• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.
Azarias Ruberwa, président du RCD ce 2/08/2011 à Kinshasa, lors d’une conférence de presse. Radio Okapi/ Ph. John Bompengo

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Ubwanditsi 21 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane, tariki 19 Mutarama 2023, Azarias Ruberwa Manywa yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Ndjili i Kinshasa, ubwo yari agiye gufata indege imwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amarika, ari naho umuryango we utuye. Yahise ajyanwa guhatwa ibibazo mu biro bishinzwe iperereza, mbere yo gusubizwa mu rugo iwe, ari naho ubu afungishirijwe ijisho.

Azarias Ruberwa yari afite ibyangombwa byose bimwemerera kujya muri Amarika, aho yari agiye gushyingura mwisengeneza w’umugore we.
Leta ya Kongo ntiratangaza icyatumye Bwana Ruberwa abuzwa gusohoka mu gihugu, icyakora ibitangazamakuru bikorana n’ubutegetsi byahise byandika ko ngo Azarias Ruberwa yari ahunze, dore ko ashinjwa gufasha umutwe witwaje intwaro wa TWIRWANEHO, uvuga ko urengera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bicwa n’ imitwe ishyigikiwe n’ubutegetsi.
Nyamara abakurikiranira hafi ibyo muri icyo gihugu barahamya ko Azarias Ruberwa azira gusa kuba ari Umunyamulenge, ndetse no kuba aherutse kwakirwa n’Uhagarariye Ubudage muri Kongo , akamusobanurira akaga Abatutsi bo muri Kongo barimo.

Uwo Ambasaderi yahise atangaza ko yijeje Bwana Ruberwa ko igihugu cye kigiye gushyira igitutu ku butegetsi bwa Tshisekedi, bugahagarika Jenoside ikorerwa Abatutsi, n’imvugo zihembera urwango. Ibi byarakaje cyane Perezida Tshisekedi n’abambari be, bibwira ko Abatutsi bazakomeza kwicwa amahanga arebera.
Si Azarias Ruberwa uri mu mazi abira gusa, kuko na Depite Moise Nyarugabo ari mu bashinjwa gufasha Twirwaneho.

Abasesenguzi batangiye kugira impungenge ko abo bagabo bombi bashobora kwicwa cyangwa bagafungwa, kimwe nabandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda bakomeje kwibasirwa.
Umunyamategeko Azarias Ruberwa yabaye Visi-Perezida wa Kongo ubwo Joseph Kabila yategekaga icyo gihugu.

Yanabaye kandi Minisitiri ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi, ndetse mu matora aheruka akaba yariyamamarije umwanya wa Perezida wa Kongo. Icyakora kuba Azarias Ruberwa Manywa yarabaye mu myanya ikomeye y’ubutegetsi bwa Kongo ntibituma adafatwa nk’umunyamahanga, kimwe n’abandi bavuga ikinyarwanda bahozwa ku nkeke ngo nibatahe iwabo mu Rwanda cyangwa bicwe.

2023-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 May 2025
Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique

Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique

Ubwanditsi 07 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya amatora  ya Perezida agiye gusubirwamo
Mu Rwanda

Kenya amatora ya Perezida agiye gusubirwamo

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo
Mu Rwanda

Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Ubwanditsi 28 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru