• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa

Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa

Ubwanditsi 16 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuryango wa René Rutagungira, Umunyarwanda ufungiye muri Uganda kubera ibyaha bitandukanye akekwaho, watakambiye Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu, uyisaba kugira icyo ikora ku iyicarubozo no kubuzwa uburenganzira bwe akomeje kubuzwa n’inzego z’umutekano.

Rutagungira afungiye muri gereza ya gisirikare ya Makindye, n’abandi bantu umunani barimo abapolisi bakuru, bakekwaho ibyaha birimo ubufatanye mu gushimuta uwahoze mu ngabo zirinda Perezida Kagame mu 2013, akagarurwa mu Rwanda agakatirwa igifungo cya burundu.

Mu ibaruwa yo ku wa 9 Gicurasi 2018, Umuryango wa Rutagungira ubinyujije mu bunganizi be bibumbiye mu cyitwa Kiiza and Mugisha Advocates, bandikiye uhagarariye Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ya Loni muri Uganda, bashinja inzego z’umutekano z’iki gihugu iyicarubozo.

Muri iyi nyandiko, bagaragaza ko Rutagungira yafashwe muri Kanama umwaka ushize n’abasirikare bo mu rwego rushinzwe iperereza (CMI), bamukorera iyicarubozo ryo ku mubiri no mu mutwe, ririmo kumufungira ahantu he wenyine, kumubwira ko bamwica n’ibindi.

Daily Monitor, yanditse ko iyi baruwa inagaragaza ko Rutagungira yimwe uburenganzira bwo gusurwa n’umuryango we, abanyamategeko be n’umuganga. Bagasaba ko hagira igikorwa kuko ibi ari ibintu biteye impungenge umuryango we.

Igira iti “Turabasaba ko ku bw’imikorere yanyu myiza mwita kandi mukagira icyo mukora kuri iki kibazo, mugasaba ko iyicarubozo ryavuzwe rikorerwa Rutagungira n’irindi hohoterwa rihagarara.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru i Kampala, umunyamategeko Eron Kiiza, yasobanuye ko iyi baruwa igamije gusaba Umuryango w’Abibumbye, kugira icyo ukora nyuma y’uko urukiko rwa gisirikare rwanze kumva ubusabe bw’umukiriya wabo.

Yagize ati “Uburenganzira bwo gusurwa k’umukiliya wacu ntabwo abuhabwa kandi abandi bakekwa barabuhabwa. Abavandimwe be, abana, umugore n’abanyamategeko be ntabwo bemerewe kumubona kuri gereza. Ibi ni ihohoterwa ry’uburenganzira bw’umuntu kandi birababaje kuri bo.”

Urubanza rwa Rutagungira na bagenzi be ruzatangira kuburanishwa ku wa 5 Kamena uyu mwaka.

Ku itariki ya 7 Kanama ahagana saa munani z’ijoro nibwo umushoramari René Rutagungira wasezerewe mu Ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya Sergeant yashimuswe ubwo yari mu kabari ka Bahamas gaherereye i Mengo asangira n’inshuti ze.

Rutagungira yahise atwarwa mu modoka ya Toyota Premio ifite pulake UAT 694T ndetse bivugwa ko mu bamushimuse barimo Capt. Agaba David ukora mu Rwego rwa Gisirikare rushinzwe Iperereza (Chieftaincy of Military Intelligence-CMI) muri Uganda.

 

Rutagungira ubwo aheruka kwitaba Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ruri ahitwa Makindye

 

2018-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Ubwanditsi 24 Dec 2020
Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Ubwanditsi 07 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 01 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru