• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016 UBUKUNGU

Nta gushidinya ko u Rwanda rwahindutse neza kandi ubudasubira inyuma,keretse abazi ko bafite amaso arebera mu gutsimbarara ndetse ni umutima wo kwanga u Rwanda hamwe ni ishyari ryabimbitse kubera uburyo u Rwanda ruva mu bwiza rwinjira mu bundi kandi barara badasinziriye barutega imitego myinshi yo gusebya urwababyaye mu mahanga,ariko abana benshi b’u Rwanda benshi bareba neza bazi neza aho u Rwanda rugeze ubu ngubu nyuma y;imyaka 22 gusa nyuma ya Genocide yakorewa abatutsi ntibahwema kubanyomoza no kwerekana ukuri nyako ku Rwanda.

-2793.jpg

Umugi wa Kigali

Ubu u Rwanda rwakiriye inama ya 26 y’isi y’ubukungu ku mugabane w’Afurika mu murwa mukuru wa Kigali kuva taliki ya 11 kugera ku ya 13 Gicurasi,isanganyamatsiko iragira iti : Guhuza ubukungu kamere bwa Afurika binyuze mihindukire y’ikoranabuhanga (Connecting Africa’s Resources through Digital Transformation.

Iyi nama kandi isozwa kuri uyu wagatanu yibanze no ku bindi bintu by’ingenzi nko guhuza ubukungu mu ngeri zose,kurwanya ubusumbane,no gukomeza imigenderanire ni imihahirane myiza hagati y’ibihugu,by’umwihariko kandi yibanze ku buryo ikorana buhanga ryazamura ba rwiyemezamirimo,guha imbaraga uburyo amakuru yaherekanywa yambutse imipaka ndetse no gukuraho inzitizi zose mu bucuruzi bwambukiranya imipaka.

-2794.jpg

Umujyi wa Kigali ni joro

Iyi nama y’ubukungu bw’isi kuri Afurika kuba yarabereye mu Rwanda si igitangaza kuko rwaratoranyijwe kuyakira kubera iterambere rumaze kugeraho ruvuye kuri zero.

Iyi ni inama yo mu rwego rwo hejuru iba ipiganirwa kwakirwa ni ibihugu byinshi,u Rwanda rwayihawe kuko rubikwiye kandi rufite ubushobozi bwo kuyakira kubera byinshi babandi bazi ko bareba batajya babona ahubwo birirwa baduhira ngo nibo bazi aho ubukungu bw’u Rwanda buganisha.

Iyi nama rero ni ku nshuro ya mbere ibereye mu Rwanda mu gihe Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse cyane bidasubirwaho nyuma y’amahano yagwiririye u Rwanda 1994 genocide yakorewe abatutsi, yahagaritswe na nyakubahwa Perezida wa repubulika yu Rwanda Paul Kagame wayoboye urugamba rwo guhagarika Genocide.

Ubukungu bwu Rwanda bwarasenyutse busigara nyuma y’ubusa,ibikorwa remezo byose byarsenyutse ndetse na abanyarwanda barahahamutse ari abarokotse ndetse na abandi banyarwanda benshi bakoze ubwicanyi.

Nubwo u Rwanda rwari rufite izo ngorane zose ni zindi nyinshi zitandukanye,ubukungu bw’u Rwanda bwagiye buzamuka gahoro gahoro ku rugero rwiza kuva mu mwaka 1994,ubukene bwagabanutseho 5.8%, kuva kuri 44.9% mu mwaka 2011 kugeza kuri 39.1.ubukene bukabije butindi nabwo ntibwasigaye bwagabanutseho 7.8% kuva 2011ubu ngubu buhagaze kuri 16.3%.

Nta gushidikanya uretse impumyi buhumyi biragaragara ko mu myaka 22 u Rwanda rwageze heza aho buri muntu cg se igihugu cyose kiri mu nzira y’ amajyambere kirota kuhagera,ibyo byose ariko si impanuka ahubwo tubikesha imiyoborere myiza ya Nyakubahwa Paul Kagame na Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda.

Ibi byose nibyo byatumye u Rwanda rutoranywa kwakira inama nkiyi yo mu rwego rwo hajuru ndetse ni zindi nyinshi ndetse ni ibindi byinshi mu nzego zose zitandukanye kandi byose byagenze neza ndetse ababikurikiranira hafi bagatangaho u Rwanda urugero.

-2795.jpg

Tony Blair ,Hagati HE Paul Kagame na Howard Buffett

Sinarangiza ariko ntagarutse ku gaciro abanyarwanda twihesha mu ruhando rw’amahanga,ubu amaso y’isi yose ari ku Rwanda ndetse na abanyacyubaro bakomeye barimo abakuru b’ibihugu,abavuga rikijyana kw’isi,abashoramali ndetse abaherwe bose baragaruka ku miyoborere myiza ya perezida Paul Kagame washoboye no guhindura imyumvire ya abanyarwanda bakamenya ko bagomba kubana no kwihesha agaciro,kugira amahitamo yabo,kugira ubumwe,kureba kure ndetse nindi myumvire yo mu rwego ruhambaye isigaye iranga abanyarwanda.

Ni muri urwo rwego abanyarwanda barebye kure nkuko umugwizatunga Howard Buffett yabigarutseho at i”Tureke gutekereza ko tuzi neza ibyo abanyarwanda bashaka hejo hazaza heza habo kurusha bo ubwabo” nibyo koko kandi ni ukuri kandi nshimishwa cyane nuko Perezida Kagame nta gihe atahwemywe kubitwibutsa,nta muntu numwe ushobora kukumenyera ahazaza hawe kurusha uko wowe wabyimenyera,arongera ati” Mu buzima hafi ya bwose bwanjye nabumaze mfata ibyemezo birimo (Risk)ariko sinekereza ko abanyarwanda bagomba gufata risk bahindura ubuyobozi bwabo.

-2797.jpg

Umuherwe umunyamerika Howard Buffett

Nibyo koko Mr Buffett kandi abanyarwanda nta mpamvu yo gufata risk yo guhindura ubuyobozi kandi dufite amahirwe twiherewe ni imana yo kugira umuyobozi udasanzwe nka Nyakubahwa Perezida Paul Kagame akaba ari nayo mpamvu nyamukuru twagize amahitamo yacu dutora referendum kugira ngo tubone amahirwe yo kuzongera kumwitorera ngo agumye atuyobore,arongera ati ”Iyo tudakereza ko Perezida Paul Kagame azongera kuba ari hano indi myaka 7 ntabwo twari no kwirirwa duta umwanya wacu wo kwiyumvira kuba hano uyu munsi”

Urakoze cyane Mr Buffett,ukoze ku mutima w’abanyarwanda,iyo tutabona ko Perezida Kagame ari umuyobozi mwiza ukwiye u Rwanda ntabwo abanyarwanda bari kwirirwa bamusaba kongera kubayobora no gutora muri referendum ku bwiganze bwinshi YEGO.Ni Paul Kagame.

-2796.jpg

Kigali Convention Centre KCC

Birashimishije cyane ko Atari abanyarwanda gusa tubona ko u Rwanda dufite amahirwe yo kugira umuyobozi w’intagereranywa ndetse n’ibyiza byinshi amaze kugeza kubanyarwanda,twebwe ababibona turabigushimira cyane Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame,abi impumyi nabo batabibona baracyasinziriye bashobora kuba batazi naho isi n’u Rwanda bigeze gusa ubaye ni impumyi nti waba uri ni igipfamatwi,ikibabaje gusa nuko bazisanga barabaye nka cya kirondwe cyasigaye ku ruhu kandi inka yarariwe kera.

Bosco Ngabonzima

Umukunzi wa Rushyashya UK

2016-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika  [ Yavuguruwe ]

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 03 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC
POLITIKI

Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri
IMIKINO

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru