• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Ubwanditsi 13 Feb 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyafurika benshi bagaragaje ko bishimiye amavugurura arimo gukorwa muri uyu muryango, kandi hashingiwe ku buryo ibintu byose birimo guhinduka mu Isi, imikorere y’uyu mugabane atari yo yari kuguma uko yahoze.

Mu mpera z’Ukuboza umwaka ushize, i Dakar muri Sénégal habereye Inama ku iterambere ry’ubumenyi rusange n’ubushakashatsi muri Afurika, The Council for the Development of Social Science Research in Africa, Codesria.

Iyo nama yitabiriwe n’inzobere zaturutse hirya no hino ku mugabane zirimo na Thabo Mbeki wahoze ayobora Afurika y’Epfo. Mu ijambo yahavugiye hari aho yageze avuga ko abona amavugurura mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) ayobowe na Perezida Paul Kagame aganisha habi Afurika. Nta byinshi yarengejeho.

Uyu mugabo w’imyaka 76, amagambo yavuze ajya guhura n’ayo Jacob Zuma wayoboye Afurika y’Epfo yavuze muri Mutarama 2018 ubwo Perezida Kagame yari yahawe kuyobora AU, nyuma y’imyaka ibiri ahawe kuyobora amavugurura y’uwo muryango.

Zuma na we icyo gihe yavuze ko amavugurura ya AU yemejewe abo bireba bose batagishijwe inama. Mu byo yagaragaje kutishimira harimo igitekerezo cyo gufata Umuryango Uharanira Ubufatanye mu Iterambere ry’Afurika (NEPAD) ukagirwa ishami rya AU rishinzwe iterambere, ukanimura icyicaro kikava i Johannesburg muri Afurika y’Epfo kikajya Addis Abeba muri Ethiopia.

Mbeki ni umwe mu bakuru b’ibihugu baharaniye ko Nepad ibaho ndetse ishyirwamo ingufu ubwo yari ayoboye AU mu mwaka wa 2002.

Amavugurura ya AU yashimwe na benshi ariko abona n’abayanenga, bavuga ko yakozwe n’abantu bamwe nta nama zigishijwe kandi bigakorwa hutihuti.

Ibivugwa nta gushishoza kurimo

Ku Cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019 nibwo Perezida Paul Kagame yahereje Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el Sisi intebe y’ubuyobozi bwa AU.

Yatanze inshingano nyuma y’umwaka wakozwemo byinshi birimo isinywa ry’Amasezerano y’isoko rusange n’urujya n’uruza rw’abantu, amasezerano yo guhuza ikirere mu bijyanye n’ingendo z’indege, gushyiraho ikigega cy’amahoro, gushyiraho uburyo ibihugu bigize AU byishakamo ingengo y’imari y’ibikorwa by’umuryango hatitabajwe amahanga n’ibindi.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru The Star, Japhet Mathanda Ncube mu Cyumweru gishize, yavuze ko abagira icyo bamushinja muri aya mavugurura babeshya.

Ati “Nkeka ko harimo ibitari ukuri mu bivugwa. Ni ibintu bidahuye n’ukuri kandi nkeka ko nta gushishoza kurimo. Ntabwo ari byo na gato. Icyakora bintera gukomeza kwibaza, biterwa n’iki? Nanjye ntacyo nzi.”

“Sinzi impamvu ariko kuva twatangira kuyobora (AU), twakoranye neza n’abantu bo mu bihugu byose byo kuri uyu mugabane, abantu bafite ibitekerezo bigamije guteza imbere Afurika, abagabo n’abagore b’inyangamugayo bafite Afurika ku mutima.”

Nubwo hari abavuga ko amavugurura ya AU yakozwe nta kugisha inama, Perezida Kagame yavuze ko atari byo kuko inzego n’ibihugu bitandukanye byabajijwe kandi no kwemeza ko amavugurura ari ngombwa, byakozwe ku bwumvikane bw’abakuru b’ibihugu.

Ati “Ntitwigeze tujya hanze y’inshingano zacu. Ababiturega ntiberekana ikibazo cyihariye, baravuga gusa ngo turi kubyihutisha. Icyakora numva nta kibazo kiri mu kuba AU yakora neza. Sindi wa muntu ukora akazi mu myaka itatu kandi kakagombye gukorwa mu mezi atatu. Byinshi (mu binengwa) bishyirwa muri rusange nta na hamwe hihariye hagaragazwa impungenge.”

Asa n’ugaruka ku gitekerezo cya Mbeki cy’uko amavugurura ya AU atari ngombwa, Kagame yavuze ko mu gihe isi ihinduka buri munsi AU atari yo ikwiriye guhora uko yahoze.

Ati “Ntabwo ushobora kuvuga ngo ikintu kimaze imyaka 20 kiriho ni cyo cyiza, ngo ntikigomba guhinduka. Ibintu hirya no hino birahinduka, rero na AU igomba guhindura. Ntabwo wavuga ngo aha mwikoraho, ngo nta kibazo gihari.”

’Abanyafurika benshi bishimiye ibyo twakoze’

Perezida Kagame yavuze ko igishimishije ari uko abanyafurika benshi bishimiye ibyakozwe mu mwaka umwe yamaze ayoboye AU.

Ati “Twageze kuri byinshi, abanyafurika benshi bagaragaje kubyishimira. Muri Afurika dufite buri kimwe ngo tugere ku nzozi zacu. Tuzagera ku byo twifuza niduhuriza hamwe amasoko yacu adakomeye, tworohereza urujya n’uruza rw’abaturage bacu n’ibicuruzwa ku mugabane.”

Mu Cyumweru gishize ubwo yahererekanyaga ububasha na Perezida Sisi, Kagame yavuze ko Afurika ikwiye kuba umwe kugira ngo ibashe guhangana n’ibindi bihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Ati “Ntabwo tugomba kugirira ubwoba izi mpinduka cyangwa ngo dushake kuzikerereza. Ibyo nta musaruro bizatuzanira. Dukwiriye kujya mu ruhando mpuzamahanga twunze ubumwe kandi tugakorana n’indi miryango y’uturere n’abikorera, duharanira ko uburenganzira n’inyungu by’abanyafurika bishyirwa imbere.”

Nubwo Perezida Kagame yatanze intebe y’ubuyobozi ya AU, aracyayoboye amavugurura ya AU kandi yanatorewe kuba Visi Perezida wa kane akaba n’umwanditsi mu bungirije Perezida Sisi.

Inkuru ya IGIHE.COM

2019-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025
Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Ubwanditsi 07 Mar 2020
Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Ubwanditsi 12 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices
POLITIKI

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa
Mu Rwanda

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru