• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Ubwanditsi 28 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Imiryango ifite abantu baburiwe irengero mu gihugu cya Uganda batangiye kotsa igitutu guverinoma kugira ngo hamenyekane aho baherereye.

Imwe mu miryango yabuze abayo, ni uwa Johnson Nunu.Uyu muryango ukaba usaba guverinoma ya Uganda gukora ibishoboka byose ikabona umubyeyi wabo n’ubwo bakeka ko yaba yaratawe muri yombi n’igipolisi.

Kugeza ubu aho Nunu aherereye ntiharamenyekana nyuma yo gushimutwa n’abantu batazwi mu gace ka rubare .

Julius Kansiime, Umuhungu wa Nunu ati “Nk’uko tugitegereje ibizava mu iperereza ariko nta muntu utinyuka kutubwira aho ari”.

Nubwo hari ikizere cy’uko ashobora kuboneka, igipolisi cya Uganda cyatangaje ko uyu mugabo atari mu maboko yabo gusa Emilian Kayima, umuvugizi wa police avuga ko bakomeje gukorana kugira ngo hamenyekane irengero rye.

Yagize ati”Mbarara ntabwo imufite, ntabwo ari i Ntungamo, Kampala nayo ntimufite, ndigukorana n’abankuriye bo muri UPDf kugira ngo turebe niba ari mu bindi bigo, abaye adahari nta kosa twaba dufite abaye ahari twasobanura impamvu ahari”.

Igipolisi cya Uganda kivuga ko iyo cyafashe umuntu gihita kibimenyesha umuryango w’ukorerwaho iperereza gusa umuryango we ukomeje guterwa impungenge z’uko hashize icyumweru nta rwego ruratangaza ko rubafitiye umuntu ndetse n’itangazamakuru rikaba ryahagurukiye iri shimutwa ry’abantu mu gihugu cya Uganda.

Umunyamakuru witwa Byaruhanga yagize ati”Umuryango wahise ubwira polisi ko wabuze umuntu muri Ntungamo none icyumweru kirashize nibwo polisi ivuze ko igiye gutangira gushaka, ubwo byaguha kizere ki ko azaboneka mu zindi nzego “.

Umuryango wa Johnson Nunu uvuga ko igisigaye ari ukugeza ikirego cyabo mu nkiko cyane ko umubyeyi wabo atigeze yinjira muri politiki.

Ibi bitangajwe nyuma yaho hari n’abanyarwanda baherukaga gufatwa n’inzego z’umutekano z’igihugu cya Uganda barimo Gatsinzi Fidele watawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi ubwo yari agiye gusura umwana we wiga yo.

2017-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo

Ubwanditsi 17 Jun 2018
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa
Mu Mahanga

Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!
ITOHOZA

Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru