• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Ubwanditsi 31 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki kugirango Abanyarwanda baba mu Rwanda no mu mahanga bihitiremo Umukuru w’Igihu uzakomezanya nabo mu myaka irindwi ir’imbere, nkuko kandi abasaga Miliyoni eshatu n’igice babisabye Perezida Paul Kagame ko yakwemera agakomezanya nabo, nawe akabemerera ari nayo mpamvu amaze kuzenguruka uturere 26, aganira nabo, abibutsa ko aribo babyisabiye ko ayo mahitamo yabo batagomba kuyapfusha ubusa, tariki 4/8, bagahitamo neza batora Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Nyuma y’Intara y’Uburengerazuba, Paul Kagame yiyamarije mu cyumweru gishize aho yari mu Karere ka Rubavu, Rutsiro, Karongi, Rusizi na Nyamasheke, ubu noneho kuri uyu wa mbere tariki ya 31 Nyakanga, Umukandida wa FPR-Inkotanyi yerekeje mu Karere ka Burere na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mu murenge wa Rusarabuye mu kagari ka Ndago muri Stade y’Akarere ka Burera, imbaga y’abanyamuryango ba FPR, baturutse mu mirenge itandukanye igize akarere ka Burera, bazindutse kare cyane kuko twahageze muma saa yine, abo baturage batubwiye ko bo bahageze nka saa kumi nimwe za mugitondo.

Akarere ka Burera ni kamwe mu turere two mu Ntara y’Amajyaruguru dukungahaye cyane ku gihingwa cy’ibirayi n’ibigori, kuburyo umuturage yihaza akabasha no gusagurira amasoko.

Burera ni Akarere kagizwe n’imirenge 17, gafite ubuso bungana na kilometero kare 644.5; gatuwe n’abaturage 336 582. Mu byagezweho muri aka Karere mu myaka irindwi ishize ya manda ya Paul Kagame, inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka ziyongereyeho 24.6%, aho zavuye kuri 2 695 mu 2010 zigera ku 10 958 muri uyu mwaka.

Mu bijyanye n’ubuzima aka karere gafite igipimo kirenze impuzandengo y’igihugu ya 86%, aho mu bijyanye n’ubwisungane bwo kwivuza abaturage bagera kuri 98% bafite mituweli.

Burera kandi iri hejuru y’impuzandengo y’igihugu ingana na 84.8% mu bijyanye n’umubare w’abagerwaho n’amazi meza aho abaturage bangana na 85.3% bayafite.

Mu gihe imyiteguro yo kwakira Umukandida Paul Kagame, irimbanije morali niyose abanyamuryango baravuga imyato FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ndetse ari nako bataka akarere kabo ka Burera karimo ibiga bya Burera na Ruhondo bitanga ingufu z’ama
shanyarazi acanira umujyi wa Kigali n’utundi duce tw’igihugu.

Muri Burera Kagame yavuze ko “Ntantambara yatera ubwoba”

Ati:“Aha muri Burera n’utu duce twose duhanye imbibi, nkuko Gatabazi yabivuze, twarahabaye, twaraharwaniye, twarahatsindiye ubu turimo kuhubaka turashaka gutera imbere byose, birashoboka, byarashobotse bizashoboka, kubera mwebwe. Kubera ubufatanye, twese dufatanyije. Ubufatanye, gukora politiki nziza nta mpamvu Burera, u Rwanda tutazatera imbere.

Abafatanyije, abagendera hamwe, bagera kure. Turashaka kugera kure rero. Kure mu majyambere yacu kandi buri wese iyo agize uruhare rwe tugafatanya nyine biranihuta. Sibyo.

Ubufatanye ntabwo ari ubwo hagati yacu gusa mu Banyaburera cyangwa muri FPR ni ubufatanye bw’igihugu cyose. Gukorera hamwe, ubumwe, nimujya kureba neza muri iki gihe turimo cy’amatora, FPR muri benshi , muragwiriye hose ariko harimo n’ubufatanye n’indi mitwe ya Politiki.”

-7426.jpg

-7428.jpg

-7429.jpg

-7430.jpg

2017-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubwanditsi 14 Apr 2017
BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho
POLITIKI

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Ubwanditsi 05 Sep 2021
Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi
Mu Rwanda

Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 08 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru