• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2017 ni bwo Bishop Rugagi Innocent uyobora itorero Redeemed Gospel church yagarutse mu Rwanda avuye i Burayi atangaza ko ahakuye izindi mbaraga.

-8435.jpg

Ahagana isaa tanu n’iminota 34 z’ijoro ni bwo Bishop Rugagi Innocent yageze i Kanombe ku kibuga cy’indege, gusa akihagera abakristo be bari bagiye kumwakira ntabwo bahise bamubona dore ko bakomeje kumutegereza ko aza mu gihe we yari yahageze kare, nyuma y’iminota nk’itanu bakaza kumubona ahagaze iruhande rw’imodoka yagombaga kumugeza mu rugo, bagaherako bamusanganira bakamusuhuzanya urukumbuzi rwinshi.

-8436.jpg

Bishop Rugagi Innocent yabwiye abanyamakuru ko ashima Imana kuba ageze mu Rwanda amahoro. Yashimiye Imana yabanye nawe mu rugendo rw’ivugabutumwa amazemo iminsi ku mugabane w’uburayi aho yabashije kujya mu bihugu bitandukanye birimo u Bubiligi, u Busuwisi n’u Bufaransa.

Mu giterane yakoreye mu Bubiligi ari naho yahereye ngo hari hateraniye abaturutse mu bihugu bigera kuri bine aho abantu bagendaga ibirometero 300 bari mu modoka banyotewe no kumva amagambo y’Imana anyura muri Rugagi. Yavuze ko ari ubwa mbere azengurutse uyu mugabane yamamaza Yesu, gusa ngo si ubwa nyuma kuko iyi nshuro ibaye urufunguzo rugiye gutuma habaho ubumwe ku banyarwanda n’abatuye i Burayi. Yagize ati:

Bari bafite inyota nyinshi kubona umuntu agenda ibirometero 300 yitwaye mu modoka,Imana yarabivuze irabisohoza. Iyi tour ni yo ya mbere nkoze, gusa ni rwo rufunguzo rugiye gutuma habaho connection ikomeye cyane ku batuye muri Europe n’abatuye mu Rwanda ni itangiriro ryiza kandi ryagaragaje isura nini cyane ikomeye.

Bishop Rugagi avuga ko akuye izindi mbaraga i burayi

Bishop Rugagi Innocent uzwiho gukora ibitangaza aho asengera abantu barwaye indwara zitandukanye, bamwe muri bo bagatanga ubuhamya bagahamya ko bakize, yatangaje ko akuye izindi mbaraga i burayi na cyane ko yasanze abanyaburayi bafite inyota nyinshi y’ijambo ry’Imana. Kugaruka kwe mu Rwanda ngo bigiye gutuma arushaho kwegera Imana no kuyinginga cyane. Yagize ati:

Nagarutse amahoro, kugenda ni ukwiga, kandi iyo ugeze ahantu hari ibyo ukurayo kandi hari uko winjira mu zindi mbaraga bitewe n’inyota wasanze abantu bafite, ni ukuvuga ngo kugaruka kwanjye bigiye gutuma nongera gusenga kugira ngo inyota abatuye i burayi bafite babone ko turi kumwe kandi nabo babone ibisubizo by’amasengesho tubasengera ndetse n’ibyo dukora byose babiboneremo umuti ni cyo nifuza.

Yahawe impano y’imodoka izahabwa abakozi ba TV7.

Ku munsi wa kabiri w’ivugabutumwa yakoreye iburayi, Bishop Rugagi yahawe impano y’imodoka na Bishop David wari wamutumiye i Bruxelles, amubwira ko nubwo afite izindi modoka nyinshi ariko ko yakwakira iyo mpano kabone nubwo yayiha abakozi ba Tv7 bakajya bayikoresha mu ivugabutumwa. Yagize ati: “Nahawe imodoka (Benze Classic C220) ku munsi wanjye wa kabiri, nayihawe n’umushumba w’itorero ryari ryantumiye nyuma yo gufashwa cyane.“ Bishop Rugagi yavuze ko mu gihe cya vuba iyo modoka izaba yageze mu Rwanda ndetse ngo bitarenze ukwezi kwa 11 izaba yahageze.

-8437.jpg

Iyi modoka ni yo Bishop Rugagi yahawe nk’impano

Bishop Rugagi avuga ko yahagurukije abafite ubumuga bw’ingingo

Mu minsi amaze i Burayi, Bishop Rugagi avuga ko Imana yamukoresheje ibitangaza, agasengera abantu bagakira indwara zitandukanye. Yavuze ko hari uwo yasengeye wari ufite ubumuga bw’ingingo atabasha kugenda, hanyuma agakira agata imbago. Si ibi gusa ahubwo ngo hari benshi bahembutse mu buryo bw’Umwuka. Kubera uburyo wabonaga asa nk’unaniwe, ntihabonetse umwanya uhagije wo kumubaza ibibazo byinshi.

-8438.jpg

Bishop Rugagi hamwe na bamwe mu bagiye kumwakira

-8438.jpg

Bishop Rugagi hamwe na Pastor Mathias (hagati)

-8439.jpg
Bishop Rugagi aganira n’abanyamakuru

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022
BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni
INKURU NYAMUKURU

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka
Mu Mahanga

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Ubwanditsi 26 Feb 2016
CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende
Amakuru

CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

Ubwanditsi 07 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru