• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Ubwanditsi 16 Dec 2018 ITOHOZA

Leta y’u Burundi yemeye ko izitabira Inama ya 20 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, EAC, yaherukaga gusubikwa kubera kubura kw’iki gihugu.

Iyi nama yagombaga kubera i Arusha muri Tanzania ku wa 30 Ugushyingo 2018.

Yasubitswe ku munota wa nyuma Perezida Yoweri Museveni uyobora EAC mu 2018, Perezida Uhuru Muigai Kenyatta wa Kenya, John Magufuli wa Tanzania na ba minisitiri bahagarariye u Rwanda na Sudani y’Epfo, bahageze ariko babura abahagarariye u Burundi.

Yimuriwe ku wa 27 Ukuboza 2018 kuko umwe mu banyamuryango atayitabiriye, kandi biteganywa ko umuryango ufata imyanzuro iyo ibihugu byose bihari.

Umuvugizi wa Perezida w’u Burundi, Karerwa Jean Claude , yatangaje ko igihugu cye kizitabira inama ihuza abakuru b’ibihugu bya EAC.

Jean Claude Karerwa

Perezida Nkurunziza yari yandikiye Perezida Museveni uyoboye EAC amusaba igihe cyo kwitegura kwitabira inama iheruka gusubikwa.

Yavuze ko ibaruwa ibatumira mu nama yabagezeho ku wa 21 Ugushyingo 2018 mu gihe amategeko ateganya ko inama y’abakuru b’ibihugu isanzwe igena nibura ibyumweru bine byo kwitegura.

Karerwa yatangarije mu kiganiro cy’abavugizi b’ibigo bya leta mu Burundi ko ubu igihugu cyabonye umwanya uhagije.

Yanavuze ko Perezida Nkurunziza Pierre ashobora kwitabira iyi nama cyangwa akohereza indi ntumwa ya Guverinoma izamuhagararira.

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC izasuzumirwamo uko Somalia yakinjizwa muri uyu muryango.

Ishobora kuzashimangirirwamo imishinga y’amategeko yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA) irimo uwo gucunga ibikoresho bikozwe muri pulasitiki, ushyiraho Urukiko rumwe, uw’Ifaranga rimwe n’Isoko rimwe ndetse n’Akarere kamwe ka Gasutamo muri EAC.

Abayobozi b’u Burundi babuze mu Nama ya EAC yagombaga kuba mu mpera z’Ugushyingo bituma isubikwa

2018-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Ubwanditsi 17 Jun 2016
Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017
Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga  Umwami Kigeli

Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga Umwami Kigeli

Ubwanditsi 27 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Aug 2018
The Soldiers of Christ izasangiza urungano urugendo rw’ijuru binyuze mu mpano
SHOWBIZ

The Soldiers of Christ izasangiza urungano urugendo rw’ijuru binyuze mu mpano

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda
IMIKINO

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Ubwanditsi 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru