• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ] zubuye ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ] zubuye ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2018 ITOHOZA

Inzego z’ubuyobozi mu gihugu cya Uganda ngo ziri gukora iperereza ku ibura ry’Umunyarwanda waburiye muri iki gihugu mu gihe hari haciye kabiri hatumvikana amakuru y’ibura cyangwa itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda I Kampala cyangwa ahandi nk’uko byari bimeze kuva mu mpera z’umwaka ushize .

Beatrice Nyirahabimana, umugore w’uyu Munyarwanda witwa Claude Iyakaremye, avuga ko umugabo we yakuwe aho bategera bus hitwa Volcano Bus Terminal muri Old Kampala, ku mugoroba wo ku Cyumweru.

Uyu akaba avuga ko umugabo we yahise yinjizwa ku ngufu n’abantu bikekwa ko ari abo mu nzego z’umutekano, mu modoka ya Toyota Noah ifite ibirango UAJ 921G nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Nyirahabimana aragira ati: “Nagejeje ikibazo kuri station ya polisi ya Old kampala kuwa Mbere mugitondo ariko nagiriwe inama yo kurebera ku rwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI) ku yandi makuru.”

Umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, Emilian Kayima nawe yanze kugira icyo atangaza yohereza iki kinyamakuru kureba umuvugizi w’igisirikare, Brig Richard Karemire.

Uyu yavuze ko nk’uko abayobozi b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda baherutse kubitangamo inama iki kibazo kigiye gukurikiranwa n’ibiro bibikwiriye kandi ko nta gushidikanya kizitabwaho uko gikwiye.

Inzego z’umutekano za Uganda zikaba mu minsi ishize zaragiye zita muri yombi Abanyarwanda zibashinja ibyaha bitandukanye birimo ubutasi ariko hakaba hari haciye kabiri iri tabwa muri yombi ritumvikana mu itangazamakuru.

Mu biganiro perezida w’u Rwanda, Paul Kagame aherutse kugirana na mugenzi we wa Uganda, kuri iki Cyumweru gishize, itariki 25 Werurwe 2018, bemeranyije ko inzego z’umutekano z’ibihugu byombi zigiye kurushaho gufatanya ku nyungu z’ibihugu byombi.

Ese itabwa muri yombi rya Claude Iyamuremye ryabaye umunsi perezida w’u Rwanda yakoreraga uruzinduko muri Uganda si cyaba ari ikimenyetso cy’uko urwikekwe hagati y’ibihugu byombi ntaho rwagiye? Ese yaba azira iki?

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Huye : Hasobanuwe iby’Urupfu rwa Ntaganda wakoreraga Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage

Huye : Hasobanuwe iby’Urupfu rwa Ntaganda wakoreraga Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda
Mu Rwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017
Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.
Mu Rwanda

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika
ITOHOZA

Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru