• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 30 Mata 2021 ni bwo komisiyo y’amategeko n’imyitwarire ishinzwe gutegura amatora muri Komite Olempike y’u Rwanda, iyobowe na Me Umugiraneza Jean Michel, yatangaje abakandida ba nyuma bemerewe kwiyamamaza mu matora azaba tariki ya 8 Gicurasi 2021.

Ni urutonde rugaragaraho abanyumaryango mu myanya itandukanye bagomba guhatanira kuyobora iyi komite Olempike y’u Rwanda nyuma yaho uwari uyiyoboye Amb Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya tariki ya 5 Mata 2021.

Mu bakandida bemejwe , ku mwanya wa perezida wa komite Olimpiki y’u Rwanda hari umunyamuryango umwe rukumbi ariwe Uwayo Théogène usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu gihe cy’imyaka 12 yose.

Mu bandi biyamamaje harimo Umuringa Alice wavuye muri Volleyball, yiyamamarije kuba Visi Perezida wa Mbere, Umutoni Salama wo muri Basketball, yiyamamariza kuba Visi Perezida wa Kabiri mu gihe ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru hiyayamaje Kajangwe Joseph usanzwe uyobora Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA.

Gakwaya Christian wo mu Ishyirahamwe ryo gusiganwa mu modoka na moto, yiyamamarije kuba Umubitsi Mukuru mu gihe hagati ya Girimbabazi Rugabira Pamela wo muri Federasiyo yo Koga, Nzeyimana Isabelle wo muri ANP (Sport Féminin) na Butoyi Jean wo muri AJSPOR y’Abanyamakuru ba Siporo, bazatoranywamo abajyanama babiri.

Abagenzuzi b’Imari batatu biyamamaje kandi bose bazatorwa ni Furaha Pascal wo muri Tennis, Iribagiza Alice wo muri Triathlon na Nizeyimana Célestin wo muri NPC mu gihe batatu biyamamarije kujya mu rwego rwo gukemura amakimbirane kandi bakaba bagomba gutorwa bose ari Bagabo Placide wo muri Taekwondo, Rwabuhihi Innocent wo muri ARPST na Kagarame Clémentine wo muri FRSS (Sport Scolaire).

Komite yari isanzweho igiye gusimburwa mu matora ateganyijwe tariki ya 8 Gicurasi 2021, izaba ije gusimbura iyariyobowe na Amb Munyabagisha Valens wari Perezida, Rwemalika Félicité Visi Perezida wa Mbere, Bizimana Festus Visi Perezida wa Kabiri, Sharangabo Alexis Umunyamabanga, Alice wari umubitsi, E’gairma Hermine ,Nzabanturura Eugène bose bari ku mwanya w’abajyanama.

2021-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri
Amakuru

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

RUSHYASHYA 01 Dec 2025
Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana
HIRYA NO HINO

Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi
ITOHOZA

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru