• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Ubwanditsi 03 Feb 2018 IMIKINO

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umunyamabanga mukuru w’agateganyo, usimbura Uwamahoro Tharcille Latifah wasoje amasezerano ntiyongerwe andi kubera ibibazo yagiye agirana na Nzamwita Vincent ‘Degaule’.

Babicishije ku rubuga rwa Internet, ubuyobozi bwa FERWAFA bwatangaje ko Habineza Emmanuel wari ushinzwe Imari n’ubutegetsi muri iryo shyirahamwe, ari we Munyamabanga mukuru w’agateganyo kugeza igihe hazabonekera uwegukana ako kazi mu buryo buhamye.

Kuwa 31 Mutarama 2017 ni bwo Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Vincent Degaule yandikiye Uwamahoro amwibutsa ko kontaro ye izarangira kuwa 31 Mutarama 2018, uwo ukazaba ari wo munsi wa nyuma yicaye mu biro by’Ubunyamabanga bukuru bw’iryo shyirahamwe.

Umwaka umwe Uwamahoro Tharcille Latifah yamaze ari Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA ashobora kutazawibagirwa mu mateka ye, kuko waranzwe no kutavuga rumwe na Nzamwita Vincent, ibi bikagaragazwa n’amabaruwa atandukanye bagiye bandikirana.

Zimwe muri zo ni nk’iyo Perezida wa FERWAFA, Nzamwita yandikiye Uwamahoro nk’Umunyamabanga mukuru, amusaba ibisobanuro ku makosa amushinja ko yakoze ku mukino wa Super Cup wabereye i Rubavu kuwa 23 Nzeri 2017.

Uwo mukino waratangiye ariko ntiwarangira, aho amatara yazimye ubugira kabiri mu gice cya mbere ariko noneho byagera ku munota wa 63 ahita azima burundu, bituma umukino uhagarikwa, nyamara Rayon Sports yari yamaze gutsinda ibitego 2-0.

Ibaruwa isubiza iyo yandikiwe asabwa ibisobanuro, ni yo yagaragaje neza uburemere bw’ubushyamirane cyangwa kutavuga rumwe hagati ya Nzamwita na Uwamahoro, aho uyu Munyamabanga yavuze ko Umuyobozi we amukorera igisa n’iyicarubozo.

Mu kwisobanura mu ibaruwa yo kuwa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2017, hari aho Uwamahoro yagize ati ati “ Nyakubahwa Perezida,mu bihe bitandukanye mubinyujije mu nyandiko zanyu zitandukanye mwankoreye igisa n’iyicarubozo munsaba ibisobanuro bya hato na hato bidafite aho bishingiye mu buryo bwa kinyamwuga (professionalisme).”

Yakomeje agira ati “Nagiye mbisubiza kandi mpamanya n’umutimanama wanjye ko byabanyuze kuko nta kindi mwabivugagaho dore ko namwe ubwanyu muzi neza ko ibyo mwabaga munsabaho ibisobanuro nta shingiro byabaga bifite ahubwo byari inzira y’akarengane ari nayo mukirimo.”

Indi baruwa yashimangiye ubushyamirane hagati y’abo bayobozi, ni iyo Uwamahoro yandikiwe kuwa 15 Ugushyingo 2017 ahatirwa kujya mu kiruhuko cy’iminsi 23 yemerewe bitewe n’uko kuva yatangira akazi muri FERWAFA atigeze yaka ikiruhuko, bityo akaba agihawe kuva ku itariki ya 20 ukwo kwezi kugeza kuwa 20 Ukuboza 2017.

Mu gusubiza iyo baruwa, Uwamahoro yanze kukijyamo, avuga ko ikiruhuko cye azagitangira ari uko yarangije inshingano yahawe muri Komisiyo ishinzwe gutegura amatora y’Umuyobozi mukuru n’abo bazafatanya muri Komite nyobozi ya FERWAFA.

Uwamahoro Tharcille Latifah yari Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA kuva kuwa 1 Ugushyingo 2016, uwo mwanya akaba yarawushyizwemo n’Inteko rusange idasanzwe yabereye i Musanze muri Nzeli 2016, ingingo ya kabiri y’amasezerano ye y’akazi ikaba yaravugaga ko kontaro ye izarangira kuwa 31 Mutarama 2018, akaba yakongerwa indi bibanje kuganirwaho n’impande zombi.

2018-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ubwanditsi 12 May 2021
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021
Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018
album ya  The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

album ya The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 05 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021
Amakuru

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40
IKORANABUHANGA

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
AMAVUBI U-20:Abakinnyi 26 bazahagararira u Rwanda mu mikino ya COSAFA batangajwe-Urutonde
IMIKINO

AMAVUBI U-20:Abakinnyi 26 bazahagararira u Rwanda mu mikino ya COSAFA batangajwe-Urutonde

Ubwanditsi 01 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru