• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Komiseri wa Polisi Munyambo yatangiye imirimo yo kuyobora Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo

Komiseri wa Polisi Munyambo yatangiye imirimo yo kuyobora Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Mu Rwanda

​Nyuma y’uko agizwe umuyobozi wa Polisi(D2) mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, yatangiye imirimo mishya yo kuyobora Polisi ya Loni muri iki gihugu kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Gashyantare. Yasimbuye kuri uwo mwanya Assistant Inspector General of Police Frederick Yiga wo mu gihugu cya Uganda nyuma yo kurangiza manda ye.

​Mu muhango w’ihererekanyabubasha, Yiga yashimiye abapolisi bose bari mu butumwa bamufashije mu gihe cya manda ye akomeza yifuriza ishya n’ihirwe ry’umusimbuye mu mirimo yashinzwe. CP Munyambo yavuze ko azakora ibishoboka byose kugira ngo abapolisi bari mu butumwa bakomeze buzuze neza inshingano zabo.

Yagize ati:”mu bunararibonye mfite mu byerekeranye n’ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye, ndahamya ntashidikanya ko nzatanga umusanzu wanjye nkongera indangagaciro nziza z’ubu butumwa. Ndasaba abapolisi bose gufatanya bagakorera hamwe twese tugaharanira kuzuza neza inshingano zacu.

​CP Munyambo yashyizweho n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye nyuma y’aho atanzwe ho umukandida na Leta y’u Rwanda.

CP Munyambo agiye muri iki gihugu asangayo abapolisi b’u Rwanda basanzwe mu butumwa bw’amahoro barimo ukuriye ibikorwa bya Polisi ya UNMISS, Commissioner of Police(CP) Emmanuel Butera na Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga ukuriye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (FPU).

Mu minsi iri imbere polisi y’u Rwanda izohereza irindi tsinda ry’abapolisi 70 muri ubu butumwa n’abandi 26 bazakora mu bijyanye n’ubujyanama (IPOs) bakazaba bujuje umubare w’abapolisi b’u Rwanda 30 bari muri Sudani y’Epfo bazakora mu bijyanye n’ubujyanama (IPOs).

​Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo baturuka mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda aho bafite inshingano zikomeye zijyanye no kugarura amahoro no kubungabunga umutekano.

Ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo burimo ibice bitatu; abasirikare,abapolisi n’abakora nk’abasivili.

-2334.jpg

By’umwihariko abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo bose hamwe ni 561 u Rwanda rukaba arirwo rufitemo umubare munini.Mbere y’uko ahabwa inshingano muri Sudani y’Epfo, CP Munyambo yari asanzwe afite ubunararibonye mu kazi ka gipolisi haba mu gihugu cyacu ndetse no hanze.

Yakoze imirimo myinshi itandukanye muri Polisi y’u Rwanda. Yabaye umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa bya polisi no gucunga umutekano w’abaturage,Yabaye kandi umuyobozi w’Ishuri rya polisi y’u Rwanda rya Gishali (PTS) ndetse anayobora ishami rishinzwe ibikoresho muri Polisi y’u Rwanda n’ibindi.

-2332.jpg

-2335.jpg

Afite kandi ubunararibonye mu bikorwa by’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye aho yakoze nk’umujyanama mu butumwa mu gihugu cya Liberia ndetse anayobora itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWFPU) mu gihugu cya Haiti (MINUSTAH).

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera kuri 900 bari mu butumwa butandatu bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye.

RNP

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyumweru cy’icyunamo  cyashojwe  hibukwa Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside

Icyumweru cy’icyunamo cyashojwe hibukwa Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Ubwanditsi 20 Aug 2016
AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe

AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe

RUSHYASHYA 07 Jul 2026
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Ubwanditsi 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Happy 27th Wedding Anniversary
Mu Mahanga

Happy 27th Wedding Anniversary

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Ubwanditsi 08 Oct 2025
Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti
Amakuru

Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti

RUSHYASHYA 08 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru