• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM
P

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Ubwanditsi 01 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rukuru mu Rwanda rwasubukuye iburanisha ry’urubanza Bwana Jean Baptiste Mugimba aburanamo n’ubushinjacyaha ibyaha bya Jenoside. Uyu wahoze ari umunyamabanga mukuru w’ishyaka CDR yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri Radiyo RTLM ahakana ko atigeze ayitera inkunga mu bikorwa bya jenoside.

Ku munsi we wa nyuma wo kwiregura ku kirego cy’ubushinjacyaha Bwana Jean Baptiste Mugimba uburana ibyaha bya jenoside yongeye kwibanda ku nama aregwa ko yakoresheje ku itariki 08/04/94 mu mujyi wa Kigali.

Ni inama ubushinjacyaha bumurega ko yari igamije gusaba no gutanga imbunda zo kwicisha abatutsi mu mirenge ya Nyakabanda, Nyamirambo na Gitega muri Kigali, gushyiraho no kugenzura amabariyeri yicirwagaho abatutsi kujya mu bitero byahitanye abatutsi, gukora amalisiti y’abatutsi bagombaga kwicwa no gutera inkunga radiyo Televison Libre Des Mille Collines RTLM mu mpine ifatwa nka radiyo rutwitsi.

Ibyo bikorwa byose Bwana Mugimba wiriranywe ijambo yabihakanye maze abwira umucamanza ko ku matariki aregwaho ibyaha uyu wemeza ko yari atuye mu Nyakabanda yimukiye mu Kiyovu ku buryo ngo ku itariki ya 12/04/94 yari yaramaze kugera ku Gisenyi ahunga.

Ageze ku gikorwa cyo gutera inkunga Radio Television Libre Des Mille Collines uregwa yemeranya bidasubirwaho n’ubushinjacyaha ko yari afitemo imigabane nk’abandi.

Yagize ati nari naratanzemo amafaranga 5000 nk’imigabane kuko hari igitekerezo ko yari radiyo televiziyo yigenga ije kunganira radiyo y’igihugu tuzi ko iyo migabane izunguka. Aho tutumvikana ni uruhare rwo kuyitera inkunga mu bikorwa bya jenoside”.

Yavuze ko mu masezerano yariho agenga imikorere ya RTLM harimo ko itagombaga kugira ibiganiro biyitambukaho bigamije kubiba urwango.

Bwana Mugimba yavuze ko ikibazo cyabaye ku bakoze kuri iyo radio yafatwaga nka rutwitsi ndetse n’abayiyoboye kuko batubahirije amasezerano bari baragiranye n’abanyamigabane.

Umucamanza bwana Antoine Muhima yamubajije niba nyuma y’uko abakoze kuri iyo radiyo n’abayiyoboye bishe amasezerano abanyamigabane bo barasabye gusubirana imigabane mu buryo bwo kwitandukanya n’ibyo yakoraga. Maze Mugimba avuga ko bitabayeho ariko akomeza gushimangira ko abari abakozi n’abayobozi ba RTLM ari bo bagombye kuryozwa ibyo yakoze.

Yisunze zimwe mu manza za jenoside zaciwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda Arusha muri Tanzania, Bwana Mugimba yavuze ko Col Theoste Bagosora yari afite imigabane 50 muri RTLM kandi ko urukiko rwanzuye ko adashobora kubazwa ibyakozwe na yo.

Ati “ Ubu na twe dufite ikibazo cyo kuba tudashobora kurega abo bantu babikoze” Avuga ko iyo haza kubaho inama rusange ku bayikoragaho n’abanyamigabane wenda haribugire igikorwa n’abari bafite imigabane muri RTLM.

Uregwa yumvikanye yikoma umwe mu batangabuhamya bamushinja ko yari mu bashinze RTLM kuruta no gufatamo imigabane.

Mugimba aravuga ko uyu mutangabuhamya ukigizwe ibanga yakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu kubera ibyaha bya jenoside mu gihe amategeko atamwemera nk’umutangabuhamya.

Yashatse kumugaragaza nk’umuntu utuzuye mu mutwe maze yibutsa urukiko ko yarushyikirije ifishi yo kwa muganga uwo mutangabuhamya w’ubushinjacyaha ahora ajya kwivuriza mu bitaro bya Ndera. Yavuze ko bitumvikana uburyo ubushinjacyaha bukoresha umuntu nk’uwo bukakira ubuhamya bwe.

Mugimba yabwiye umucamanza mu rukiko rukuru ko uwo mutangabuhamya yahamagajwe n’urukiko rwa Arusha agezeyo ngo yiyemerera ko iyo avugana n’ubushinjacyaha ibyo abubwira byose aba abubeshya.

Urukiko rwamubajije niba uwo yikoma yaba yaremeje ko yabeshye no mu rubanza rwa Mugimba. Uregwa avuga ko asanzwe abeshya maze ashimangia ko abaye ari umushinjacyaha atabaza umuntu nk’uwo kuko ngo anivuguruza buri munsi.

Yaba Bwana Faustin Nkusi ku ruhande rw’ubushinjacyaha ndetse n’inteko iburanisha baribaza niba abantu bose bajya kwivuriza i Ndera amategeko abazitira gutanga ubuhamya.

Mugimba avuga ko kuba uwo ajya kwivuriza i Ndera ari kimwe, ariko bikanashimangirwa no kuba yarabwiye umucamanza i Arusha ko ibyo abwira ubushinjacyaha aba abubeshya. Ati ntatinya gukubita ibintu aho uko yiboneye.

Abamwunganira barimo Me Gatera Gashabana bazakomeza mu iburanisha ritaha bagira icyo bavuga haba ku byavuzwe n’ubushinjacyaha n’imyiregurire ya Mugimba babijyanisha n’amategeko.

Bwana Jean Baptiste Mugimba yahoze ari umukozi muri banki nkuru y’igihugu icyarimwe n’umunyamabanga mukuru w’ishyaka CDR.

Araregwa ibyaha bine bikomeye kandi bidasaza bya jenoside. Ibyaha byose araburana abihakana akavuga ko byacuzwe mu mugambi wo kumutwarira imitungo irimo amazu mu mujyi wa Kigali.

Iburanisha rizakomereza i Nyanza mu ntara y’amajyepfo ku itariki ya 11/06 kuko ari ho urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha ku rwego mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka rwimukiye.

2018-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Ubwanditsi 11 Apr 2019
Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ubwanditsi 14 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEC yashyize  Igorora ku bakandida bazashaka  kwiyamamaza bakoresheje Imbuga nkoranyambaga
Mu Rwanda

NEC yashyize Igorora ku bakandida bazashaka kwiyamamaza bakoresheje Imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
Mu Mahanga

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru