• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2017 ni bwo Bishop Rugagi Innocent uyobora itorero Redeemed Gospel church yagarutse mu Rwanda avuye i Burayi atangaza ko ahakuye izindi mbaraga.

-8435.jpg

Ahagana isaa tanu n’iminota 34 z’ijoro ni bwo Bishop Rugagi Innocent yageze i Kanombe ku kibuga cy’indege, gusa akihagera abakristo be bari bagiye kumwakira ntabwo bahise bamubona dore ko bakomeje kumutegereza ko aza mu gihe we yari yahageze kare, nyuma y’iminota nk’itanu bakaza kumubona ahagaze iruhande rw’imodoka yagombaga kumugeza mu rugo, bagaherako bamusanganira bakamusuhuzanya urukumbuzi rwinshi.

-8436.jpg

Bishop Rugagi Innocent yabwiye abanyamakuru ko ashima Imana kuba ageze mu Rwanda amahoro. Yashimiye Imana yabanye nawe mu rugendo rw’ivugabutumwa amazemo iminsi ku mugabane w’uburayi aho yabashije kujya mu bihugu bitandukanye birimo u Bubiligi, u Busuwisi n’u Bufaransa.

Mu giterane yakoreye mu Bubiligi ari naho yahereye ngo hari hateraniye abaturutse mu bihugu bigera kuri bine aho abantu bagendaga ibirometero 300 bari mu modoka banyotewe no kumva amagambo y’Imana anyura muri Rugagi. Yavuze ko ari ubwa mbere azengurutse uyu mugabane yamamaza Yesu, gusa ngo si ubwa nyuma kuko iyi nshuro ibaye urufunguzo rugiye gutuma habaho ubumwe ku banyarwanda n’abatuye i Burayi. Yagize ati:

Bari bafite inyota nyinshi kubona umuntu agenda ibirometero 300 yitwaye mu modoka,Imana yarabivuze irabisohoza. Iyi tour ni yo ya mbere nkoze, gusa ni rwo rufunguzo rugiye gutuma habaho connection ikomeye cyane ku batuye muri Europe n’abatuye mu Rwanda ni itangiriro ryiza kandi ryagaragaje isura nini cyane ikomeye.

Bishop Rugagi avuga ko akuye izindi mbaraga i burayi

Bishop Rugagi Innocent uzwiho gukora ibitangaza aho asengera abantu barwaye indwara zitandukanye, bamwe muri bo bagatanga ubuhamya bagahamya ko bakize, yatangaje ko akuye izindi mbaraga i burayi na cyane ko yasanze abanyaburayi bafite inyota nyinshi y’ijambo ry’Imana. Kugaruka kwe mu Rwanda ngo bigiye gutuma arushaho kwegera Imana no kuyinginga cyane. Yagize ati:

Nagarutse amahoro, kugenda ni ukwiga, kandi iyo ugeze ahantu hari ibyo ukurayo kandi hari uko winjira mu zindi mbaraga bitewe n’inyota wasanze abantu bafite, ni ukuvuga ngo kugaruka kwanjye bigiye gutuma nongera gusenga kugira ngo inyota abatuye i burayi bafite babone ko turi kumwe kandi nabo babone ibisubizo by’amasengesho tubasengera ndetse n’ibyo dukora byose babiboneremo umuti ni cyo nifuza.

Yahawe impano y’imodoka izahabwa abakozi ba TV7.

Ku munsi wa kabiri w’ivugabutumwa yakoreye iburayi, Bishop Rugagi yahawe impano y’imodoka na Bishop David wari wamutumiye i Bruxelles, amubwira ko nubwo afite izindi modoka nyinshi ariko ko yakwakira iyo mpano kabone nubwo yayiha abakozi ba Tv7 bakajya bayikoresha mu ivugabutumwa. Yagize ati: “Nahawe imodoka (Benze Classic C220) ku munsi wanjye wa kabiri, nayihawe n’umushumba w’itorero ryari ryantumiye nyuma yo gufashwa cyane.“ Bishop Rugagi yavuze ko mu gihe cya vuba iyo modoka izaba yageze mu Rwanda ndetse ngo bitarenze ukwezi kwa 11 izaba yahageze.

-8437.jpg

Iyi modoka ni yo Bishop Rugagi yahawe nk’impano

Bishop Rugagi avuga ko yahagurukije abafite ubumuga bw’ingingo

Mu minsi amaze i Burayi, Bishop Rugagi avuga ko Imana yamukoresheje ibitangaza, agasengera abantu bagakira indwara zitandukanye. Yavuze ko hari uwo yasengeye wari ufite ubumuga bw’ingingo atabasha kugenda, hanyuma agakira agata imbago. Si ibi gusa ahubwo ngo hari benshi bahembutse mu buryo bw’Umwuka. Kubera uburyo wabonaga asa nk’unaniwe, ntihabonetse umwanya uhagije wo kumubaza ibibazo byinshi.

-8438.jpg

Bishop Rugagi hamwe na bamwe mu bagiye kumwakira

-8438.jpg

Bishop Rugagi hamwe na Pastor Mathias (hagati)

-8439.jpg
Bishop Rugagi aganira n’abanyamakuru

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa  Mukayisenga

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo

Ubwanditsi 17 Sep 2017

Ethan Venon wambaye umwenda w’umuhondo muri Tour du Rwanda23 ayoboye aberekeje i Musanze bavuye i Huye

Ubwanditsi 21 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru