• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC
Umujyi wa Mbarara muri Uganda

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018 ITOHOZA

Mu minsi ishize nibwo humvikanye inkuru y’umupasiteri w’Umunyarwanda uba muri Uganda, wifashisha urusengero rwe mu bikorwa by’ubukangurambaga by’umutwe wa RNC bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uru rusengero ruri i Mbarara muri Uganda rwitwa AGAPE, mu gihe bimenyerewe ko izindi aba ari ingoro yera ihuza abantu n’Imana, rwo si ko biri kuko rukorerwamo ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ikinyamakuru Virunga Post cyatangaje ko gifite amakuru yizewe ko Urusengero AGAPE rwa Pasiteri Deo Nyirigira rwahindutse ihuriro ry’ibikorwa bya RNC mu Burengerazuba bwa Uganda aho ibikorwa nyobokamana bihakorerwa mu rwego rwo guhisha umugambi w’ubukangurambaga no gushaka abajya muri uyu mutwe.

Uru rusengero ni hamwe mu hantu RNC ikorera ibikorwa byayo ishize amanga muri Uganda ishakisha abayoboke bayifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byose bigakorwa bihagarikiwe na Brig. Gen. Abel Kandiho uyobora Urwego rw’Ubutasi mu Ngabo za Uganda,CMI.

Amakuru yizewe avuga ko muri uru rusengero atari ho honyine habera ibikorwa by’ubukangurambaga by’abajya muri RNC ahubwo ko hameze nk’icyicaro gikuru cy’ibikorwa byose muri Uganda y’Uburengerazuba.

Abatangabuhamya bavuze ko abayoboke ba RNC bakunze guhurira muri uru rusengero bikitwa ko bagiye mu masengesho, hanyuma bagakora amalisiti y’urubyiruko rw’abanyarwanda bagiye kwinjiza muri uyu mugambi hamwe n’andi y’abanyarwanda b’inzirakarengane babona ko babangamira ibikorwa bya RNC.

Umwe mu basengera muri uru rusengero yavuze ko abo banyarwanda bagaragazwa nk’ababangamira icengezamatwara rya RNC ndetse inshuro nyinshi bahimbwa ko ari intasi za Guverinoma y’u Rwanda, bikageza ubwo bafatwa na CMI bagafungwa ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Uyu muyoboke wa AGAPE yagize ati “Mu gushaka abayoboke n’ubukangurambaga hagamijwe kwigizayo abo babona nk’intambamyi ku mugambi wabo, babagaragaza nk’intasi z’u Rwanda, bakabashyikiriza CMI… ni umugambi bigaragara ko ugera ku ntego zawo kuri iri tsinda.”

Umwe mu baherutse gutabwa muri yombi muri ubu buryo ni umunyarwanda ukorera ubucuruzi i Mbarara witwa Emmanuel Cyemayire wafashwe ku wa 4 Mutarama 2018 na CMI. Kugeza n’ubu, ntabwo haramenyekana irengero rye.

Iri tsinda ntabwo rihagararira mu rusengero ku bikorwa byaryo byo gushaka abayoboke no gucura umugambi wo gushimuta abanyarwanda, ahubwo bakorana na CMI mu gutwara abarambagijwe babajyana mu nkambi y’imyitozo y’uyu mutwe i Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho mu minsi ishize 43 bafashwe bajya

Uru rusengero ni rwo rwafatiwemo undi muyoboke ukomeye wa RNC witwa Dr. Sam Ruvuma ariko aza kurekurwa na Polisi nyuma y’igitutu cya CMI. Nyuma yo kurekurwa, Ruvuma yakomeje ibikorwa bye ahuriramo na RNC mu mudendezo.

Abandi bantu bari ku isonga muri ibi bikorwa bya RNC byo gushaka abayoboke bakunze kugaragara muri urwo rusengero ni Charles Sande (uzwi nka Robert Mugisha) na Felix Mwizerwa (Umuhungu wa Pasiteri Nyirigira). Mwizerwa na Dr Ruvuma ni bamwe mu bari baherekeje urubyiruko 43 rwafatiwe ku mupaka wa Kikagati na Polisi ya Uganda rujyanywe mu bikorwa bya RNC muri RDC.

Mu mezi abiri ashize, mu rusengero rwa Nyirigira hahimbirwa ibirego bishinja ubutasi abanyarwanda bikaza kugeza ubwo batabwa muri yombi. Amakuru avuga ko hari abanyarwanda barindwi bakorera ubucuruzi muri Uganda bashimuswe bakajyanwa i Kampala ahakorera CMI, amazina yabo yari yatangiwe muri uru rusengero.

Pasiteri Nyirigira uyobora uru rusengero, yahunze ubutabera bw’u Rwanda mu 2000 nyuma y’aho bamwe mu bayoboke b’urusengero AGAPE  i Kigali bamenyesheje ubuyobozi ko abaka ku ngufu amafaranga ndetse ko akoresha itorero mu nyungu ze.

Ibirego bisa n’ibi byanatanzwe n’abayoboke b’itorero AGAPE i Mbarara ariko biba iby’ubusa kuko bivugwa ko inshuti ze zikora muri CMI zamufashije kubisisibiranya.

Ibikorwa bya RNC muri Uganda bigenzurwa na Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa ukuriye ibikorwa bya politiki by’uyu mutwe hamwe na na Corporal Mulindwa wo muri CMI uzwi nka Mukombozi, bose bari mu mutaka wa General Abel Kandiho uyobora CMI.

Ni mu gihe imikoranire ya RNC na CMI ndetse n’ibikorwa by’iyicarubozo bya hato na hato bikorerwa abanyarwanda, bitizwa umurindi na Minisitiri w’Umutekano, Lt Gen. Henry Tumukunde, ushyigikiye abarwanya u Rwanda.

2018-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Ese Diane Rwigara akwiye gushyikirizwa ubutabera nyuma yuko candidature ye iteshejwe agaciro?

Ese Diane Rwigara akwiye gushyikirizwa ubutabera nyuma yuko candidature ye iteshejwe agaciro?

Ubwanditsi 09 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda
INKURU NYAMUKURU

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball
Amakuru

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball

Ubwanditsi 19 Dec 2023
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru