• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM
P

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Ubwanditsi 01 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rukuru mu Rwanda rwasubukuye iburanisha ry’urubanza Bwana Jean Baptiste Mugimba aburanamo n’ubushinjacyaha ibyaha bya Jenoside. Uyu wahoze ari umunyamabanga mukuru w’ishyaka CDR yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri Radiyo RTLM ahakana ko atigeze ayitera inkunga mu bikorwa bya jenoside.

Ku munsi we wa nyuma wo kwiregura ku kirego cy’ubushinjacyaha Bwana Jean Baptiste Mugimba uburana ibyaha bya jenoside yongeye kwibanda ku nama aregwa ko yakoresheje ku itariki 08/04/94 mu mujyi wa Kigali.

Ni inama ubushinjacyaha bumurega ko yari igamije gusaba no gutanga imbunda zo kwicisha abatutsi mu mirenge ya Nyakabanda, Nyamirambo na Gitega muri Kigali, gushyiraho no kugenzura amabariyeri yicirwagaho abatutsi kujya mu bitero byahitanye abatutsi, gukora amalisiti y’abatutsi bagombaga kwicwa no gutera inkunga radiyo Televison Libre Des Mille Collines RTLM mu mpine ifatwa nka radiyo rutwitsi.

Ibyo bikorwa byose Bwana Mugimba wiriranywe ijambo yabihakanye maze abwira umucamanza ko ku matariki aregwaho ibyaha uyu wemeza ko yari atuye mu Nyakabanda yimukiye mu Kiyovu ku buryo ngo ku itariki ya 12/04/94 yari yaramaze kugera ku Gisenyi ahunga.

Ageze ku gikorwa cyo gutera inkunga Radio Television Libre Des Mille Collines uregwa yemeranya bidasubirwaho n’ubushinjacyaha ko yari afitemo imigabane nk’abandi.

Yagize ati nari naratanzemo amafaranga 5000 nk’imigabane kuko hari igitekerezo ko yari radiyo televiziyo yigenga ije kunganira radiyo y’igihugu tuzi ko iyo migabane izunguka. Aho tutumvikana ni uruhare rwo kuyitera inkunga mu bikorwa bya jenoside”.

Yavuze ko mu masezerano yariho agenga imikorere ya RTLM harimo ko itagombaga kugira ibiganiro biyitambukaho bigamije kubiba urwango.

Bwana Mugimba yavuze ko ikibazo cyabaye ku bakoze kuri iyo radio yafatwaga nka rutwitsi ndetse n’abayiyoboye kuko batubahirije amasezerano bari baragiranye n’abanyamigabane.

Umucamanza bwana Antoine Muhima yamubajije niba nyuma y’uko abakoze kuri iyo radiyo n’abayiyoboye bishe amasezerano abanyamigabane bo barasabye gusubirana imigabane mu buryo bwo kwitandukanya n’ibyo yakoraga. Maze Mugimba avuga ko bitabayeho ariko akomeza gushimangira ko abari abakozi n’abayobozi ba RTLM ari bo bagombye kuryozwa ibyo yakoze.

Yisunze zimwe mu manza za jenoside zaciwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda Arusha muri Tanzania, Bwana Mugimba yavuze ko Col Theoste Bagosora yari afite imigabane 50 muri RTLM kandi ko urukiko rwanzuye ko adashobora kubazwa ibyakozwe na yo.

Ati “ Ubu na twe dufite ikibazo cyo kuba tudashobora kurega abo bantu babikoze” Avuga ko iyo haza kubaho inama rusange ku bayikoragaho n’abanyamigabane wenda haribugire igikorwa n’abari bafite imigabane muri RTLM.

Uregwa yumvikanye yikoma umwe mu batangabuhamya bamushinja ko yari mu bashinze RTLM kuruta no gufatamo imigabane.

Mugimba aravuga ko uyu mutangabuhamya ukigizwe ibanga yakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu kubera ibyaha bya jenoside mu gihe amategeko atamwemera nk’umutangabuhamya.

Yashatse kumugaragaza nk’umuntu utuzuye mu mutwe maze yibutsa urukiko ko yarushyikirije ifishi yo kwa muganga uwo mutangabuhamya w’ubushinjacyaha ahora ajya kwivuriza mu bitaro bya Ndera. Yavuze ko bitumvikana uburyo ubushinjacyaha bukoresha umuntu nk’uwo bukakira ubuhamya bwe.

Mugimba yabwiye umucamanza mu rukiko rukuru ko uwo mutangabuhamya yahamagajwe n’urukiko rwa Arusha agezeyo ngo yiyemerera ko iyo avugana n’ubushinjacyaha ibyo abubwira byose aba abubeshya.

Urukiko rwamubajije niba uwo yikoma yaba yaremeje ko yabeshye no mu rubanza rwa Mugimba. Uregwa avuga ko asanzwe abeshya maze ashimangia ko abaye ari umushinjacyaha atabaza umuntu nk’uwo kuko ngo anivuguruza buri munsi.

Yaba Bwana Faustin Nkusi ku ruhande rw’ubushinjacyaha ndetse n’inteko iburanisha baribaza niba abantu bose bajya kwivuriza i Ndera amategeko abazitira gutanga ubuhamya.

Mugimba avuga ko kuba uwo ajya kwivuriza i Ndera ari kimwe, ariko bikanashimangirwa no kuba yarabwiye umucamanza i Arusha ko ibyo abwira ubushinjacyaha aba abubeshya. Ati ntatinya gukubita ibintu aho uko yiboneye.

Abamwunganira barimo Me Gatera Gashabana bazakomeza mu iburanisha ritaha bagira icyo bavuga haba ku byavuzwe n’ubushinjacyaha n’imyiregurire ya Mugimba babijyanisha n’amategeko.

Bwana Jean Baptiste Mugimba yahoze ari umukozi muri banki nkuru y’igihugu icyarimwe n’umunyamabanga mukuru w’ishyaka CDR.

Araregwa ibyaha bine bikomeye kandi bidasaza bya jenoside. Ibyaha byose araburana abihakana akavuga ko byacuzwe mu mugambi wo kumutwarira imitungo irimo amazu mu mujyi wa Kigali.

Iburanisha rizakomereza i Nyanza mu ntara y’amajyepfo ku itariki ya 11/06 kuko ari ho urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha ku rwego mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka rwimukiye.

2018-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ubwanditsi 23 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika
IMIKINO

Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”
Amakuru

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Ubwanditsi 21 Jan 2024
Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru