• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016 ITOHOZA

Ikigo cy’igihugu cy’imiyobore (RGB) cyasohoye ubushakashatsi kuri uyu wa Kabiri, bugaragaza ko Perezida Paul Kagame n’inzego z’umutekano bafitiwe icyizere gikomeye.

Ubu bushakashatsi ngarukamwaka bukorwa hagamijwe kugaragaza igipimo cy’imiyoborere ibereye abaturage n’imitangire ya serivisi hashingiwe k’uko abaturage babibona, buzwi nka Citizen Report card (CRC).

Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe imiyoborere n’ubushakashatsi muri RGB, Felicien Usengumukiza, yavuze ko ubu bushakashatsi bwakorewe mu gihugu hose, mu ngo zigeze 11,011 mu turere twose uko ari 30, mu Mirenge 328, Imidugudu 734.

Nubwo yari mu Mujyi wa Kigali awereka by’umwihariko uko abaturage bagaragaje ibyiyumviro byabo kuri serivise bahabwa, yanavuze ko bijya gusa mu gihugu hose ku buyobozi bukuru bw’igihugu.

Mujyi wa Kigali, abaturage ngo bishimira ibyo Umukuru w’Igihugu abakorera ku kigero cya 100% mu Karere ka Nyarugenge, 99.6% mu ka Gasabo, na 99.7% mu ka Kicukiro.

Naho ku Gisirikare, mu Mujyi wa Kigali abaturage bacyizeye ku kigero cya 99%, Polisi y’Igihugu ikizerwa ku kigero cya 97.4%. Hanishimiwe ko urwego rwa DASSO rwasimbuye Local Defense na rwo rwizewe ku kigero cya 86.1%.

-4677.jpg

-4678.jpg

-4679.jpg

-4680.jpg

-4681.jpg

Mu gihugu, ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’amahame y’imiyoborere n’icyizere ku nzego z’ubuyobozi, biri ku kigero cya 89.1% mu gihe mu mwaka wa 2015 cyari kuri 89.4%.

Serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze zizewe kuri 75.9 % bivuye kuri 74.3%; mu rwego rw’ubutabera, serivise zarwo zizewe kuri 82%.

Mu butabera, abaturage banenze cyane imirangirize y’imanza, bakanavugamo ruswa.

Igipimo rusange cy’uburyo abaturage babona imiyoborere na servisi bahabwa mu nzego z’ibanze gihagaze kuri 67.7% kivuye kuri 71.1% cyariho mu mwaka ushize.

Ibi ariko RGB ivuga ko bidateye impungenge kuba byaragabanutse, ikavuga ko bidasobanuye ko abayobozi badohotse.

-4682.jpg

Prof. Shyaka Anastase Umuyobozi wa RGB

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Ejo ku isaha ya 17 h 55  ku kibuga cy’indege ( Aéroport International de Paris-Charles de Gaulle  ) Padiri Tomas Nahimana yuriye indege  iza i Kigali ( Yavuguruwe )

Ejo ku isaha ya 17 h 55 ku kibuga cy’indege ( Aéroport International de Paris-Charles de Gaulle ) Padiri Tomas Nahimana yuriye indege iza i Kigali ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2019
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa
HIRYA NO HINO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Ubwanditsi 05 Oct 2018
CHARLY na NINA basuye Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi banabonana na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe
MULTIMEDIA

CHARLY na NINA basuye Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi banabonana na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko
Mu Mahanga

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru