• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Ubwanditsi 24 May 2018 IMIKINO

Nyuma y’imikino itanu Rayon Sports inganya mu marushanwa yose, kuri uyu wa Gatatu, tariki 23 Gicurasi 2018, yatsinze Etincelles FC ibitego bibiri ku busa mu mukino wa 1/8 w’Igikombe cy’Amahoro, Umutoza Ivan Minnaert akomoza no ku bibazo by’umwuka mubi mu bakinnyi.

Kuri Stade ya Kigali imbere y’abafana mbarwa, Rayon Sports yatsinze Etincelles FC ibitego 2-0 by’Abarundi, Kwizera Pierrot na Hussein Shaban Tchabalala mu mukino wo kwishyura, bisanga 1-1 amakipe yombi yari yanganyije mu mukino ubanza i Rubavu.

Ni umukino waranzwe n’imvura nyinshi mu gice cya mbere yatumye ikibuga cyuzura amazi umukinnyi yatera umupira ntuve aho uri cyangwa ukajya aho atashakaga ariko Rayon Sports imaze kugikiniramo kimeze gutyo ku mikino itandukanye irimo uwa Costa do Sol yatsinze 3-0 n’uwa Gor Mahia yanganyije 1-1, yongeye kwitwara neza.

Rayon Sports yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 22 cya Kwizera Pierrot wateye ishoti riremereye ku mupira wa Yannick Mukunzi, umunyezamu Rukundo Protogène ntiyawugarura.

Iyi kipe yakomeje kurusha Etincelles FC hagati mu kibuga hari Yannick Mukunzi, Mugisha François na Kwizera Pierrot bohereza imipira myinshi kwa Mugume Yassine na Tchabalala bituma uyu rutahizamu umaze kwigaragaza cyane kuva yaza muri iyi kipe muri Mutarama, atsinda igitego cya kabiri mbere y’iminota ibiri ngo igice cya mbere kirangire.

Mu gice cya kabiri, Ruremesha Emmanuel utoza Etincelles FC yakoze impinduka akuramo Nsengiyumva Irshad yinjiza Muganza Isaac naho Nsengimana Dominique asimbura Rukundo Protogène.

Muganza yahise atangira guha akazi kenshi ba myugariro ba Rayon Sports, ikipe ye ibona coup franc ku ikosa ryari rimukorewe Niyonsenga Ibrahim ahannye ikosa Irambona Eric arasimbuka akuramo umupira n’umutwe.

Etincelles FC yakomeje kugerageza amahirwe na Rayon Sports ikanyuzamo igasatira ariko amakipe yombi ntihagira ibasha gutsinda ikindi gitego kugera umukino urangiye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ivan Minnaert wari umaze imikino itanu adatsinda mu marushanwa yose, yavuze ko byagoye abakinnyi kubera imikino myinshi kandi y’amarushanwa atandukanye.

Yagize ati “Ikibazo twagize si mu Rwanda gusa cyangwa muri Afurika kiba, n’i Burayi kibaho, iyo ikipe ivuye muri Champions League cyangwa Europa League hari ubwo biyigora muri shampiyona kubera ko ni amarushanwa atandukanye cyane no mu mutwe w’abakinnyi hari ikiba cyahindutse.”

Ku kibazo cy’umwuka mubi uvugwa mu ikipe watewe n’igabana ry’amafaranga y’agahimbazamusyi ku mikino ya CAF Confederation Cup aho batahawe angana ndetse bamwe barimo Irambona Eric na Manzi Thierry wibeshyweho ntayahabwe, yabihakanye avuga ko ari amakuru yatanzwe nabi.

Yagize ati “Nta mwuka mubi uri mu ikipe, nta n’uwigeze ubamo. Ni amakuru yatanzwe nabi adafite ishingiro.’’

Muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro Rayon Sports izakina na Marines FC, Police FC yisobanure na APR FC, Bugesera FC ihure na Sunrise FC naho Mukura VS ikine n’Amagaju FC. Imikino y’iki cyiciro izaba hagati ya tariki 12-13 Kamena 2018.

Abakinnyi 11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Mugisha François wa Rayon Sports ahanganye na Muganza Isaac wa Etincelles FC

Kwizera Pierrot watsinze igitego cya mbere

Ikibuga cyari cyuzuye amazi umukinnyi yatera umupira ntuve aho uri

Irambona Eric uri mu bakinnyi batahawe ku mafaranga y’agahimbazamusyi yabanje mu kibuga anitwara neza

Umutoza Ivan Minnaert yavuze ko mu mikino yashize ikipe ye yagorwaga n’amarushanwa menshi yakinaga

Umutoza wa Rayon Sports, Ivan Minnaert n’abamwungirije bitwaye neza imbere ya Etincelles baherukaga kunganya mu mikino ya Shampiyona

Ruremesha Emmanuel (iburyo) areba uko abakinnyi be bitwara

Umutoza wa Kiyovu Sports, André Cassa Mbungo, yakurikiranye uyu mukino

Kubera imvura abafana bose bo mu bice bidatwikiriye bimutse baza hamwe

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2024
Arsenal yirukanye Unai Emery

Arsenal yirukanye Unai Emery

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL
Amakuru

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Ubwanditsi 16 Sep 2024
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Amakuru

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022
Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023
Amakuru

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Ubwanditsi 18 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru