• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ubwo izahoze ari ingabo z’uRwanda, FAR, zatsindwaga, uyu Innocent Sagahutu yari afite ipeti rya captain. Yari icyegera cy’ukuriye itsinda ry’abasirikari bashaka amakuru yo ku rugamba (bataillon de reconnaissance).

Ubundi Sagahutu akomoka mu yahoze ari Komini Gisuma(Cyangugu), ariko urwango yari afitiye ubwoko bw’Abatutsi n’Abahutu bakomoka mu Nduga, rwamugize umutoni ku bikomerezwa byo mu kazu, bikomoka za Gisenyi na Ruhengeri

Ubu Captain Sagahutu ntagira isoni zo kwitwa” general” Sagahutu, azi neza ko nta rwego ruzwi rwamuzamuye mu ntera, uretse wa musazi Nahimana Thomas wikirigita agaseka ngo ni”perezida” wa guverinoma yo mu buhungiro.

Ibyo nta n’icyo bivuze ariko, kuko Sagahutu w’imyaka 62, yaba captain, yaba general, ntacyo byombi bimumariye, kuko bitamujije kuba yangara nka Gahini amaze kwica umuvandimwe we, Abeli.

Igisirikari cy’abajenosidri kimaze gutsindwa, Innocent Sagahutu yahungiye muri Zayire y’icyo gihe, Kenya na Swaziland( ubu ni Eswatini).

Mu kiganiro yagiranye kuri YouTube n’umurwayi wo mu mutwe, Flora Karenzi, nawe wiyita”minisitiri” muri leta ya Nahimana, Sagahutu yahishuye ko yaje kugera muri Danmark akoresheje impapuro z’impimbano (ubwe yise fake papers), ngo yacurishije muri Kenya.

Muri Danmark yabaye mu mujyi wa Skjern kuva mu mwaka w’ 1998 kugeza muw’2000, ubwo yatabwaga muri yombi, akajyanwa Arusha muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, ICTR, akurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ku rutonde rw’ibyaha 11 yarezwe, harimo ubufatanye mu gutoza Interahamwe
no kuziha intwaro, gutegeka abasirikari be kwica abatutsi n’abandi batavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana , barimo Minisitiri w’Intebe Agatha Uwiringiyimana n’abasirikari 10 b’Abababiligi bamurindaga.

Hari kandi kuba, mu gitondo cyo kuwa 07 Mata 1994, Sagahutu ubwe yarishe Joseph Kavaruganda wari Perezida w’Urukiko Rurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga, amuziza kuba uwo musaza yaragiye arwanya ibyemezo bya Perezida Habyarimana, byabaga bibangamiye amasezerano y’amahoro y’Aruaha.

Ibi byaha byaramuhamye ndetse urukiko rw’ubujurire rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15, ijya kungana n’iyo yari amaze muri gereza, maze muw’2014 Cpt Sagahutu ararekurwa.

Muri ayo mateshwa ye na Flora Karenzi, Sagahutu yishongora avuga ko umusirikari ufite ipeti rya Captain ariwe wishe “umugambanyi” Kavaruganda. Ati:”Uwo mu captain [yanze kwerura ko ariwe wivuga] yambwiye ko mbere yo kwica Kavaruganda yamushinyaguriye cyane. Yamushoreye acyambaye imyenda yo kurarana, amubwira ngo naze ajye kurahiza Perezida mushya. Uwo musirikari yamwicanye umujinya nk’uwica umugambanyi koko”.

Kuba Capt Sagahutu yarakatiwe imyaka mike cyane ugereranyije n’ibyaha byamuhamye, nabyo bifite impamvu we ubwe yahishuye. Uretse kuba umucamanza Theodor Meron wo mu bujurire yari abogamiye bigaragara ku bajenosideri, no mu rwa mbere rw’iremezo hari abacamanza birengagije uburemere bw’ibyaha bya Sagahutu. Muri bo hari Juji Mehmet Güney wakomokaga muri Turkiya, kuva yakwakira idosiye ya Sagahutu akaba ngo yarakomeje kumwita “umwere” nk’uko Sagahutu abyivugira.

Sagahutu kandi avuga ko nubwo yageze muri Danmark mu manyanga, ariko ngo icyo gihugu kitamukuyeho amaboko, ahubwo cyakomeje fukurikiranira hafi urubanza rwe n’uko yafungurwa.
Ati:” Danmark yakomeje kumba hafi cyane, kandi byaramfashije. N’ikimenyimenyi buri cyumweru uhagarariye Danmark i Arusha yaransuraga, ndetse buri mwaka Danmark ikohereza abanyamakuru kumbaza uko urubanza rwanjye rwifashe”. Ubu buhamya bwa nyirubwite busobanuye neza uruhare Danmark yagize mu mikirize y’urubanza rwe.

Kuva muw’2014 afungurwa, kugeza muw’2021, kimwe n’abandi bajenosideri benshi, Sagahutu yabaga Arusha mu nzu yishyurwa na ICTR, kuko uretse uRwanda nk’igihugu kavukire, nta kindi gihugu na kimwe cyifuzaha kwigerekaho umutwaro wo gucumbikira abagome bo ku rwego rw’abajenosideri.

Byaje kugera aho Tanzaniya nayo isaba ko bayivira ku butaka, cyane cyane muri Werurwe 2017, ubwo inzego z’umutekano z’icyo gihugu zafataga Sagahutu agerageza kwinjira rwihishwa mu Burundi, aho yagombaga kuva ajya mu burasirazuba bwa Kongo kwifatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ibyo byatumye ICTR itangira kugira impungenge ku myitwarire y’abo Banyarwanda 8, igirana amasezerano na Niger yemeye ubakira, barimo na Capt Sagahutu.

Bakigera i Niamey muri Niger, abaturage bamenye ko bagiye guturana n’ abicanyi kabuhariwe, maze igitutu cyabo gituma Leta ya Niger yisubiraho, nayo isaba ko abo ba ruharwa bashakirwa ahandi bajya gutuzwa. Kugeza magingo aya isi yose yanze kubakira, birirwa bangara mu gihugu cy’abandi kitabifuza na gato ku butaka bwacyo.

Nta mupfu winukira koko. Nubwo babunza akarago, n’ubu abo bicanyi birirwa ku maradiyo n’imiyoboro y’ibigarasha n’abajenosideri, baririmba umugambi wo kugirira nabi uRwanda, ngo barakora politiki yewe! Sagahutu udashinga arashaka kubyina!

Innocent Sagahutu kandi yihinduye umuyisilamu by’ubutekamutwe. Asobanura ko ubwo yari muri Kenya muw’1998, aribwo yahinduye idini, abigiriwemo inama n’umujenosideri mugenzi we, Ngeze Hassan, kugirango bimworohere kubona imfashanyo y’ibiryo yatangwaga n’abayisiramu b’aho muri Kenya.

Burya amaraso arasama koko. Uretse kuba Sagahutu abayeho nk’utagira gakondo, n ‘umuryango we wamukuyeho amaboko. Yivugira ko umugore n’abana be 2 abaheruka kera cyane. Urugero atanga ni uw’umuhungu we w’imfura uba muri Danmark, ngo aheruka mu mwaka wa 2005.

Ubu uwo musore w’imyaka 32 akora akazi kamuhemba neza, k’itangazamakuru no gukina amafilimi, ku buryo atabuze ubushobozi bwo gusura se muri Niger. Ababana nawe baduhishuriye ko uko agenda akura, ari nako arushaho kumenya ukuri, ku buryo bigaragara ko yitandukanyije n’umubyeyi we w’inkoramaraso.

Nguwo Innocent Sagahutu wataye umutwe, ariko ngo akaba akiyumvamo imbaraga zo kugarura abajenosideri ku butegetsi mu Rwanda. Umushonji arota arya!

2024-07-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gushaka ibyuma bishaje bikwiriye gukorwa n’abantu bakuru– Polisi y’u Rwanda

Gushaka ibyuma bishaje bikwiriye gukorwa n’abantu bakuru– Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Ubwanditsi 25 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze
Mu Rwanda

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’
UBUKUNGU

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 05 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru