• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ubwanditsi 13 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wambere tariki 13 Kamena perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ku mugaragararo ibikorwa bya Ekocenter iri mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari akagari ka Ruhunda ni igikorwa cyagezweho ku bufatanye n’uruganda rwa Coca Cola.

Iyi Ekocenter yatashywe na nyakubahwa Perezida wa Repubulika igizwe n’ibikorwa bitandukanye byubatswe ku bufatanye na kompanyi ya Coca Cola izwiho gukora ibinyobwa bitandukanye.

Ibi bikorwa birimo ibikoresho byo mu kigo nderabuzima mu ibabyariro, amazi meza yo kunywa adakeneye gutunganywa, umuriro w’amashyanyarazi ukomoka ku mirasire y’izuba, interineti yihuta (3G) n’ikibuga cyo gukiniraho gifite amatara akoresha imirasire y’izuba.

Mu ijambo rye Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimye kompanyi ya Coca Cola ku ruhare yagize mu kugeza ibikorwa by’iterambere muri Ruhunda avuga ko iki ari ikimenyetso cy’uko ahari ubufatanye hagati ya leta n’abikorera iterambere rishoboka.

Yagize ati “ Imikoranire n’izindi kompanyi, guverinoma na sosiyete sivile ndetse n’abaturage ubwabo bifitiye buri umwe akamaro. Igisobanuro cy’ubu bufatanye kirenze kampani imwe cyangwa igihugu, ahubwo kirashimangira intego z’iterambere rirambye Isi yiyemeje umwaka ushize, izi ntego ntabwo zagerwaho ari Leta yonyine ibigizemo uruhare.”

Perezida Kagame kandi yasabye abaturage batuye mu kagari ka Ruhunda kwita ku bikorwa baba bahawe kuko biba byaratwaye amafaranga ndetse n’umwanya kandi bikaba bigomba kubagirira akamaro.

Yagize ati “Baturage ba Ruhunda, nagira ngo mbasabe gukoresha neza ibi bikorwa bishya, kugira ngo bibafashe kugera ku ntego mwiyemeje. Mubifate neza kugira ngo bizarambe, kandi n’inyungu zibiturukaho zizabagirire akamaro ubwanyu, ndetse n’abazaza nyuma yanyu.”

Umuyobozi w’intara y’Uburasirazuba Uwamariya Odette yavuze ko iyi Ekocenter izafasha abanyaruhunda gutera imbere ndetse bagaca ku tundi dusantire dusanzwe dukomeye mu karere ka Rwamagana.

Umuyobozi mukuru wa Coca Cola ku rwego mpuzamahanga Muhtar Kent, yavuze ko yishimiye uburyo yakiriwe neza mu Rwanda kuruta ibindi bihugu 70 yagezemo.

Yongeyeho ko iki gikorwa cyatashywe yakivuganyeho na Perezida Kagame ubwo bahuriraga muri Amerika ndetse ko basanze u Rwanda ruri kwihuta mu iterambere.

Ntagushidikanya ko abaturage batuye Ruhunda nibafata ibi bikorwa neza bizabagirira akamaro dore ko bazatandukana n’indwara ziterwa no kunywa amazi adasukuye ndetse n’ababyeyi bakazajya baruhukira ku kigo nderabuzima kibegereye batiriwe bajya ku bitaro bya kure.

Ikibuga gifite amashanyarazi nacyo ni andi mahirwe akomeye urubyiruko rubonye mu kwidagadura nta kwikanga umwijima w’ijoro. Ibi bishobora no gukuza impano zabo bakiteza imbere.

-2949.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-2948.jpg

Perezida Kagame n’umuyobozi wa Coca Cola, Muhtar Kent, (ubanza iburyo) bafunguye ku mugaragaro ibikorwa bya Ekocenter

2016-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Ubwanditsi 06 Jul 2021
M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

Ubwanditsi 26 Jul 2024
Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo
Amakuru

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022
CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria
IMIKINO

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?
INKURU NYAMUKURU

Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Ubwanditsi 13 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru