• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Ubwanditsi 25 Dec 2017 Mu Rwanda

Ku mugoroba wo ku wa 24 Ukuboza hirya no hino abantu batangira gushyashyana, bitegura ibirori bya Noheri iba iri bube ku munsi ukurikira.

Mu gitaramo cyo kwitegura Noheri usanga bamwe bitabira insengero bajya gushima Imana, abandi bagataramira mu tubari dutandukanye bishimana na bagenzi babo.

Mu mugoroba nk’uyu kandi usanga ahenshi ababyeyi bafite ubushobozi baboneraho gusangiza abana babo Noheli babaha impano zitandukanye.

Abagiraneza ku munsi nk’uyu nabo baboneraho gusangira Noheri n’abana batishoboye biganjemo abo mu muhanda bakabereka urukundo, ndetse bakanabakangurira gusubira mu Miryango.

Icyarangaga ahantu hose wageraga ni imitako ndetse n’amatara ashashagirana mu mpande zose, agaragaza ibyishimo ndetse n’umunezero ri kuranga Abanyarwanda, muri iyi minsi mikuru barimo.

Dore mu mafoto uko hirya no hino mu gihugu umugoroba n’igitaramo cya Noheri byagenze .

Muhanga

Mudacyahwa Bertin uzwi nka Ras Bertin inshuti y’abana, yateguriye abana bo ku muhanda ibirori byo kwizihiza Noheli. Aba bana basaga 100, yabakanguriye kuva mu muhanda bamwizeza ko umwaka utaha bazagaruka mu birori nk’ibi bavuye mu miryango aho kuba ku muhanda.

Hirya no hino mu tubari two muri uyu Mujyi wa Muhanga naho hari ibirori.

Nyagatare

Nyagatare amaduka ntiyajyaga arenza saa moya agifunguye ariko mu ijoro rya Noheli yafunze ahagana mu ma saa sita. Gusenga ntibyitabiriwe nk’uko byari bisanzwe.

Eagle Vision Evangelical Mnistries abakirisitu bagaragaye ari bake ugereranyije n’imyaka ishize

Huye

Mu Mujyi wa Huye imitako ya Noheri yagaragaye ahantu hacye , cyane cyane kuri alimentation Huye Center Market yaraye ijoro ryose icruza, ariko ntibyabujije abifatira agatama kwinywera bishimiye Noheri.

Nzeyimana JMV yacuruje ageraho atanga n’impano ku bakiriya bamugannye

Ku rundi ruhande mu Rusengero rwa Ste Thérèse abakirisitu bishimiye Noheri Nyuma ya misa abana bahabwa Ibisuguti na Bombo

Kamonyi

NOheri yizihijwe cyane cyane n’abana bitabiriye urusengero bakigishwa ku myitwarire myiza ubundi bahabwa impano baranidagadura bifotoreza ku birugu nk’imitako yibutsa abana ivuka rya Yezu.

Rusizi

Muri Zion Temple Rusizi igitaramo cya Noheri cyari cyitabiriwe cyane n’abakirisitu bakubise bakuzura mu rusengero

Amaduka menshi yafunze hafi mu gitondo agikomeje gucuruza kuko abakiriya bayaganaga ku bwinshi

Musanze

kuri Stade Ubworoherane habereye ibirori byo gusangira Noheri hagati y’ Abayobozi b’Akarere ka Musanze n’abana baturuka mu miryango itishoboye bo mu Mirenge igize Akarere

Remera

Christus i Remera mu Karere ka Gasabo Chorale Christus Vincit yatanze Noheri imurika Albumu yayo ya mbere, yayimurikiye i Remera muri Cntre Christus

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside

Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba
Mu Mahanga

Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri
Amakuru

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru