• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016 Mu Mahanga

​Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, Superintendent of Police (SP) Donath Kinani, yakanguriye abacukura amabuye y’agaciro kurengera ibidukikije mu gihe bari gukora uwo mwuga.

Ubu butumwa yabutanze ku itariki 7 Mutarama 2016 mu nama yagiranye n’abayacukura mu mirenge ya Karama na Kageyo bagera kuri mirongo itanu.
SP Kinani yabwiye abo bacukura amabuye y’agaciro muri iyo mirenge yombi kwirinda ibikorwa bishobora kwangiza imigezi, nko kuyiyungururiramo imicanga bavanye mu birombe.

Yagize ati: “Umucanga ushakwamo amabuye y’agaciro ugomba kuyungururirwa i gasozi, kandi ntibigomba gukorerwa hafi y’umugezi, ikiyaga, cyangwa uruzi.”
Yababwiye kandi kujya bacukura ibizenga bifata amazi bakoresheje bayungurura umucanga kugira ngo atangiza ibidukikije.

Na none SP Kinani yasabye abakora uyu mwuga kujya basiba aho bacukuye amabuye y’agaciro, kandi bakahatera ibiti kugira ngo harwanywe isuri ndetse n’ibindi biza.

Yababwiye kandi kudakoresha abantu batagejeje ku myaka 18 y’amavuko mu mirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

SP Kinani yabakanguriye kandi gukoresha ibikoresho bigezweho kugira ngo birinde impanuka mu gihe bari gukora iyo mirimo ndetse barusheho kubungabunga ibidukikije .
Yabwiye abaturage kwirinda gukorera mu nkengero z’imigezi, ibiyaga, n’inzuzi ibikorwa bitahagenewe, ariko na none abasaba kubahiriza amategeko agenga ibikorwa byemewe kuhakorerwa.

Yabagiriye kandi inama yo kutohereza abana kubivomamo kuko bashobora kubirohamamo mu gihe bari kubyidumbaguzamo.

Umwe muri abo bacukura amabuye y’agaciro witwa Niyigena Felix, akaba yari ahagarariye muri iyo nama imwe muri Kompanyi zikora uwo mwuga yitwa Kayenzi Mining Company (KAMICO) yagize ati:”Ikiganiro twahawe na Polisi y’u Rwanda ni ingirakamaro kuko twakibukirijwemo ko tugomba kubungabunga ibidukikije mu gihe turi gukora imirimo yacu y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

Niyigena yakomeje agira ati:”Tugomba gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo bugezweho,ni ukuvuga, uburyo butangiza ibidukikije.”

Yagize kandi ati:” Hamwe mu hantu ducukura amabuye y’agaciro hegereye umugezi wa Nyabarongo. Nk’uko twabikanguriwe n’inzego zitandukanye, tuzirinda kuwangiza kugira ngo amazi yawo abe urubogobogo.”

Yabwiye bagenzi be kuzirikana inama bagiriwe na Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, kandi abasaba kuzishyira mu bikorwa.

RNP

2016-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gushaka ibyuma bishaje bikwiriye gukorwa n’abantu bakuru– Polisi y’u Rwanda

Gushaka ibyuma bishaje bikwiriye gukorwa n’abantu bakuru– Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 29 Jan 2016
‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa”  -Padiri Nahimana

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa” -Padiri Nahimana

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Ubwanditsi 08 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe udupfunyika 1000 tw’urumogi na litiro zirenga 1,400 z’inzoga zitemewe
Mu Rwanda

Polisi yafashe udupfunyika 1000 tw’urumogi na litiro zirenga 1,400 z’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
INKURU NYAMUKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 20 Jun 2019
[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru