• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ubwanditsi 08 Jun 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete, yamurikiye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2017/18 aho yasobanuye ko yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw ugereranyije n’iy’umwaka wa 2016/2017.

Ingengo y’imari ivuguruye y’Umwaka wa 2016/2017 yari yemejwe muri Mutarama ingana na miliyari 1954.2 Frw. Mu ngengo y’Imari nshya, hibanzwe ku guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda no guteza imbere ibikorwa remezo.

Muri rusange ingengo y’imari ya 2017/18 ingana na miliyari 2,094.9 z’amafaranga y’u Rwanda, aho amafaranga ava imbere mu gihugu ndetse n’inguzanyo angana na Miliyari 1,738.2 bingana na 83%.

Amafaranga aturuka ku nguzanyo zo hanze y’igihugu ateganyijwe kugera kuri Miliyari 362.8 bingana na 17.3% by’ingengo y’imari yose. Muri iyi ngengo y’imari, imisoro izaba ingana na miliyari 1200.3.

Minisitiri Gatete yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ko ubukungu bw’u Rwanda bwageze ku gipimo cya 5.9% mu 2016 mu gihe hari hateganyijwe ko bugera ku gipimo cya 6%. Imwe mu mpamvu zatumye intego yari yihawe itagerwaho, yavuze ko ahanini ari ibibazo byagaragaye mu rwego rw’ubuhinzi aho umusaruro utagenze neza nkuko byifuzwaga.

Ni mu gihe ubukungu rusange bw’igihugu bwitezweho kuzamuka ku kigero cya 6.2% mu 2017 na 6.8% mu 2018.

Muri uyu mwaka wa 2017, Minisitiri Gatete yasobanuye ko ibiciro ku masoko bizakomeza kuzamuka bikagera ku kigero cya 7% bitewe n’izamuka ry’ibiciro ry’ibikomoka kuri peteroli n’ibiribwa.

-6863.jpg

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb.Claver Gatete, ubwo yageraga mu Nteko Ishinga Amategeko agiye kumirika umushinga w’Ingengo y’Imari ya 2017/18

Source :IGIHE

2017-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Rushyashya mu isura nshya

Rushyashya mu isura nshya

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 26 Jan 2017
Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana
POLITIKI

Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda
IMIKINO

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru