• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Ubwanditsi 20 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Perezida wa Guinea akaba n’uw’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, Alpha Condé, yashimiye mugenzi we Paul Kagame ku bw’umwanzuro u Rwanda rwafashe rwo gukuriraho igihugu cye viza.

Ku wa Kane tariki ya 16 Ugushyingo 2017, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, cyatangaje ko Guinea iri mu bihugu 10 bifite abaturage bazajya bahabwa viza y’iminsi 90 ku buntu.

Condé abinyujije kuri Twitter, yashimye uyu mwanzuro anashima umurava Perezida Kagame ashyira mu korohereza urujya n’uruza rw’abantu ku mugabane wa Afurika no ku Isi.

Yagize ati “Kuva ku ya mbere 2018 abaturutse muri Guinea ntibazongera gusabwa viza yo kwinjira mu Rwanda. Korohereza urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu ni iby’agaciro kanini ku mugabane wa Afurika. ‘Urakoze Paul Kagame.”

Muri Werurwe 2016, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Guinea. Icyo gihe Condé yavuze ko yaba we ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bazi neza ko u Rwanda ruyobowe neza kurusha uko igihugu cye kiyobowe bityo ko bashaka kwigira ku Rwanda ngo iterambere risakare muri Guinea bihereye mu miyoborere inoze.

Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano arimo n’ayemerera icyo gihugu kwigira ku Rwanda uko cyateza imbere ubwikorezi bwo mu kirere.

Yakurikiwe n’andi yashyizweho umukono muri Gicurasi 2016 arimo ay’ubufatanye mu miyoborere no kwegereza ubuyobozi abaturage mu bihugu byombi, ubufatanye muri siyansi, ikoranabuhanga n’amashuri makuru na za kaminuza, ubuhinzi, umurimo n’abakozi ba leta ndetse n’ay’ikoranabuhanga mu isakazamakuru n’itumanaho (ICT).

Mu 2018, u Rwanda nirwo ruzaba ruyoboye Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, mu gihe Perezida Alpha Condé ari we Mukuru w’Igihugu uwuyoboye muri iki gihe.

Abandi baturage bemerewe kuza mu Rwanda badasabwe viza mu gihe cy’iminsi 90 ni abo muri Benin, Centrafrique, Tchad, Ghana, Guinea, Indonesia, Haiti, Senegal, Seychelles na Sao Tome et Principe

Gusa Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, cyatangaje ko guhera mu mwaka utaha wa 2018, abagenzi baturutse mu bihugu byose byo ku isi, bazajya bahabwa viza y’iminsi 30 bageze aho binjirira mu Rwanda bitagombye kubanza kuyisaba nkuko byari bisanzwe ku bihugu bimwe na bimwe.

2017-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Ubuhamya: Nyamuneka bakobwa muritonde!irebere ubuhamya bw’ibyo uyu mukobwa w’umunyarwandakazi yahuye nabyo

Ubuhamya: Nyamuneka bakobwa muritonde!irebere ubuhamya bw’ibyo uyu mukobwa w’umunyarwandakazi yahuye nabyo

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 09 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Ubwanditsi 22 May 2019
Uganda: Urukiko muri Amerika rwahamije icyaha ushinjwa guha ruswa minisitiri Sam Kutesa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Urukiko muri Amerika rwahamije icyaha ushinjwa guha ruswa minisitiri Sam Kutesa

Ubwanditsi 06 Dec 2018
88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza
Mu Mahanga

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Ubwanditsi 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru