• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Amajwi y’ibanze angana na 80% y’abatoye mu itora rya Perezida wa Repubulika, arerekana ko Paul Kagame ari imbere y’abo bari bahanganye aho mu majwi y’abanyarwanda 5.498.414 amaze kubarurwa, yagize 98.66%.

Abandi bari bahanganye na Paul Kagame, Mpayimana Philippe yagize 0.72% naho Habineza Frank agira 0.45%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, nyuma yo kuvuga aya majwi y’ibanze yagize ati “Twavuga ko afite [Paul Kagame] amahirwe yo kuzakomeza kuba uwa mbere akaba azatsindira uyu mwanya wa Perezida wa Repubulika muri manda itaha. Ibyo rero tukaba tuzabihamya ejo.”

Paul Kagame umaze imyaka 17 ayobora u Rwanda, ni nawe wahabwaga amahirwe ugereranyije n’uburyo ibihumbi by’abanyarwanda bagiye bitabira ibikorwa bye mu gihe cyo kwiyamamaza.

Paul Kagame wamaze gutsinda amatora ubu ari gushimira abamuherekeje mu rugendo rwo kwiyamamaza

Ashimiye abikorera batanze umusanzu watumye amatora ashoboka akagenda neza ndetse n’umuryango we wamubaye hafi.
Ashimiye kandi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bagize uruhare kumwamamaza no kumutora, by’umwihariko itsinda ry’urubyiruko ryari mu bikorwa byo kumwamamaza mu gihugu hose.

Mu bandi bagize uruhare muri aya matora harimo abahanzi basusurutsaga abitabiriye ibikorwa byo kumwamamaza, ndetse n’abanyamakuru bamenyekanishaga ibyo bikorwa bakoresheje uburyo bwose burimo n’imbuga nkoranyambaga.
Ati” Ndi hano kuko nubahirije ibyo nasabwe namwe, ndetse uyu munsi bikaba bigaragara ko mwabyemeje muri aya matora.”

Yakomeje agira ati” Iyi myaka irindwi ni iyo gukomeza kwita ku Banyarwanda no gukemura ibibazo byabo cyane cyane ko duharanira kutaba ikindi kintu usibye kuba Abanyarwanda ba nyabo, bagana mu iterambere”.

Ni intsinzi yari yarahanuwe

Mu kwiyamamaza, Perezida Kagame yakunze kugaragaza ko nta cyatuma ategukana intsinzi, anashingiye ko ku kwiyamamaza kwe kuri iyi manda ya gatatu byatewe n’abaturage babanje gusaba guhindura Itegeko Nshinga mu Ukuboza 2015.

Hari nk’aho yagize ati “Abajya gutega muri aya matora ngo babaze ngo ariko ninde uzatsinda, byo mwabirangije kera. Abajya gutega bakanyuranya n’ibyo bakwiriye kuba babona, abo amafaranga yabo aragiye.”

Perezida Kagame ashimwa kubera umusanzu we mu kubohora igihugu aho yemeraga kureka amashuri ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akagaruka mu Rwanda kugira ngo arwanire gukura igihugu mu maboko y’ubutegetsi bubi.

Kuva mu 2000 yajya ku butegetsi mu gihe cy’inzibacyuho cyarangiye mu 2003, na nyuma yaho muri manda ebyiri yatorewe, yashyize u Rwanda ku rundi rwego mpuzamahanga ku buryo kugeza ubu ruza ku isonga mu bintu bitandukanye uhereye ku kuba ari igihugu gitekanye, gifite isuku, kizamura imibereho myiza y’abaturage umunsi ku wundi.

Kuva mu 2013, ibihumbi by’abanyarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu batangiye kuvuga urukundo bakunda Perezida Paul Kagame bitari urwo umuntu akunda undi ahubwo rushingiye ku iterambere amaze kugeza ku gihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Itegeko Nshinga ryagenaga ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi ishobora kongerwa rimwe. Bisobanuye ko nta muntu washoboraga kuyobora u Rwanda imyaka irenze 14. Gusa nyuma y’ubusabe bw’abaturage basabye ko iyo ngingo ya 101 ivugururwa kugira ngo Kagame yongere kwiyamamaza, mu 2015 habaye amatora ya referendumu birangira abangana 98.3% batoye ‘YEGO’.

-7474.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Ubwanditsi 16 Aug 2024
Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 10 May 2017
Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika
POLITIKI

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018
‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage
POLITIKI

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe
Amakuru

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru