• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyarwanda basigaye bakoreshwa uburetwa muri Uganda ” UBUHAMYA “

Abanyarwanda basigaye bakoreshwa uburetwa muri Uganda ” UBUHAMYA “

Ubwanditsi 11 Feb 2019 ITOHOZA

Ku wa Gatandatu nibwo abandi banyarwanda batandatu barimo umugabo n’umugore bari bamaze imyaka 22 batuye muri Uganda birukanwe muri icyo gihugu, aho batandukanyijwe n’abana babo. Abanyarwanda birukanywe ku wa 9 Gashyantare 2019 barimo umugabo n’umugore bamaranye imyaka 22 muri Uganda, boherejwe nyuma y’iminsi bafunzwe.

Mu buhamya bwabo, aba baturage bavuga ko bafatirwa mu nzira kandi bafite ibyangombwa, bakabanza kujyanwa muri kasho. Iyo bagezemo bakoreshwa imirimo y’uburetwa, ivunanye irimo guhinga, kubumba amatafari no kuyikorera, bamwe bagakorerwa iyicarubozo ribaviramo n’ubumuga.

Mukamazera Béatrice yavuze ko yagiye muri Uganda mu 1997, ashaka imibereho ndetse agura ubutaka, anahabonera urubyaro rw’abana batandatu.

Yagize ati “Abana bamaze kuba benshi, ubuyobozi bwatubwiye ko tugomba gushaka ibibaranga. Baduhaye indangamuntu, abana na bo babahaye ibyangombwa by’amashuri n’indangamuntu zibaranga mu gihugu barimo.”

Uyu mubyeyi yafashwe asubiye muri Uganda avuye gushyingura umuntu wo mu muryango wari witabye Imana.

Yagize ati “Twaje gutabara, tumaze gushyingura umukecuru, turataha. Ku mupaka baduhaye icyangombwa cy’urugendo cy’umunsi umwe. Twageze mu nzira badukura mu modoka batubwira ko icyangombwa dufite kitemewe, kigomba kugarukira Kisoro. Badusubije inyuma, badushyira ahantu baratubaza, turisobanura hanyuma bajya kudufunga, tumazemo iminsi ine.’’

Mukamazera n’umugabo we witwa Juvénal bari batuye mu gace ka Butorogo. Yavuze ko berekanye ibyangombwa byabo bya Uganda, abapolisi babashyiraho dosiye yo gutunga indangamuntu ebyiri.

Yakomeje ati “Abana baraduhamagaye batubwira ko birukanwe ku ishuri, tubabwira ko twagize ibibazo mu nzira, tubasaba kwihangana. Natwe twabuze aho tujya.”

Manirakiza Obed we yari amaze imyaka ibiri afungiwe muri Uganda kuva ku wa 26 Kanama 2017.

Yagize ati “Nashinjwe kwinjira mu gihugu nta byangombwa mfite. Twe twanyuraga ku mupaka ariko twagera muri Uganda tugakora, ibibazo uhuye nabyo warengejeho umunsi umwe bakagufata, bakakubaza icyo wakoraga icyo gihe.”

Barakubitwa bakanakoreshwa imirimo ivunanye

Manirakiza wambuwe ibyangombwa byose yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko Abanyarwanda benshi bafungiye muri gereza za Uganda babaye ibikoresho byo kwifashishwa mu mirimo minini yo muri Uganda.

Ati “Abanyarwanda ni bo birirwa bahinga mu mirima y’ahitwa Kiburara na Kabale, bari mu mashyamba babaza, ni bo bubakira Uganda, bagacukura imiferege n’imihanda.”

Yakomeje asobanura ko hari aho wageraga bakakuryanira inzara, bavuga bati dore ‘cya Kinyarwanda’.

Ati “Twarakubiswe bikomeye. Badushoreraga nk’inka ariko ukagera aho wumva unaniwe kubera n’inzara, baduhaga amazi bakuye mu bishanga arimo n’imyorogoto, ukanywa amabakure nk’abiri.”

Imirimo y’agahato irimo kwikorera ingiga z’ibiti ikoreshwa Abanyarwanda bafungirwa muri gereza zo muri Uganda, bayisozaga izuba rirenze. Abanyamahirwe babonaga ifunguro ry’ibisigazwa ry’ibyo Abanya-Uganda bariye, babanje kubafurira.

Maniriho Aimable w’imyaka 58 amaze imyaka ibiri muri gereza. Yafashwe avuye gupagasa, akurwa mu modoka yarimo igeze Nyakabande.

Ati “Imodoka ya Polisi ni yo yatujyanye i Kisoro turara kuri sitasiyo, bucyeye batujyana kuri gereza ya Kisoro. Nafashwe kuko icyangombwa cyanjye cyari cyarengeje igihe.”

Uyu musaza avuga ko ageze muri Gereza ya Kabale yahise arwara, ajyanwa kuvurirwa ahitwa Makanga.

Ati “Abandi bababyutsaga mu gitondo babuka inabi. Njye kuko nari ndwaye nta kindi kibazo nahuye nacyo”

Utanze ruswa ararekurwa

Abatanze ubuhamya bavuga ko Gereza za Uganda zimakaje ruswa, ku buryo ufite amafaranga ayatanga akarekurwa.

Habumuremyi Marc wafatiwe hafi y’ahitwa Kiboga, abamutaye muri yombi bamusabye kwishyura amafaranga asaga miliyoni n’imitwaro 80 y’amashilingi ya Uganda ngo arekurwe.

Yagize ati “Twabuze amafaranga, twemera gufungwa imyaka ibiri. Ubuzima bwaho bwari bubi kubera gukorera ku gahato. Batubwiraga ko turi gukorera amafaranga baduciye, twananiwe kuyishyura. Akazi kananiranaga kahabwaga Abanyarwanda.”

Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabo itandukanye, bagakorerwa iyicarubozo, bamwe bakagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

Mu cyumweru gishize, Abanyarwanda 29 bazwi batawe muri yombi, bafungirwa muri Uganda binyuranye n’amategeko nyuma boherezwa mu Rwanda.

Src : IGIHE

2019-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025
Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyanditswe k’umutoza Nshimiyimana Maurice ‘Maso’ ko ari muri Gicumbi byari ibinyoma
IMIKINO

Ibyanditswe k’umutoza Nshimiyimana Maurice ‘Maso’ ko ari muri Gicumbi byari ibinyoma

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside
ITOHOZA

Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu
INKURU NYAMUKURU

Denise Nkurunziza yajyanwe ikitaraganya kuvurwa COVID-19 muri Kenya, umugabo we aho kujya mu kato ari mu masengesho n’abandi bantu

Ubwanditsi 29 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru