• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Ubwanditsi 24 Aug 2018 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, riri gusuzuma umunsi ukwiye wo gushyikiriza APR FC igikombe cya shampiyona ya 2017-2018 yegukanye muri Kamena uyu mwaka, mu minsi ya vuba hakazatangazwa umunsi ntakuka bizaberaho.

APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona ariko ntiyahita igishyikirizwa, kuko byageze ku mukino wa nyuma nta kipe iracyegukana, biba iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yasuye Espoir FC kandi igomba kugihabwa ari uko iri ku kibuga cyayo.

Umwe mu minsi iri guhabwa amahirwe ni uwo AZAM FC yo muri Tanzania izaba iri mu Rwanda, kuko yasabye kumurikira Perezida Paul Kagame igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup 2018’ yisubije mu kwezi gushize, itsinze mukeba wayo Simba SC ibitego 2-1.

Perezida Kagame ni we muterankunga mukuru w’iryo rushanwa kuko aritangaho ibihumbi 60$ buri mwaka, yifashishwa mu guhemba amakipe yitwaye neza.

Perezida wa FERWAFA, (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascène, ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yabwiye itangazamakuru ko hari gutekerezwa uko AZAM FC niza mu Rwanda ku munsi utaratangazwa, yazakina na APR FC maze igashyikirizwa igikombe.

Yagize ati “Turimo tuganira na APR FC uko yagihabwa kuko igikombe ni icyabo. Hari indi nzira ishoboka kuko AZAM FC yatwaye igikombe cya CECAFA Kagame Cup, yasabye ko yaza kukimurikira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.”

“Turavuga tuti kuko ari n’umufatanyabikorwa wa shampiyona, twabihuza icyo gikombe tukakibahera aho. Turiho turashaka ikintu gishoboka ariko bagomba kugihabwa.”

Ikipe ya AZAM FC isangiye umuterankunga na shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma y’amasezerano y’imyaka itanu yasinywe hagati ya AZAM na Ferwafa tariki 24 Kanama 2015, afite agaciro ka miliyoni 2.35$.

Umunyamabanga Mukuru wa APR FC, Kalisa Adophe, yavuze  ko ku bufatanye na FERWAFA, bari kwiga ku buryo bazahabwamo igikombe.

Yagize ati “Kugeza ubu ntabwo turamenya igihe tuzahabwa igikombe. Hari uburyo butandukanye bwatekerejweho ariko nta buremezwa.”

Si uyu mwaka gusa igikombe cya shampiyona kibonye nyiracyo ariko ntagishyikirizwe, kuko na shampiyona iheruka, Rayon Sports yacyegukanye isigaje kwakira umukino umwe wa APR FC, ariko ntiwuherweho igikombe ku impamvu zitigeze zisobanurwa.

Icyo gihe na yo yanze kucyakira yasuye Kiyovu Sports ku munsi wa nyuma wa shampiyona, biba ngombwa ko igishyikirizwa nyuma ku mukino wa gicuti na AZAM FC.

APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Espoir FC ariko ntiyagishyikirizwa.

AZAM FC yasabye kuza kumurikira Perezida Kagame igikombe cya CECAFA yegukanye uyu mwaka

Perezida wa FERWAFA, (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascène, yavuze ko hari gutekerezwa uko APR FC yashyikirizwa igikombe imaze gukina na AZAM FC

2018-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Ubwanditsi 06 Mar 2022
CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Ubwanditsi 03 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbarara: Inzego z’Ubutasi  zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye
ITOHOZA

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi
Amakuru

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubwanditsi 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru