• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Ubwanditsi 31 Mar 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abashoramari bo muri Australia, bari mu ruzinduko bashakisha amahirwe yashorwamo imari mu Rwanda, kuva kuwa 27 kugeza kuri uyu wa Gatanu, tariki 31 Werurwe 2017.

Iri tsinda ry’abashoramari 20 bakora mu nzego z’ubucuruzi n’uburezi muri Australia, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa, bayobowe na General Major Michael Jeffery wayoboye Australia hagati ya 2003 – 2008.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, James Musoni, yabwiye itangazamakuru ko abo bashoramari bashimiye Perezida Kagame uko u Rwanda rumaze gutera imbere mu miyoborere n’ishoramari, bamwizeza ko nabo bagiye gushyiramo ishoramari ryabo.

-6215.jpg

Yagize ati “Harimo bamwe bagera kuri bane bamaze kwandikisha ibigo byabo hano, cyane cyane abashaka gukora mu rwego rw’amabuye y’agaciro, mu by’ubuvuzi, mu bijyanye no kubaka amazu aciriritse mu bikorwa remezo ndetse hari n’abashaka gukora mu buhinzi n’ubworozi.”

Hari gahunda zigiye gutangirirwaho

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ubuzima yasinyanye amasezerano n’ikigo gikomeye cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ns1ghter, gifasha muri serivisi z’ubuvuzi hifashishijwe ikoranabuhanga.

-6217.jpg

Minisitiri Musoni yagize ati “Kigiye gufatanya na Minisiteri y’ubuzima, bagakoresha ikoranabuhanga mu kunoza imitangire ya serivisi z’ubuvuzi, bakoresheje inzobere zo muri Amerika.”

Yavuze ko ishoramari ry’aba ba rwiyemezamirimo rizagenda rikorwa ku bufatanye n’inzego zinyuranye zo mu Rwanda, nko mu mushinga wo kubaka inzu ziciriritse i Busanza mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri Musoni yakomeje agira ati “Bazakorana na BRD (Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda) ihafite ubutaka. Bavuze ko bazazana ikoranabuhanga rihendutse, rinafasha kubaka amazu mu buryo bwihuse kugira ngo bateze imbere iyi gahunda turimo yo gushakira amazu aciriritse Abanyarwanda batandukanye.”

Muri iri tsinda rimaze icyumweru mu Rwanda harimo Steven Bevington wo mu muryango udaharanira inyungu, Community Housing Limited (CHL), utanga inzu ziciciritse z’abatishoboye. Ufite ubunararibonye muri iyo mishinga kuko wayifatanyijemo na guverinoma z’ibihugu nka Timor Leste, Chile, Papua New Guinea n’u Buhinde.

Umuyobozi uhagarariye inyungu z’u Rwanda i Melbourne muri Australia, Michael Roux, yabwiye itangazamakuru ko uru ruzinduko rubaye rwiza cyane kuko uretse ibigo by’ubucuruzi byandikishijwe mu Rwanda hari n’indi mishinga bashobora gukorana n’u Rwanda by’igihe kirekire.

Yagize ati “Twanabonye umwanya wo kubaka umubano ukomeye hagati ya kaminuza zo muri Australia na Kaminuza y’u Rwanda, harimo n’ibigo bine by’icyitegererezo biri mu Rwanda biterwa inkunga na Banki y’Isi.”

Umubano w’u Rwanda na Australia si uwa kera cyane kuko wongerewe imbaraga mu 2005. Ibi bihugu byombi bihagarariwe n’intumwa zidatuye aho zikorera, iy’u Rwanda iba muri Singapore naho iya Australia ikaba i Nairobi muri Kenya.

-6214.jpg

Perezida Paul Kagame asezera ku itsinda ry’abashoramari bo muri Australia

Source : IGIHE

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)
ITOHOZA

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu
POLITIKI

Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni
INKURU NYAMUKURU

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwanditsi 06 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru