• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017 Mu Rwanda

Étienne Tshisekedi wa Mulumba ni umunyapolitiki wo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo ufite amateka akomeye kuko atigeze avuga rumwe na ba Perezida bose bayoboye iki gihugu kugeza ubwo ashizemo umwuka tariki 1 Gashyantare 2017.

Uyu musaza wavutse tariki 14 Ukuboza 1932 ahitwa i Kananga mu ntara ya Kasai-Occidental, apfuye afite imyaka 84 akaba yayoboraga ishyaka UDPS (Union pour la démocratie et le progrès social ).

Yaguye mu bitaro bya Europe-Sainte Élisabeth mu mujyi wa Buruseli mu Bubiligi aho yari yajyanwe igitaraganya mu ndege ye bwite tariki 24 Mutarama agiye kwisuzumisha.

Yabaye Ministiri w’Intebe w’iki gihugu inshuro eshatu ubwo cyitwaga Zaire, mu 1991, yongera mu 1992 kugeza mu 1993, na none yongera mu 1997.

Ni we mugabo uzwi kuba yarahanganye n’abayobozi bose bayoboye iki gihugu nubwo yabaye muri guverinoma ya Mobutu Sese Seko mu mirimo itandukanye, yahanganye na we mu matora kandi ni we wenyine uzwiho kuba yaramuhangaraga.

Mu matora yo mu 2006 ishyaka rye rya UDPS ryanze kwitabira amatora rivuga ko yateguranwe uburiganya mbere y’uko aba.

Mu 2011 yari umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika aho imiryango mpuzamahanga n’indorerezi zavuze ko atabaye mu mucyo.

Muri aya matora umusaza Tshisekedi yatsinzwe na Joseph Kabila ubu uyobora Kongo, nyuma abapolisi n’abasirikari barinda Kabila bakunze kugota inzira igana ku rugo rwa Tshisekedi aho yahise afungirwa iwe mu rugo.]

Nk’umujyanama wa Patrice Lumumba mu ishyaka MNC (Mouvement National Congolais), Tshisekedi yarivuyemo akurikira Albert Kalonji wari ufite gahunda y’impinduramatwara mu ntara ya Kasai aho yari yaremerewe kuba Minisitiri w’Ubutabera muri iyo leta yigenga ya Kasai y’Epfo.

Mu kwezi k’Ugushyingo 1965, Tshisekedi yagize uruhare mu gufasha Mobutu guhirika bwa kabiri ku butugetsi Perezida Kasavubu hamwe na Minisitiri w’Intebe Kimba aho binavugwa ko Tshisekedi ari we watanze itegeko ryo kwica Kimba hamwe na bagenzi kuwa 2 Kamena 1966 ku munsi wa Penekositi.

Ku butegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, hasohotse ilisiti y’abantu 250 batemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu aho urwo rutonde rwagaragayeho na Tshisekedi bityo bituma muri Gashyantare 1998 ubwo yashinjwaga kwica amategeko agenga imitwe ya politiki; ahita abaho nk’impunzi mu gihugu cye.

Laurent Kabila amaze kwicwa Tshisekedi yanze kwinjira muri guverinoma ya Joseph Kabila aho arenze apfa agihanganye na we nubwo yahoraga amutsinda mu matora uyu musaza ntabyemere.

-5593.jpg

Étienne Tshisekedi wa Mulumba

2017-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rushyashya mu isura nshya

Rushyashya mu isura nshya

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Ubwanditsi 11 May 2017
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni na Kutesa bongeye kugarukwaho mu rubanza baregwamo ruswa
INKURU NYAMUKURU

Museveni na Kutesa bongeye kugarukwaho mu rubanza baregwamo ruswa

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC
HIRYA NO HINO

Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Ubwanditsi 13 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru