• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ubwanditsi 13 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wambere tariki 13 Kamena perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ku mugaragararo ibikorwa bya Ekocenter iri mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari akagari ka Ruhunda ni igikorwa cyagezweho ku bufatanye n’uruganda rwa Coca Cola.

Iyi Ekocenter yatashywe na nyakubahwa Perezida wa Repubulika igizwe n’ibikorwa bitandukanye byubatswe ku bufatanye na kompanyi ya Coca Cola izwiho gukora ibinyobwa bitandukanye.

Ibi bikorwa birimo ibikoresho byo mu kigo nderabuzima mu ibabyariro, amazi meza yo kunywa adakeneye gutunganywa, umuriro w’amashyanyarazi ukomoka ku mirasire y’izuba, interineti yihuta (3G) n’ikibuga cyo gukiniraho gifite amatara akoresha imirasire y’izuba.

Mu ijambo rye Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimye kompanyi ya Coca Cola ku ruhare yagize mu kugeza ibikorwa by’iterambere muri Ruhunda avuga ko iki ari ikimenyetso cy’uko ahari ubufatanye hagati ya leta n’abikorera iterambere rishoboka.

Yagize ati “ Imikoranire n’izindi kompanyi, guverinoma na sosiyete sivile ndetse n’abaturage ubwabo bifitiye buri umwe akamaro. Igisobanuro cy’ubu bufatanye kirenze kampani imwe cyangwa igihugu, ahubwo kirashimangira intego z’iterambere rirambye Isi yiyemeje umwaka ushize, izi ntego ntabwo zagerwaho ari Leta yonyine ibigizemo uruhare.”

Perezida Kagame kandi yasabye abaturage batuye mu kagari ka Ruhunda kwita ku bikorwa baba bahawe kuko biba byaratwaye amafaranga ndetse n’umwanya kandi bikaba bigomba kubagirira akamaro.

Yagize ati “Baturage ba Ruhunda, nagira ngo mbasabe gukoresha neza ibi bikorwa bishya, kugira ngo bibafashe kugera ku ntego mwiyemeje. Mubifate neza kugira ngo bizarambe, kandi n’inyungu zibiturukaho zizabagirire akamaro ubwanyu, ndetse n’abazaza nyuma yanyu.”

Umuyobozi w’intara y’Uburasirazuba Uwamariya Odette yavuze ko iyi Ekocenter izafasha abanyaruhunda gutera imbere ndetse bagaca ku tundi dusantire dusanzwe dukomeye mu karere ka Rwamagana.

Umuyobozi mukuru wa Coca Cola ku rwego mpuzamahanga Muhtar Kent, yavuze ko yishimiye uburyo yakiriwe neza mu Rwanda kuruta ibindi bihugu 70 yagezemo.

Yongeyeho ko iki gikorwa cyatashywe yakivuganyeho na Perezida Kagame ubwo bahuriraga muri Amerika ndetse ko basanze u Rwanda ruri kwihuta mu iterambere.

Ntagushidikanya ko abaturage batuye Ruhunda nibafata ibi bikorwa neza bizabagirira akamaro dore ko bazatandukana n’indwara ziterwa no kunywa amazi adasukuye ndetse n’ababyeyi bakazajya baruhukira ku kigo nderabuzima kibegereye batiriwe bajya ku bitaro bya kure.

Ikibuga gifite amashanyarazi nacyo ni andi mahirwe akomeye urubyiruko rubonye mu kwidagadura nta kwikanga umwijima w’ijoro. Ibi bishobora no gukuza impano zabo bakiteza imbere.

-2949.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-2948.jpg

Perezida Kagame n’umuyobozi wa Coca Cola, Muhtar Kent, (ubanza iburyo) bafunguye ku mugaragaro ibikorwa bya Ekocenter

2016-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Ubwanditsi 19 May 2018
Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa
POLITIKI

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro
Mu Mahanga

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.
Mu Rwanda

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru