• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Ubwanditsi 31 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki kugirango Abanyarwanda baba mu Rwanda no mu mahanga bihitiremo Umukuru w’Igihu uzakomezanya nabo mu myaka irindwi ir’imbere, nkuko kandi abasaga Miliyoni eshatu n’igice babisabye Perezida Paul Kagame ko yakwemera agakomezanya nabo, nawe akabemerera ari nayo mpamvu amaze kuzenguruka uturere 26, aganira nabo, abibutsa ko aribo babyisabiye ko ayo mahitamo yabo batagomba kuyapfusha ubusa, tariki 4/8, bagahitamo neza batora Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Nyuma y’Intara y’Uburengerazuba, Paul Kagame yiyamarije mu cyumweru gishize aho yari mu Karere ka Rubavu, Rutsiro, Karongi, Rusizi na Nyamasheke, ubu noneho kuri uyu wa mbere tariki ya 31 Nyakanga, Umukandida wa FPR-Inkotanyi yerekeje mu Karere ka Burere na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mu murenge wa Rusarabuye mu kagari ka Ndago muri Stade y’Akarere ka Burera, imbaga y’abanyamuryango ba FPR, baturutse mu mirenge itandukanye igize akarere ka Burera, bazindutse kare cyane kuko twahageze muma saa yine, abo baturage batubwiye ko bo bahageze nka saa kumi nimwe za mugitondo.

Akarere ka Burera ni kamwe mu turere two mu Ntara y’Amajyaruguru dukungahaye cyane ku gihingwa cy’ibirayi n’ibigori, kuburyo umuturage yihaza akabasha no gusagurira amasoko.

Burera ni Akarere kagizwe n’imirenge 17, gafite ubuso bungana na kilometero kare 644.5; gatuwe n’abaturage 336 582. Mu byagezweho muri aka Karere mu myaka irindwi ishize ya manda ya Paul Kagame, inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka ziyongereyeho 24.6%, aho zavuye kuri 2 695 mu 2010 zigera ku 10 958 muri uyu mwaka.

Mu bijyanye n’ubuzima aka karere gafite igipimo kirenze impuzandengo y’igihugu ya 86%, aho mu bijyanye n’ubwisungane bwo kwivuza abaturage bagera kuri 98% bafite mituweli.

Burera kandi iri hejuru y’impuzandengo y’igihugu ingana na 84.8% mu bijyanye n’umubare w’abagerwaho n’amazi meza aho abaturage bangana na 85.3% bayafite.

Mu gihe imyiteguro yo kwakira Umukandida Paul Kagame, irimbanije morali niyose abanyamuryango baravuga imyato FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ndetse ari nako bataka akarere kabo ka Burera karimo ibiga bya Burera na Ruhondo bitanga ingufu z’ama
shanyarazi acanira umujyi wa Kigali n’utundi duce tw’igihugu.

Muri Burera Kagame yavuze ko “Ntantambara yatera ubwoba”

Ati:“Aha muri Burera n’utu duce twose duhanye imbibi, nkuko Gatabazi yabivuze, twarahabaye, twaraharwaniye, twarahatsindiye ubu turimo kuhubaka turashaka gutera imbere byose, birashoboka, byarashobotse bizashoboka, kubera mwebwe. Kubera ubufatanye, twese dufatanyije. Ubufatanye, gukora politiki nziza nta mpamvu Burera, u Rwanda tutazatera imbere.

Abafatanyije, abagendera hamwe, bagera kure. Turashaka kugera kure rero. Kure mu majyambere yacu kandi buri wese iyo agize uruhare rwe tugafatanya nyine biranihuta. Sibyo.

Ubufatanye ntabwo ari ubwo hagati yacu gusa mu Banyaburera cyangwa muri FPR ni ubufatanye bw’igihugu cyose. Gukorera hamwe, ubumwe, nimujya kureba neza muri iki gihe turimo cy’amatora, FPR muri benshi , muragwiriye hose ariko harimo n’ubufatanye n’indi mitwe ya Politiki.”

-7426.jpg

-7428.jpg

-7429.jpg

-7430.jpg

2017-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Gasogi United yatewe mpaga na Rayon  inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

RUSHYASHYA 22 Mar 2026
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera
UBUKUNGU

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 10 Dec 2019
Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo
Amakuru

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe
IMIKINO

Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Ubwanditsi 04 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru