• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017 Mu Rwanda

Étienne Tshisekedi wa Mulumba ni umunyapolitiki wo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo ufite amateka akomeye kuko atigeze avuga rumwe na ba Perezida bose bayoboye iki gihugu kugeza ubwo ashizemo umwuka tariki 1 Gashyantare 2017.

Uyu musaza wavutse tariki 14 Ukuboza 1932 ahitwa i Kananga mu ntara ya Kasai-Occidental, apfuye afite imyaka 84 akaba yayoboraga ishyaka UDPS (Union pour la démocratie et le progrès social ).

Yaguye mu bitaro bya Europe-Sainte Élisabeth mu mujyi wa Buruseli mu Bubiligi aho yari yajyanwe igitaraganya mu ndege ye bwite tariki 24 Mutarama agiye kwisuzumisha.

Yabaye Ministiri w’Intebe w’iki gihugu inshuro eshatu ubwo cyitwaga Zaire, mu 1991, yongera mu 1992 kugeza mu 1993, na none yongera mu 1997.

Ni we mugabo uzwi kuba yarahanganye n’abayobozi bose bayoboye iki gihugu nubwo yabaye muri guverinoma ya Mobutu Sese Seko mu mirimo itandukanye, yahanganye na we mu matora kandi ni we wenyine uzwiho kuba yaramuhangaraga.

Mu matora yo mu 2006 ishyaka rye rya UDPS ryanze kwitabira amatora rivuga ko yateguranwe uburiganya mbere y’uko aba.

Mu 2011 yari umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika aho imiryango mpuzamahanga n’indorerezi zavuze ko atabaye mu mucyo.

Muri aya matora umusaza Tshisekedi yatsinzwe na Joseph Kabila ubu uyobora Kongo, nyuma abapolisi n’abasirikari barinda Kabila bakunze kugota inzira igana ku rugo rwa Tshisekedi aho yahise afungirwa iwe mu rugo.]

Nk’umujyanama wa Patrice Lumumba mu ishyaka MNC (Mouvement National Congolais), Tshisekedi yarivuyemo akurikira Albert Kalonji wari ufite gahunda y’impinduramatwara mu ntara ya Kasai aho yari yaremerewe kuba Minisitiri w’Ubutabera muri iyo leta yigenga ya Kasai y’Epfo.

Mu kwezi k’Ugushyingo 1965, Tshisekedi yagize uruhare mu gufasha Mobutu guhirika bwa kabiri ku butugetsi Perezida Kasavubu hamwe na Minisitiri w’Intebe Kimba aho binavugwa ko Tshisekedi ari we watanze itegeko ryo kwica Kimba hamwe na bagenzi kuwa 2 Kamena 1966 ku munsi wa Penekositi.

Ku butegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, hasohotse ilisiti y’abantu 250 batemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu aho urwo rutonde rwagaragayeho na Tshisekedi bityo bituma muri Gashyantare 1998 ubwo yashinjwaga kwica amategeko agenga imitwe ya politiki; ahita abaho nk’impunzi mu gihugu cye.

Laurent Kabila amaze kwicwa Tshisekedi yanze kwinjira muri guverinoma ya Joseph Kabila aho arenze apfa agihanganye na we nubwo yahoraga amutsinda mu matora uyu musaza ntabyemere.

-5593.jpg

Étienne Tshisekedi wa Mulumba

2017-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 18 Aug 2020
Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 26 Jul 2023
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA
IKORANABUHANGA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru