• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ubwanditsi 12 Feb 2016 IMIKINO

Abahanzi n’ibyamamare nyarwanda bazasusurutsa ijoro ryo ku wa 13 – 14 Gashyantare 2016, mu kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

-2062.jpg

Nk’uko bisanzwe abantu mu myambarire bazaba bajyanishije mu mutuku n’umukara. Ibirori bizibanda ahanini ku gusohoka, gusangira ibinyobwa n’amafunguro, gutaramana n’abahanzi n’ibindi bijyana no kwidagadura no kuruhuka.

Twabakusanyirije ibitaramo bikomeye bitegurwa kuri uwo munsi, tunabakusanyiriza amakuru ajyanye n’abahanzi n’ibyamamare bizagaragara muri ibyo bitaramo.

-2066.jpg

1.Romantic Night kuri Deep Club i Remera

Miss Teta Sadra na Miss Uwase Vanessa bateguye igitaramo bise Romantic Night kizabera i Remera kuri Deep Club ahahoze Agence Pub. Iki gitaramo kizaba kirimo abahanzi Dream Boyz na Active. Kizatangira saa mbiri z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000Rwf) n’ibihumbi bitatu (3,000Rwf) ku muntu umwe.

2.Valentines Party kuri Kaizen

-2065.jpg

Abahanzi Charly, Nina, Dj Pius, Big Fizzo na Jody bazataramira abantu muri Kaizen Club kuwa 13 Gashyantare 2016. Iki gitaramo bise Valentines Party kizasusurutswa n’umunyarwenya Arthur, gitangire saa moya z’umugoroba. Kwinjira ku bazananye ari babiri (couple) bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi umunani (8,000Rwf) n’ibihumbi bitanu (5,000Rwf) ku waje ari umwe.

3.Soiree des Amoureux kuri Mille Collines

Kuri Hotel des Mille Collines harategurwa igitaramo cy’abakundana. Iki gitaramo kizagaragaramo abahanzi benshi baririmba indirimbo z’urukundo barimo Christopher, Dream Boyz, Tom Close, Mani Martin, Yvan Buravan, Umutare Gaby, Bruce Melody, Davis D, Jules Sentore na Hope. Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura amafaranga ibihumbi cumi na bitanu ku bantu babiri (15,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) ku muntu umwe. Igitaramo kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

4.Amajonjora ya Miss Rwanda muri Petit Stade

Ku munsi w’abakundana hazaba amajonjora ya Miss Rwanda, ahazatangazwa abakobwa 15 bakomeza bavanywe muri 24 baserukira Intara n’Umujyi wa Kigali. Aya majonjora azabera kuri Petit Stade i Remera, ahazaba hari ibyamamare byinshi harimo Miss Rwanda Kundwa Doriane n’abandi.

Hazaba kandi hari abagize akanama nkemurampaka, kuri ubu bataratangazwa, ariko byitezwe ko bazaba ari ibyamamare. Umuhanzi Davis D waririmbye ‘Biryogo’ niwe uzasusurutsa abazitabira ibi birori bizatangira saa kumi z’umugoroba (4pm).

Kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri (2,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) mu myanya y’icyubahiro.

5.Valentine’s Day Celebration Dinner kuri Serena Hotel

Tariki 13 Gashyantare 2016, harategurwa umugoroba w’abakundana kuri Serena Hotel, guhera saa mbiri z’umugoroba. Elion Victory azaba aririmba indirimbo ze zirimo Martha, aho azafatanya n’itsinda rya Neptunez. Kwinjira bizaba ari ukwishyura amadorali 150$ (111,975) ku bantu babiri (Couple) ndetse n’amadolari 350$ (261,275Rwf) ku bifuza kuzahita banarara muri iyi hoteli ijoro rimwe.

6.Miss Rusizi Final muri Hotel Rubavu, i Rusizi

-2063.jpg

Akarere ka Rusizi, ku munsi w’abakundana, tariki 14 Gashyantare 2014, hazatorwa ba nyampinga bagaserukira mu marushanwa biswe ‘Miss Rusizi Final’. Umuhanzi ukomeye uzaba uri muri ibi birori ni Bruce Melody. Ibirori bizabera muri Rubavu Motel guhera saa kumi z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitatu ku bantu babiri bazananye (Couple) n’ibihumbi bibiri ku muntu umwe.

7.Brioche Valentines Cake i Gacuriro

I Gacuriro, muri Brioche, harategurwa ibirori bidasanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

Ibi birori bizasusurutswa n’abahanzi kuri ubu bataratangazwa. Ku bifuza kuzahasohokera kuri uyu munsi, hateguwe amafanguro n’imigati (cake) byihariye byagenewe uyu munsi w’abakundana. Abifuza kuzitabira ibi birori basabwa kwiyandikisha mbere, kugira ngo bategurirwe umwihariko wabo, bakabikorera kuri Brioche iri mu nyubako ya Centenery House.

M.Fils

2016-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 20 May 2021
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ubwanditsi 13 May 2021
Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Ubwanditsi 24 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intumwa zaturutse mu gihugu cya Mali zirigira kuri Polisi y’u Rwanda kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Intumwa zaturutse mu gihugu cya Mali zirigira kuri Polisi y’u Rwanda kurwanya ruswa

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?
Amakuru

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda
ITOHOZA

Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru