• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Ubwanditsi 20 Oct 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yitegura kujya ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Kenya, igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60 z’amafaranga y’u Rwanda, aho abasanzwe ari abanyamigabane aribo bazahabwa amahirwe menshi.

Ibi bizakorwa mu rwego rwo guharanira gutangira kugurisha imigabane ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi (NSE) bitarenze ku wa 30 Ugushyingo 2018.

BK yamaze guhabwa uburenganzira bwo kugurisha iyi migabane mishya n’Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda, CMA ndetse n’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (RSE).

Imigabane 222,222,222 niyo izashyirwa ku isoko, umwe ukazaba ugura 270Frw. Iki gikorwa cyitezweho gutuma BK ikusanya miliyari 60 z’Amanyarwanda

Itangazo ryashyizwe hanze na BK rivuga ko abasanzwe ari abanyamigabane ari bo bafite amahirwe menshi, aho ufite byibura imigabane itatu azaba yemerewe kugura undi umwe.

Biteganyijwe ko ku wa 30 Ugushyingo 2018 aribwo iyi migabane izatangira kugurishwa kuri RSE, ndetse BK igatangira gucuruza ku isoko ry’imari n’imigabane rya Nairobi, NSE.

Iracyategereje ariko kwemererwa na NSE ndetse n’Ikigo kigenzura ibirebana n’isoko ry’imari n’imigabane muri Kenya.

BK Group PLC iherutse gutangaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2018, yabonye inyungu ya miliyari 13.4Frw, intego akaba ari uko uyu mwaka urangira yungutse miliyari 28Frw.

Gucuruza ku isoko rya Nairobi, BK ibyitezeho kubona abashoramari mpuzamahanga benshi, bagorwaga n’isoko ryo mu Rwanda ritagaragaraho ibigo bibafasha mu micungire y’imigabane yabo (Custodians).

Ni mu gihe Nairobi ho habarizwa ibigo nka Barclays na HSBC, bifasha abanyamahanga kugura no kugurisha imigabane mu bigo byo muri Kenya.

Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda ku munsi ryinjiza hagati y’ibihubi 15-20 by’amadolari, mu gihe irya Nairobi ryo ryinjiza hafi miliyoni zirindwi z’amadolari.

 

 

2018-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ruhagaze  neza muri  Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine
IMIKINO

U Rwanda ruhagaze neza muri Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina
Amakuru

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe
Amakuru

Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru