• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017 Mu Rwanda

Étienne Tshisekedi wa Mulumba ni umunyapolitiki wo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo ufite amateka akomeye kuko atigeze avuga rumwe na ba Perezida bose bayoboye iki gihugu kugeza ubwo ashizemo umwuka tariki 1 Gashyantare 2017.

Uyu musaza wavutse tariki 14 Ukuboza 1932 ahitwa i Kananga mu ntara ya Kasai-Occidental, apfuye afite imyaka 84 akaba yayoboraga ishyaka UDPS (Union pour la démocratie et le progrès social ).

Yaguye mu bitaro bya Europe-Sainte Élisabeth mu mujyi wa Buruseli mu Bubiligi aho yari yajyanwe igitaraganya mu ndege ye bwite tariki 24 Mutarama agiye kwisuzumisha.

Yabaye Ministiri w’Intebe w’iki gihugu inshuro eshatu ubwo cyitwaga Zaire, mu 1991, yongera mu 1992 kugeza mu 1993, na none yongera mu 1997.

Ni we mugabo uzwi kuba yarahanganye n’abayobozi bose bayoboye iki gihugu nubwo yabaye muri guverinoma ya Mobutu Sese Seko mu mirimo itandukanye, yahanganye na we mu matora kandi ni we wenyine uzwiho kuba yaramuhangaraga.

Mu matora yo mu 2006 ishyaka rye rya UDPS ryanze kwitabira amatora rivuga ko yateguranwe uburiganya mbere y’uko aba.

Mu 2011 yari umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika aho imiryango mpuzamahanga n’indorerezi zavuze ko atabaye mu mucyo.

Muri aya matora umusaza Tshisekedi yatsinzwe na Joseph Kabila ubu uyobora Kongo, nyuma abapolisi n’abasirikari barinda Kabila bakunze kugota inzira igana ku rugo rwa Tshisekedi aho yahise afungirwa iwe mu rugo.]

Nk’umujyanama wa Patrice Lumumba mu ishyaka MNC (Mouvement National Congolais), Tshisekedi yarivuyemo akurikira Albert Kalonji wari ufite gahunda y’impinduramatwara mu ntara ya Kasai aho yari yaremerewe kuba Minisitiri w’Ubutabera muri iyo leta yigenga ya Kasai y’Epfo.

Mu kwezi k’Ugushyingo 1965, Tshisekedi yagize uruhare mu gufasha Mobutu guhirika bwa kabiri ku butugetsi Perezida Kasavubu hamwe na Minisitiri w’Intebe Kimba aho binavugwa ko Tshisekedi ari we watanze itegeko ryo kwica Kimba hamwe na bagenzi kuwa 2 Kamena 1966 ku munsi wa Penekositi.

Ku butegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, hasohotse ilisiti y’abantu 250 batemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu aho urwo rutonde rwagaragayeho na Tshisekedi bityo bituma muri Gashyantare 1998 ubwo yashinjwaga kwica amategeko agenga imitwe ya politiki; ahita abaho nk’impunzi mu gihugu cye.

Laurent Kabila amaze kwicwa Tshisekedi yanze kwinjira muri guverinoma ya Joseph Kabila aho arenze apfa agihanganye na we nubwo yahoraga amutsinda mu matora uyu musaza ntabyemere.

-5593.jpg

Étienne Tshisekedi wa Mulumba

2017-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Ubwanditsi 31 Oct 2021
Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya  PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR  uyu mwaka

Impinduka zagaragaye mu irushanwa rya PRIMUS GUMA GUMA SUPER STAR uyu mwaka

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Ubwanditsi 24 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushoferi wa Bobi Wine yarashwe arapfa
POLITIKI

Umushoferi wa Bobi Wine yarashwe arapfa

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru