• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Ubwanditsi 13 Feb 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyafurika benshi bagaragaje ko bishimiye amavugurura arimo gukorwa muri uyu muryango, kandi hashingiwe ku buryo ibintu byose birimo guhinduka mu Isi, imikorere y’uyu mugabane atari yo yari kuguma uko yahoze.

Mu mpera z’Ukuboza umwaka ushize, i Dakar muri Sénégal habereye Inama ku iterambere ry’ubumenyi rusange n’ubushakashatsi muri Afurika, The Council for the Development of Social Science Research in Africa, Codesria.

Iyo nama yitabiriwe n’inzobere zaturutse hirya no hino ku mugabane zirimo na Thabo Mbeki wahoze ayobora Afurika y’Epfo. Mu ijambo yahavugiye hari aho yageze avuga ko abona amavugurura mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) ayobowe na Perezida Paul Kagame aganisha habi Afurika. Nta byinshi yarengejeho.

Uyu mugabo w’imyaka 76, amagambo yavuze ajya guhura n’ayo Jacob Zuma wayoboye Afurika y’Epfo yavuze muri Mutarama 2018 ubwo Perezida Kagame yari yahawe kuyobora AU, nyuma y’imyaka ibiri ahawe kuyobora amavugurura y’uwo muryango.

Zuma na we icyo gihe yavuze ko amavugurura ya AU yemejewe abo bireba bose batagishijwe inama. Mu byo yagaragaje kutishimira harimo igitekerezo cyo gufata Umuryango Uharanira Ubufatanye mu Iterambere ry’Afurika (NEPAD) ukagirwa ishami rya AU rishinzwe iterambere, ukanimura icyicaro kikava i Johannesburg muri Afurika y’Epfo kikajya Addis Abeba muri Ethiopia.

Mbeki ni umwe mu bakuru b’ibihugu baharaniye ko Nepad ibaho ndetse ishyirwamo ingufu ubwo yari ayoboye AU mu mwaka wa 2002.

Amavugurura ya AU yashimwe na benshi ariko abona n’abayanenga, bavuga ko yakozwe n’abantu bamwe nta nama zigishijwe kandi bigakorwa hutihuti.

Ibivugwa nta gushishoza kurimo

Ku Cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019 nibwo Perezida Paul Kagame yahereje Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el Sisi intebe y’ubuyobozi bwa AU.

Yatanze inshingano nyuma y’umwaka wakozwemo byinshi birimo isinywa ry’Amasezerano y’isoko rusange n’urujya n’uruza rw’abantu, amasezerano yo guhuza ikirere mu bijyanye n’ingendo z’indege, gushyiraho ikigega cy’amahoro, gushyiraho uburyo ibihugu bigize AU byishakamo ingengo y’imari y’ibikorwa by’umuryango hatitabajwe amahanga n’ibindi.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru The Star, Japhet Mathanda Ncube mu Cyumweru gishize, yavuze ko abagira icyo bamushinja muri aya mavugurura babeshya.

Ati “Nkeka ko harimo ibitari ukuri mu bivugwa. Ni ibintu bidahuye n’ukuri kandi nkeka ko nta gushishoza kurimo. Ntabwo ari byo na gato. Icyakora bintera gukomeza kwibaza, biterwa n’iki? Nanjye ntacyo nzi.”

“Sinzi impamvu ariko kuva twatangira kuyobora (AU), twakoranye neza n’abantu bo mu bihugu byose byo kuri uyu mugabane, abantu bafite ibitekerezo bigamije guteza imbere Afurika, abagabo n’abagore b’inyangamugayo bafite Afurika ku mutima.”

Nubwo hari abavuga ko amavugurura ya AU yakozwe nta kugisha inama, Perezida Kagame yavuze ko atari byo kuko inzego n’ibihugu bitandukanye byabajijwe kandi no kwemeza ko amavugurura ari ngombwa, byakozwe ku bwumvikane bw’abakuru b’ibihugu.

Ati “Ntitwigeze tujya hanze y’inshingano zacu. Ababiturega ntiberekana ikibazo cyihariye, baravuga gusa ngo turi kubyihutisha. Icyakora numva nta kibazo kiri mu kuba AU yakora neza. Sindi wa muntu ukora akazi mu myaka itatu kandi kakagombye gukorwa mu mezi atatu. Byinshi (mu binengwa) bishyirwa muri rusange nta na hamwe hihariye hagaragazwa impungenge.”

Asa n’ugaruka ku gitekerezo cya Mbeki cy’uko amavugurura ya AU atari ngombwa, Kagame yavuze ko mu gihe isi ihinduka buri munsi AU atari yo ikwiriye guhora uko yahoze.

Ati “Ntabwo ushobora kuvuga ngo ikintu kimaze imyaka 20 kiriho ni cyo cyiza, ngo ntikigomba guhinduka. Ibintu hirya no hino birahinduka, rero na AU igomba guhindura. Ntabwo wavuga ngo aha mwikoraho, ngo nta kibazo gihari.”

’Abanyafurika benshi bishimiye ibyo twakoze’

Perezida Kagame yavuze ko igishimishije ari uko abanyafurika benshi bishimiye ibyakozwe mu mwaka umwe yamaze ayoboye AU.

Ati “Twageze kuri byinshi, abanyafurika benshi bagaragaje kubyishimira. Muri Afurika dufite buri kimwe ngo tugere ku nzozi zacu. Tuzagera ku byo twifuza niduhuriza hamwe amasoko yacu adakomeye, tworohereza urujya n’uruza rw’abaturage bacu n’ibicuruzwa ku mugabane.”

Mu Cyumweru gishize ubwo yahererekanyaga ububasha na Perezida Sisi, Kagame yavuze ko Afurika ikwiye kuba umwe kugira ngo ibashe guhangana n’ibindi bihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Ati “Ntabwo tugomba kugirira ubwoba izi mpinduka cyangwa ngo dushake kuzikerereza. Ibyo nta musaruro bizatuzanira. Dukwiriye kujya mu ruhando mpuzamahanga twunze ubumwe kandi tugakorana n’indi miryango y’uturere n’abikorera, duharanira ko uburenganzira n’inyungu by’abanyafurika bishyirwa imbere.”

Nubwo Perezida Kagame yatanze intebe y’ubuyobozi ya AU, aracyayoboye amavugurura ya AU kandi yanatorewe kuba Visi Perezida wa kane akaba n’umwanditsi mu bungirije Perezida Sisi.

Inkuru ya IGIHE.COM

2019-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Mukankomeje na Tito Rutaremara bahawe imyanya mishya, Kabandana wayoboye Kigali yongera kugaragara

Dr Mukankomeje na Tito Rutaremara bahawe imyanya mishya, Kabandana wayoboye Kigali yongera kugaragara

Ubwanditsi 05 Nov 2019
…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Ubwanditsi 11 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Ubwanditsi 18 Aug 2022
Amafoto – Mu Mukino ubanza Uganda yakiriye i Kigali, yanganyije n’u Rwanda mu bagore ibitego 3-3
Amakuru

Amafoto – Mu Mukino ubanza Uganda yakiriye i Kigali, yanganyije n’u Rwanda mu bagore ibitego 3-3

Ubwanditsi 13 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru