• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Ubwanditsi 26 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva kuri uyu wa mbere, tariki 25 Ukwakira 2021 , Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès aragirira uruzinduko rw’iminsi 3 mu Rwanda. Ni uruzinduko ruri mu rwego rwo gutegura inama izahuza Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’ Uburayi, iyo nama ikaba iteganyijwe i Buruseli mu Bubiligi muri Gashyantare umwaka utaha wa 2022

Mu ruzinduko rwe mu Rwanda, biteganyijwe ko uyu mugore ukunze kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda, azabonana n’ abayobozi bakuru b’u Rwanda, barimo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Ni umwanya mwiza rero wo kwibutsa Sophie Wlimès ko u Rwanda rwabonye ubwigenge, rukaba rutakiri indagizo y’Ububiligi nk’uko uwo mugore n’abandi nkawe babyibeshya.

Kuba aje mu Rwanda kumva ibitekerezo by’abayobozi barwo mu kwitegura inama izavugirwamo imibanire ya Afrika n’Uburayi, ni ikimenyetso cy’uko Ububiligi by’umwihariko, n’ Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’ Uburayi muri rusange, bazi neza agaciro u Rwanda ruhabwa mu ruhando mpuzamahanga.

Byagombye kubabera isomo rero, bakareka gukomeza gufata u Rwanda nk’ intara y’Ububiligi ihabwa amabwiriza y’uko ibaho, nk’uko Sophie Welmès yabyibeshye mu bihe binyuranye.

Ubwo Paul Rusesabagina yafatwaga akurikiranyweho ibikorwa by’iterabwoba, uyu Sophie Wilmès ni umwe mu batoteje u Rwanda, bigera n’aho yivanga mu butabera bwarwo, ashaka ko umwanzuro uzaba uko abyifuza.

Yihutiye kwakira umugore wa Rusesabagina n’umukobwa we ndetse abizeza “gukora ibishoboka byose” Rusesabagina akarekurwa. Ibi abantu benshi babibonyemo kudaha agaciro inzirakarengane FLN ya Rusesabagina yambuye ubuzima, abo yamugaje n’abo yangirije imitungo.

Abasesenguzi bibajije niba Ministiri w’Ububiligi ashobora kwakira umuryango wa Oussama Bin Laden cyangwa undi muyobozi wa Al Qaeda, Aqmi, Boko Haram n’indi mitwe y’iterabwoba. Babibonyemo irondaruhu, kuko iterabwoba ryitwa rityo iyo rikorewe gusa abo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi

Aho Rusesabagina ahamiwe n’ibyaha birimo kuba mu mutwe w’iterabwoba ndetse agahanishwa igifungo cy’imyaka 25, Sophie Wilmès yavugije induru yemeza ko inkoramutima ye itahawe ubutabera bunoze, ndetse avuga ko azakomeza kuba hafi ya Rusesabagina kugeza afunguwe.

Ntimumbaze imbaraga azakoresha kugirango umwicanyi kabuhariwe arekurwe atarangije igihano. Igitangaje kandi ni uko bimwe mu bimenyetso byahamije Rusesabagina ibyaha, harimo n’ibyatanzwe n’Ububiligi. Ngabo abatwigisha iby’uburenganzira bwa muntu, nyamara badashobora kureka ngo amategeko yubahirizwe.

Iyi myitwarire ya bamwe mu bategetsi b’Ububiligi, barimo n’uyu Sophie Wilmès yabaye nko gutoneka igisebe. Yatumye Abanyarwanda bibuka ko intandaro y’ibibazo byashegeshe u Rwanda, ari amacakubiri yabibwe n’Ububiligi . Iyo aza kuba intwari, Sophie Wilmès yari kuva mu Rwanda asabye imbabazi ku myitwarire y’Ububiligi muri rusange, no ku myitwarire ye bwite muri iyi minsi ishize ku bijyanye n’u Rwanda.

Uruzinduko rwa Sophie Wilmès mu Rwanda rukwiye kumubera umwanya wo kwirebera aho bageze basana Igihugu cyabo, harimo no kongera kubaka ubumwe bwashenywe n’Ababiligi. Azave mu Rwanda amenye ko Abanyarwanda bafite agaciro, ko batakiri ba”NDIYO BWANA” bamira bunguri ibyo babwirwa byose nk’uko byahoze.

Byaba byiza kandi atashye amenye ko gushyigikira abagizi ba nabi nka Rusesabagina ntacyo bizageraho, kuko Abanyarwanda bakomeye ku mutekano wabo, nk’uko Ababiligi bakomeye ku wabo.

2021-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Ubwanditsi 05 May 2016
Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League

Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 21 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe
Mu Rwanda

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira
IMIKINO

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya
ITOHOZA

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru