• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Ubwanditsi 31 Mar 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abashoramari bo muri Australia, bari mu ruzinduko bashakisha amahirwe yashorwamo imari mu Rwanda, kuva kuwa 27 kugeza kuri uyu wa Gatanu, tariki 31 Werurwe 2017.

Iri tsinda ry’abashoramari 20 bakora mu nzego z’ubucuruzi n’uburezi muri Australia, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa, bayobowe na General Major Michael Jeffery wayoboye Australia hagati ya 2003 – 2008.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, James Musoni, yabwiye itangazamakuru ko abo bashoramari bashimiye Perezida Kagame uko u Rwanda rumaze gutera imbere mu miyoborere n’ishoramari, bamwizeza ko nabo bagiye gushyiramo ishoramari ryabo.

-6215.jpg

Yagize ati “Harimo bamwe bagera kuri bane bamaze kwandikisha ibigo byabo hano, cyane cyane abashaka gukora mu rwego rw’amabuye y’agaciro, mu by’ubuvuzi, mu bijyanye no kubaka amazu aciriritse mu bikorwa remezo ndetse hari n’abashaka gukora mu buhinzi n’ubworozi.”

Hari gahunda zigiye gutangirirwaho

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ubuzima yasinyanye amasezerano n’ikigo gikomeye cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ns1ghter, gifasha muri serivisi z’ubuvuzi hifashishijwe ikoranabuhanga.

-6217.jpg

Minisitiri Musoni yagize ati “Kigiye gufatanya na Minisiteri y’ubuzima, bagakoresha ikoranabuhanga mu kunoza imitangire ya serivisi z’ubuvuzi, bakoresheje inzobere zo muri Amerika.”

Yavuze ko ishoramari ry’aba ba rwiyemezamirimo rizagenda rikorwa ku bufatanye n’inzego zinyuranye zo mu Rwanda, nko mu mushinga wo kubaka inzu ziciriritse i Busanza mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri Musoni yakomeje agira ati “Bazakorana na BRD (Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda) ihafite ubutaka. Bavuze ko bazazana ikoranabuhanga rihendutse, rinafasha kubaka amazu mu buryo bwihuse kugira ngo bateze imbere iyi gahunda turimo yo gushakira amazu aciriritse Abanyarwanda batandukanye.”

Muri iri tsinda rimaze icyumweru mu Rwanda harimo Steven Bevington wo mu muryango udaharanira inyungu, Community Housing Limited (CHL), utanga inzu ziciciritse z’abatishoboye. Ufite ubunararibonye muri iyo mishinga kuko wayifatanyijemo na guverinoma z’ibihugu nka Timor Leste, Chile, Papua New Guinea n’u Buhinde.

Umuyobozi uhagarariye inyungu z’u Rwanda i Melbourne muri Australia, Michael Roux, yabwiye itangazamakuru ko uru ruzinduko rubaye rwiza cyane kuko uretse ibigo by’ubucuruzi byandikishijwe mu Rwanda hari n’indi mishinga bashobora gukorana n’u Rwanda by’igihe kirekire.

Yagize ati “Twanabonye umwanya wo kubaka umubano ukomeye hagati ya kaminuza zo muri Australia na Kaminuza y’u Rwanda, harimo n’ibigo bine by’icyitegererezo biri mu Rwanda biterwa inkunga na Banki y’Isi.”

Umubano w’u Rwanda na Australia si uwa kera cyane kuko wongerewe imbaraga mu 2005. Ibi bihugu byombi bihagarariwe n’intumwa zidatuye aho zikorera, iy’u Rwanda iba muri Singapore naho iya Australia ikaba i Nairobi muri Kenya.

-6214.jpg

Perezida Paul Kagame asezera ku itsinda ry’abashoramari bo muri Australia

Source : IGIHE

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dosiye y’Umunyamakuru Robert Mugabe yashyikirijwe ubushinjacyaha

Dosiye y’Umunyamakuru Robert Mugabe yashyikirijwe ubushinjacyaha

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda
ITOHOZA

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018
U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera  Kayumba Nyamwasa kurusha rwo
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera Kayumba Nyamwasa kurusha rwo

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe
POLITIKI

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru