• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 30 Mata 2021 ni bwo komisiyo y’amategeko n’imyitwarire ishinzwe gutegura amatora muri Komite Olempike y’u Rwanda, iyobowe na Me Umugiraneza Jean Michel, yatangaje abakandida ba nyuma bemerewe kwiyamamaza mu matora azaba tariki ya 8 Gicurasi 2021.

Ni urutonde rugaragaraho abanyumaryango mu myanya itandukanye bagomba guhatanira kuyobora iyi komite Olempike y’u Rwanda nyuma yaho uwari uyiyoboye Amb Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya tariki ya 5 Mata 2021.

Mu bakandida bemejwe , ku mwanya wa perezida wa komite Olimpiki y’u Rwanda hari umunyamuryango umwe rukumbi ariwe Uwayo Théogène usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu gihe cy’imyaka 12 yose.

Mu bandi biyamamaje harimo Umuringa Alice wavuye muri Volleyball, yiyamamarije kuba Visi Perezida wa Mbere, Umutoni Salama wo muri Basketball, yiyamamariza kuba Visi Perezida wa Kabiri mu gihe ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru hiyayamaje Kajangwe Joseph usanzwe uyobora Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA.

Gakwaya Christian wo mu Ishyirahamwe ryo gusiganwa mu modoka na moto, yiyamamarije kuba Umubitsi Mukuru mu gihe hagati ya Girimbabazi Rugabira Pamela wo muri Federasiyo yo Koga, Nzeyimana Isabelle wo muri ANP (Sport Féminin) na Butoyi Jean wo muri AJSPOR y’Abanyamakuru ba Siporo, bazatoranywamo abajyanama babiri.

Abagenzuzi b’Imari batatu biyamamaje kandi bose bazatorwa ni Furaha Pascal wo muri Tennis, Iribagiza Alice wo muri Triathlon na Nizeyimana Célestin wo muri NPC mu gihe batatu biyamamarije kujya mu rwego rwo gukemura amakimbirane kandi bakaba bagomba gutorwa bose ari Bagabo Placide wo muri Taekwondo, Rwabuhihi Innocent wo muri ARPST na Kagarame Clémentine wo muri FRSS (Sport Scolaire).

Komite yari isanzweho igiye gusimburwa mu matora ateganyijwe tariki ya 8 Gicurasi 2021, izaba ije gusimbura iyariyobowe na Amb Munyabagisha Valens wari Perezida, Rwemalika Félicité Visi Perezida wa Mbere, Bizimana Festus Visi Perezida wa Kabiri, Sharangabo Alexis Umunyamabanga, Alice wari umubitsi, E’gairma Hermine ,Nzabanturura Eugène bose bari ku mwanya w’abajyanama.

2021-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021
Uganda: Abadepite barifuza ko infungwa zakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina

Uganda: Abadepite barifuza ko infungwa zakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 17 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza
Amakuru

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ubwanditsi 15 Nov 2022
Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 11 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru