• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Ubwanditsi 19 Jun 2019 ITOHOZA

Abasesenguzi bagaragaza ko ibi byaha byo gufata kungufu bishinjwa  Eugène-Richard Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, bisa n’ibimaze iminsi bishinjwa Harvey Weinstein wahoze ari igikomerezwa muri Hollywood, wazamuye benshi mu bakinnyi ba sinema ariko akajya yitwaza ubwamamare bwe, akigarurira abagore n’abakobwa maze bikarangira abafashe ku ngufu.

Mu basesenguzi barimo IGIHE, bavuga ko inkubiri ya “#MeToo” ihamagarira abagore kwibohora ingoyi y’ubwoba bakerura ihohoterwa bakorerwa,  ikomeje gushyira benshi hanze,  ngo  ugezweho ubu ni Eugène-Richard Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i New York kuva mu 2012 kugeza mu 2016, akaza guhagarikwaga kubera amakosa akomeye atarahise atangazwa, bikarangira afashe iy’ubuhungiro kuri ubu akaba ari umwe mubagize RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse ko ari no mubarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bafashwa na Leta ya Uganda kubona ibyangombwa birimo na Passport.

Ibi byaha kandi nibyo biheruka gukoraho umukinnyi wa filime n’umunyarwenya Bill Cosby w’imyaka 81, muri Nzeri 2018 wakatiwe gufungwa imyaka 10 nyuma yo guhamwa no gufata ku ngufu Andrea Constand mu myaka 15 ishize, cyangwa ibirego bikomeje kubuza amahwemo umuhanzi R. Kelly.

Abasesenguzi bavuga ko Abanyapolitiki nabo bamaze gushyirwa ku karubanda mu nkubiri yo kwibohora kw’abagore n’abakobwa ari benshi, ku isonga haza umufaransa Dominique Strauss-Kahn wahoze ayobora Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, FMI, ubuzima bwe bwagiye mu kaga ubwo yashinjwaga gufata ku ngufu Nafissatou Diallo wakoraga isuku mu cyumba cye muri Sofitel New York Hotel.

Bagahamya ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zitajenjekera ibyaha byo gufata ku ngufu kandi nta tegeko rihuriweho rihana icyaha cyo gufata ku ngufu, ahubwo ibihano bigenda bihindagurika bitewe n’amategeko leta runaka igenderaho.

Eugène-Richard Gasana, uyu mugabo w’imyaka 56 upima ibilo biri hejuru y’ijana ashinjwa gufata ku ngufu umukobwa w’umunyarwandakazi wari ufite imyaka 21 ubwo ibyo byaha byamukorerwaga, icyo gihe yapimaga ibiro hafi 60, akora nk’uwimenyereza umwuga by’igihe gito mu Muryango w’Abibumbye.

Gasana ushinjwa gukora aya mahano yari Perezida w’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano, umwanya yagize hagati ya Mata 2013 na Nyakanga 2014. Ashinjwa ko yamufashe ku ngufu inshuro ebyiri, hagati ya Kamena na Nyakanga 2014.

Ubwa mbere ngo Gasana  yatumiye uyu mugore muri Hoteli yitwa Millenium Hotel cyangwa mu nzu yitwa One UN Plaza,  yegeranye n’Icyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye, nk’uko The New York Post yabyanditse. Byari  mu rwego rwo kugirango bice isari, ubwambere acigatira ikiganza cye atangira ku gisoma ndetse akazajya akora n’ibindi bikorwa bimushyira mu ntege nke.

Yaje kumusaba ko bajya mu nzu yo hejuru mu cyasaga n’icyumba cy’inama, ariko umukobwa atungurwa n’uko inyuma harimo uburiri ari naho yamufatiye ku ngufu, nk’uko bigaragara mu kirego cyashyikirijwe urukiko rw’i Manhattan.

Kimwe na benshi mu bakobwa cyangwa abagore bahohotewe, uyu na we ngo ntiyahise aregera urukiko ibyamubayeho kuko yatinyaga ko Gasana “yagirira nabi umuryango we uri mu Rwanda” ndetse yari afite ubudahangarwa bugenerwa abadipolomate bo ku rwego rwe icyo gihe.

Nyuma yo gukurwa mu mirimo aho Gasana yari ahagarariye u Rwanda i New York, yahawe uburenganzira bwo gutura muri Amerika by’ubuziraherezo. Yaregewe mu karere ka Manhattan, kamwe muri dutanu tugize Leta ya New York.

Ni ukuvuga ko n’amategeko azakoreshwa ari ayo muri iyo leta, aho iyo bigaragaye ko umuntu afashwe ku ngufu abigiriwe n’umuntu amufatiranye kuko ari umunyantege nke, uhamwe n’icyaha ku rwego rwa mbere, ahanishwa igifungo gishobora kugera ku myaka 25 muri gereza.

Ni ukuvuga ko nubwo habaho uburyo uba ushobora nko gukomereza igihano hanze ya gereza, kuri uru rwego ugomba kubanza kumara nibura imyaka itanu muri gereza.

Guhamywa n’ibi byaha bishobora gutuma umuntu yamburwa uburenganzira bwo gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ni ibintu bisuzumwa n’urukiko rushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihe uregwa yahamijwe uruhare mu byaha bibangamiye sosiyete yakoze mu myaka itanu nyuma y’uko ahawe uburenganzira bwo gutura muri Amerika ndetse iyo icyaha ashinjwa gihanishwa igifungo nibura cy’umwaka umwe.

Urukiko rushinzwe abinjira n’abasohoka kandi rureba niba uregwa yaragize uruhare mu byaha bibiri cyangwa ibirenga bibiri bibangamiye sosiyete mu gihe icyo aricyo cyose amaze guhabwa uburenganzira bwo gutura muri Amerika.

2019-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Ubwanditsi 15 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite
ITOHOZA

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida
Amakuru

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Ubwanditsi 01 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru