro wa Bugesera FC

Aha niho Nizeyimana Mirafa yaboneye ikarita y'umuhondo kuko yateze Ndikumasabo amuturutse inyuma Aha niho Nizeyimana Mirafa yaboneye ikarita y’umuhondo kuko yateze Ndikumasabo amuturutse inyuma

Igice cya mbere kirangiye abatoza ba Bugesera FC baganiriza abakinnyi

Igice cya mbere kirangiye abatoza ba Bugesera FC baganiriza abakinnyi bigira hamwe uko babona igitego

Farouk Ruhinda Saifi yaje kukibona ku munota wa 78'Farouk Ruhinda Saifi yaje kukibona ku munota wa 78′

Nininahazwe Fabrice nawe yaje guhusha igitego asigaranye n'izamuNininahazwe Fabrice nawe yaje guhusha igitego asigaranye n’izamu

Abatoza ba Police FC bagira inama abakinnyi mu karuhukoAbatoza ba Police FC bagira inama abakinnyi mu karuhuko

Mushimiyimana Mohammed ku mupira akurikiwe na Djihad Rucogoza Mushimiyimana Mohammed ku mupira  akurikiwe na Djihad Rucogoza

Mpozembizi Mohammed abangamiwe na Rucogoza DjihadMpozembizi Mohammed abangamiwe na Rucogoza Djihad

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga ntabwo yakinnye Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga  ntabwo yakinnye  kuko mu gusimbuza Nzabanita David yinjiye ahawe umwanya na Mushimiyimana Mohammed

Ntwari Jacques ukina hagati muri Bugesera FC ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bahagaze neza mu cyiciro cya mbereNtwari Jacques ukina hagati muri Bugesera FC ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bahagaze neza mu cyiciro cya mbere

Farouk Ruhinda arenza umupira Mpozembizi Mohammed wakinaga ku ruhande rw'iburyo Farouk Ruhinda arenza umupira Mpozembizi Mohammed wakinaga ku ruhande rw’iburyo

Farouk Ruhinda Saifi Ssentongo yishimira igitego

Farouk Ruhinda Saifi Ssentongo yishimira igitegoFarouk Ruhinda Saifi Ssentongo yishimira igitego

Bwanakweli Emmanuel Fils Umunyezamu wa Police FC ubwo yari amaze kwinjizwa igitegoBwanakweli Emmanuel Fils Umunyezamu wa Police FC ubwo yari amaze kwinjizwa igitego

Rucogoza Djihad yaje kongera gusigarana na Bwanakweli Emmanuel ariko igitego kirabura Rucogoza Djihad yaje kongera gusigarana na Bwanakweli Emmanuel ariko igitego kirabura  kuko yawumuteye mu biganza

Nzabanita David wahoze ari kapiteni wa Bugesera Fc ku mupira akurikiwe na Ndikumadsabo wamusiimbuye kuri uwo mwanya Nzabanita David wahoze ari kapiteni wa Bugesera Fc ku mupira akurikiwe na Ndikumasabo wamusiimbuye kuri uwo mwanya

Patrick Umwungeri yugarijwe na Farouk Ruhinda Patrick Umwungeri yugarijwe na Farouk Ruhinda

Mpozembizi Mohammed abangamiwe na Rucogoza Djihad

Mpozembizi Mohammed abangamiwe na Rucogoza DjihadMpozembizi Mohammed abangamiwe na Rucogoza Djihad

Nizeyimana Mirafa ahanganye na Mugenzi Bienvenue wa FC Bugesera

Nizeyimana Mirafa ahanganye na Mugenzi Bienvenue wa FC Bugesera

Police FC yari ifite amahirwe yo kurara ku mwanya wa mbere yahise iyabura ahubwo AS Kigali ihita iwufata nyuma yo kunyagira Amagaju FC ibitego 3-0 mu mukino waberaga i Nyamagabe.

Ibitego bya AS Kigali byatsinzwe na Ngama Emmanuel warebye mu izamu inshuro ebyiri mbere yuko Mbaraga Jimmy yungamo ikindi.

AS Kigali ubu iri ku mwanya wa mbere n’amanota 26 mu gihe Police FC iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 22. Kiyovu Sport nyuma yo kugwa miswi ikanganya na Mukura VS 0-0, ubu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 25.

Ngama Emmanuel yishimira ibitego yabineye i Nyamagabe

Ngama Emmanuel yishimira ibitego yabineye i Nyamagabe (Photo:AS Kigali)

Dore imikino yarangiye:

Kuwa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018

-Police Fc 0-1 Bugesera Fc

-Kirehe Fc 2-2 Etincelles Fc

-Amagaju Fc 0-3 AS Kigali

Imikino iteganyijwe:

Kuwa Gatanu tariki 8 Werurwe 2018

-Espoir Fc vs Miroplast Fc (Rusizi)

-Marines Fc vs Musanze Fc (Stade Umuganda)

Kuwa Mbere tariki 26 Werurwe 2018

-Sunrise Fc vs Rayon Sports Fc (Nyagatare)

Kuwa Gatatu tariki 28 Werurwe 2018

-Gicumbi Fc vs APR Fc (Gicumbi)

Rushyashya.net

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Ubwanditsi 04 Oct 2022
Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine
POLITIKI

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Ubwanditsi 02 Jan 2019
Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho
INKURU NYAMUKURU

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Ubwanditsi 19 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru