• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Ubwanditsi 25 Apr 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Gatete Claver, yatangaje ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali bizaba bifite amazi ahagije.

Yabigarutseho kuri uyu wa 24 Mata 2018 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite isobanurampamvu ku ishingiro ry’ Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 12 Werurwe 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega cya OPEC Gitsura Amajyambere Mpuzamahanga (OFID), yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni makumyabiri z’amadolari y’Abanyamerika agenewe gahunda irambye y’u Rwanda yo gukwirakwiza amazi n’ibikorwa by’isukura.

Abadepite bagaragaje ko mu gihugu hakigaragara ibibazo by’ibura ry’amazi kandi hari imishinga myinshi yashyizwemo akayabo.

Depite Nyirarukundo Ignatienne yabajije igihe Umujyi wa Kigali uzaba ufite amazi, ku buryo umuntu azajya ayakenerera agahita ayabona.

Yagize ati “Umujyi wa Kigali abantu tuhatuye imyaka, tuzabona amazi ryari? Ngo abantu bamenye ko winjiye mu nzu uri bukarabe intoki, uri buteke uri bukore ibintu byose. No mu mahoteli abantu bararamo usanga abashyitsi bakijujuta ngo ikibazo kiba iwanyu nta mazi, mu igenamigambi ry’igihe kirekire Umujyi wa Kigali uzabona amazi ryari?”

Depite Kantengwa Juliana we yavuze ko bitumvikana uburyo igihugu gifata inguzanyo cyangwa kigahabwa inkunga, yashorwa mu mishinga y’amazi ntibigire icyo bimarira abaturage.

Yavuze uburyo hari imishinga myinshi itahwa, abaturage bakishimira ko amazi bayabonye hashira igihe gito ntibongere kuyabona ukundi.

Yatanze urugero rw’i Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, aho Umukuru w’Igihugu yagiye gufungura umushinga w’amazi, yahava abaturage ntibongere kubona n’igitonyanga.

Yagize ati “Mu mazi harimo ikibazo bakwiye kubikurikirana, bakwiye gushyiramo imbaraga. Turabara ngo intego twayigezeho ariko wasubira inyuma abaturage bakakubwira ko biheruka igihe bafunguraga umushinga.”

Minisitiri Gatete yavuze ko hari umushinga munini ureba amazi, isuku n’isukura, aho biteze ko uzakemura ibibazo bitandukanye hirya no hino mu gihugu.

Mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko, yavuze ko mu mezi abiri abice byinshi birimo n’ibitajyaga bibona amazi bitangira kuyabona. Gusa yavuze ko bitavuze ko ikibazo kizaba gikemutse burundu, aho ngo hakiri ibikorwa bigamije kuyongera.

Yagize ati “Ukwezi kwa Gatandatu kurarangira ahantu henshi cyane hamaze kugera amazi. Haba za Kicukiro, za Nyamirambo n’ahandi aho ngaho murabona menshi cyane cyane ko bakoraga kuri Kanzenze yiyongera kuri Nzove arafasha ibice byinshi by’Umujyi wa Kigali.”

Yunzemo ati “Bitavuze ko amazi yose ahagije muri Kigali hose, muraza kubona ko habaho impinduka. Ku buryo n’abayabonaga igihe gito bagiye kuzajya bayabona ikirekire kubera akazi kakorwaga n’ishoramari ryashyirwagamo.”

Uyu muyobozi yashimangiye ko akazi kakozwe kandi kagikomeza kibanda cyane mu gushyiraho ibikorwaremezo muri uru rwego ku buryo bizagira uburambe bw’igihe kirekire.

Ku bijyanye n’imicungire y’imishinga, aho wasangaga amazi ahabwa abaturage mu gihe gito ntibongere kuyabona, yavuze ko hashyizweho uburyo burambye bwo kugenzura iyo mishinga.

U Rwanda rufite umushinga urebana n’amazi, isuku n’isukura uzatwara miliyoni 262 z’amadolari ya Amerika, aho amazi yonyine yihariye miliyoni $166.

Ambasaderi Gatete yavuze ko amazi atari ahagije ari na yo mpamvu bafashe amafaranga menshi ngo bakore ishoramari mu mazi kugira ngo yunganire ibyari bisanzwe bihari.

2018-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Ubwanditsi 13 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?
Amakuru

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Urukiko rwategetse ko  Anne  arekurwa,   Diane Rwigara na nyina  bagafungwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko
ITOHOZA

Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Ubwanditsi 10 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru