• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Ubwanditsi 24 May 2018 IMIKINO

Nyuma y’imikino itanu Rayon Sports inganya mu marushanwa yose, kuri uyu wa Gatatu, tariki 23 Gicurasi 2018, yatsinze Etincelles FC ibitego bibiri ku busa mu mukino wa 1/8 w’Igikombe cy’Amahoro, Umutoza Ivan Minnaert akomoza no ku bibazo by’umwuka mubi mu bakinnyi.

Kuri Stade ya Kigali imbere y’abafana mbarwa, Rayon Sports yatsinze Etincelles FC ibitego 2-0 by’Abarundi, Kwizera Pierrot na Hussein Shaban Tchabalala mu mukino wo kwishyura, bisanga 1-1 amakipe yombi yari yanganyije mu mukino ubanza i Rubavu.

Ni umukino waranzwe n’imvura nyinshi mu gice cya mbere yatumye ikibuga cyuzura amazi umukinnyi yatera umupira ntuve aho uri cyangwa ukajya aho atashakaga ariko Rayon Sports imaze kugikiniramo kimeze gutyo ku mikino itandukanye irimo uwa Costa do Sol yatsinze 3-0 n’uwa Gor Mahia yanganyije 1-1, yongeye kwitwara neza.

Rayon Sports yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 22 cya Kwizera Pierrot wateye ishoti riremereye ku mupira wa Yannick Mukunzi, umunyezamu Rukundo Protogène ntiyawugarura.

Iyi kipe yakomeje kurusha Etincelles FC hagati mu kibuga hari Yannick Mukunzi, Mugisha François na Kwizera Pierrot bohereza imipira myinshi kwa Mugume Yassine na Tchabalala bituma uyu rutahizamu umaze kwigaragaza cyane kuva yaza muri iyi kipe muri Mutarama, atsinda igitego cya kabiri mbere y’iminota ibiri ngo igice cya mbere kirangire.

Mu gice cya kabiri, Ruremesha Emmanuel utoza Etincelles FC yakoze impinduka akuramo Nsengiyumva Irshad yinjiza Muganza Isaac naho Nsengimana Dominique asimbura Rukundo Protogène.

Muganza yahise atangira guha akazi kenshi ba myugariro ba Rayon Sports, ikipe ye ibona coup franc ku ikosa ryari rimukorewe Niyonsenga Ibrahim ahannye ikosa Irambona Eric arasimbuka akuramo umupira n’umutwe.

Etincelles FC yakomeje kugerageza amahirwe na Rayon Sports ikanyuzamo igasatira ariko amakipe yombi ntihagira ibasha gutsinda ikindi gitego kugera umukino urangiye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ivan Minnaert wari umaze imikino itanu adatsinda mu marushanwa yose, yavuze ko byagoye abakinnyi kubera imikino myinshi kandi y’amarushanwa atandukanye.

Yagize ati “Ikibazo twagize si mu Rwanda gusa cyangwa muri Afurika kiba, n’i Burayi kibaho, iyo ikipe ivuye muri Champions League cyangwa Europa League hari ubwo biyigora muri shampiyona kubera ko ni amarushanwa atandukanye cyane no mu mutwe w’abakinnyi hari ikiba cyahindutse.”

Ku kibazo cy’umwuka mubi uvugwa mu ikipe watewe n’igabana ry’amafaranga y’agahimbazamusyi ku mikino ya CAF Confederation Cup aho batahawe angana ndetse bamwe barimo Irambona Eric na Manzi Thierry wibeshyweho ntayahabwe, yabihakanye avuga ko ari amakuru yatanzwe nabi.

Yagize ati “Nta mwuka mubi uri mu ikipe, nta n’uwigeze ubamo. Ni amakuru yatanzwe nabi adafite ishingiro.’’

Muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro Rayon Sports izakina na Marines FC, Police FC yisobanure na APR FC, Bugesera FC ihure na Sunrise FC naho Mukura VS ikine n’Amagaju FC. Imikino y’iki cyiciro izaba hagati ya tariki 12-13 Kamena 2018.

Abakinnyi 11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Mugisha François wa Rayon Sports ahanganye na Muganza Isaac wa Etincelles FC

Kwizera Pierrot watsinze igitego cya mbere

Ikibuga cyari cyuzuye amazi umukinnyi yatera umupira ntuve aho uri

Irambona Eric uri mu bakinnyi batahawe ku mafaranga y’agahimbazamusyi yabanje mu kibuga anitwara neza

Umutoza Ivan Minnaert yavuze ko mu mikino yashize ikipe ye yagorwaga n’amarushanwa menshi yakinaga

Umutoza wa Rayon Sports, Ivan Minnaert n’abamwungirije bitwaye neza imbere ya Etincelles baherukaga kunganya mu mikino ya Shampiyona

Ruremesha Emmanuel (iburyo) areba uko abakinnyi be bitwara

Umutoza wa Kiyovu Sports, André Cassa Mbungo, yakurikiranye uyu mukino

Kubera imvura abafana bose bo mu bice bidatwikiriye bimutse baza hamwe

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018
Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Ubwanditsi 05 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa
POLITIKI

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura
Amakuru

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru