• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ubwanditsi 12 Feb 2016 IMIKINO

Abahanzi n’ibyamamare nyarwanda bazasusurutsa ijoro ryo ku wa 13 – 14 Gashyantare 2016, mu kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

-2062.jpg

Nk’uko bisanzwe abantu mu myambarire bazaba bajyanishije mu mutuku n’umukara. Ibirori bizibanda ahanini ku gusohoka, gusangira ibinyobwa n’amafunguro, gutaramana n’abahanzi n’ibindi bijyana no kwidagadura no kuruhuka.

Twabakusanyirije ibitaramo bikomeye bitegurwa kuri uwo munsi, tunabakusanyiriza amakuru ajyanye n’abahanzi n’ibyamamare bizagaragara muri ibyo bitaramo.

-2066.jpg

1.Romantic Night kuri Deep Club i Remera

Miss Teta Sadra na Miss Uwase Vanessa bateguye igitaramo bise Romantic Night kizabera i Remera kuri Deep Club ahahoze Agence Pub. Iki gitaramo kizaba kirimo abahanzi Dream Boyz na Active. Kizatangira saa mbiri z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000Rwf) n’ibihumbi bitatu (3,000Rwf) ku muntu umwe.

2.Valentines Party kuri Kaizen

-2065.jpg

Abahanzi Charly, Nina, Dj Pius, Big Fizzo na Jody bazataramira abantu muri Kaizen Club kuwa 13 Gashyantare 2016. Iki gitaramo bise Valentines Party kizasusurutswa n’umunyarwenya Arthur, gitangire saa moya z’umugoroba. Kwinjira ku bazananye ari babiri (couple) bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi umunani (8,000Rwf) n’ibihumbi bitanu (5,000Rwf) ku waje ari umwe.

3.Soiree des Amoureux kuri Mille Collines

Kuri Hotel des Mille Collines harategurwa igitaramo cy’abakundana. Iki gitaramo kizagaragaramo abahanzi benshi baririmba indirimbo z’urukundo barimo Christopher, Dream Boyz, Tom Close, Mani Martin, Yvan Buravan, Umutare Gaby, Bruce Melody, Davis D, Jules Sentore na Hope. Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura amafaranga ibihumbi cumi na bitanu ku bantu babiri (15,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) ku muntu umwe. Igitaramo kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

4.Amajonjora ya Miss Rwanda muri Petit Stade

Ku munsi w’abakundana hazaba amajonjora ya Miss Rwanda, ahazatangazwa abakobwa 15 bakomeza bavanywe muri 24 baserukira Intara n’Umujyi wa Kigali. Aya majonjora azabera kuri Petit Stade i Remera, ahazaba hari ibyamamare byinshi harimo Miss Rwanda Kundwa Doriane n’abandi.

Hazaba kandi hari abagize akanama nkemurampaka, kuri ubu bataratangazwa, ariko byitezwe ko bazaba ari ibyamamare. Umuhanzi Davis D waririmbye ‘Biryogo’ niwe uzasusurutsa abazitabira ibi birori bizatangira saa kumi z’umugoroba (4pm).

Kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri (2,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) mu myanya y’icyubahiro.

5.Valentine’s Day Celebration Dinner kuri Serena Hotel

Tariki 13 Gashyantare 2016, harategurwa umugoroba w’abakundana kuri Serena Hotel, guhera saa mbiri z’umugoroba. Elion Victory azaba aririmba indirimbo ze zirimo Martha, aho azafatanya n’itsinda rya Neptunez. Kwinjira bizaba ari ukwishyura amadorali 150$ (111,975) ku bantu babiri (Couple) ndetse n’amadolari 350$ (261,275Rwf) ku bifuza kuzahita banarara muri iyi hoteli ijoro rimwe.

6.Miss Rusizi Final muri Hotel Rubavu, i Rusizi

-2063.jpg

Akarere ka Rusizi, ku munsi w’abakundana, tariki 14 Gashyantare 2014, hazatorwa ba nyampinga bagaserukira mu marushanwa biswe ‘Miss Rusizi Final’. Umuhanzi ukomeye uzaba uri muri ibi birori ni Bruce Melody. Ibirori bizabera muri Rubavu Motel guhera saa kumi z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitatu ku bantu babiri bazananye (Couple) n’ibihumbi bibiri ku muntu umwe.

7.Brioche Valentines Cake i Gacuriro

I Gacuriro, muri Brioche, harategurwa ibirori bidasanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

Ibi birori bizasusurutswa n’abahanzi kuri ubu bataratangazwa. Ku bifuza kuzahasohokera kuri uyu munsi, hateguwe amafanguro n’imigati (cake) byihariye byagenewe uyu munsi w’abakundana. Abifuza kuzitabira ibi birori basabwa kwiyandikisha mbere, kugira ngo bategurirwe umwihariko wabo, bakabikorera kuri Brioche iri mu nyubako ya Centenery House.

M.Fils

2016-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Ubwanditsi 26 Jul 2021
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021
Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Ubwanditsi 08 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano
ITOHOZA

Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.
Amakuru

Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Ubwanditsi 01 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru