• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Amajwi y’ibanze angana na 80% y’abatoye mu itora rya Perezida wa Repubulika, arerekana ko Paul Kagame ari imbere y’abo bari bahanganye aho mu majwi y’abanyarwanda 5.498.414 amaze kubarurwa, yagize 98.66%.

Abandi bari bahanganye na Paul Kagame, Mpayimana Philippe yagize 0.72% naho Habineza Frank agira 0.45%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, nyuma yo kuvuga aya majwi y’ibanze yagize ati “Twavuga ko afite [Paul Kagame] amahirwe yo kuzakomeza kuba uwa mbere akaba azatsindira uyu mwanya wa Perezida wa Repubulika muri manda itaha. Ibyo rero tukaba tuzabihamya ejo.”

Paul Kagame umaze imyaka 17 ayobora u Rwanda, ni nawe wahabwaga amahirwe ugereranyije n’uburyo ibihumbi by’abanyarwanda bagiye bitabira ibikorwa bye mu gihe cyo kwiyamamaza.

Paul Kagame wamaze gutsinda amatora ubu ari gushimira abamuherekeje mu rugendo rwo kwiyamamaza

Ashimiye abikorera batanze umusanzu watumye amatora ashoboka akagenda neza ndetse n’umuryango we wamubaye hafi.
Ashimiye kandi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bagize uruhare kumwamamaza no kumutora, by’umwihariko itsinda ry’urubyiruko ryari mu bikorwa byo kumwamamaza mu gihugu hose.

Mu bandi bagize uruhare muri aya matora harimo abahanzi basusurutsaga abitabiriye ibikorwa byo kumwamamaza, ndetse n’abanyamakuru bamenyekanishaga ibyo bikorwa bakoresheje uburyo bwose burimo n’imbuga nkoranyambaga.
Ati” Ndi hano kuko nubahirije ibyo nasabwe namwe, ndetse uyu munsi bikaba bigaragara ko mwabyemeje muri aya matora.”

Yakomeje agira ati” Iyi myaka irindwi ni iyo gukomeza kwita ku Banyarwanda no gukemura ibibazo byabo cyane cyane ko duharanira kutaba ikindi kintu usibye kuba Abanyarwanda ba nyabo, bagana mu iterambere”.

Ni intsinzi yari yarahanuwe

Mu kwiyamamaza, Perezida Kagame yakunze kugaragaza ko nta cyatuma ategukana intsinzi, anashingiye ko ku kwiyamamaza kwe kuri iyi manda ya gatatu byatewe n’abaturage babanje gusaba guhindura Itegeko Nshinga mu Ukuboza 2015.

Hari nk’aho yagize ati “Abajya gutega muri aya matora ngo babaze ngo ariko ninde uzatsinda, byo mwabirangije kera. Abajya gutega bakanyuranya n’ibyo bakwiriye kuba babona, abo amafaranga yabo aragiye.”

Perezida Kagame ashimwa kubera umusanzu we mu kubohora igihugu aho yemeraga kureka amashuri ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akagaruka mu Rwanda kugira ngo arwanire gukura igihugu mu maboko y’ubutegetsi bubi.

Kuva mu 2000 yajya ku butegetsi mu gihe cy’inzibacyuho cyarangiye mu 2003, na nyuma yaho muri manda ebyiri yatorewe, yashyize u Rwanda ku rundi rwego mpuzamahanga ku buryo kugeza ubu ruza ku isonga mu bintu bitandukanye uhereye ku kuba ari igihugu gitekanye, gifite isuku, kizamura imibereho myiza y’abaturage umunsi ku wundi.

Kuva mu 2013, ibihumbi by’abanyarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu batangiye kuvuga urukundo bakunda Perezida Paul Kagame bitari urwo umuntu akunda undi ahubwo rushingiye ku iterambere amaze kugeza ku gihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Itegeko Nshinga ryagenaga ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi ishobora kongerwa rimwe. Bisobanuye ko nta muntu washoboraga kuyobora u Rwanda imyaka irenze 14. Gusa nyuma y’ubusabe bw’abaturage basabye ko iyo ngingo ya 101 ivugururwa kugira ngo Kagame yongere kwiyamamaza, mu 2015 habaye amatora ya referendumu birangira abangana 98.3% batoye ‘YEGO’.

-7474.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania
Mu Rwanda

Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika
Amakuru

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru
IMIKINO

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

Ubwanditsi 05 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru