• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Ubwanditsi 08 Feb 2017 ITOHOZA

Abantu benshi banejejwe n’uko isi imaze gutera imbere mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye kandi iryo koranabuhanga rikaba ryari ribereyeho gufasha umuntu mu buzima bwe bwa buri munsi. Ariko na none, iryo koranabuhanga ntiryasigaye inyuma mu bintu bishobora guhindura umuntu ubushwambagara mu mwanya muto, aha ndavuga icurwa ry’ibitwaro bya kirimbuzi bifite ikoranabuhanga rihanitse.

Iri korwa rero ry’ibi bitwaro ryafashe indi ntera k’uburyo nta gihugu gishaka gusigara inyuma keretse ibifite amikoro make cg se bikaba bidafite abahanga mu gucura ibyo bikoresho. Irushanwa ryo gucura ibi bitwaro bya kirimbuzi ni muri bimwe byatumye habaho intamba y’isi ya 1 n’iya 2, none intambara ya 3 y’isi nayo iranuka. Kandi iramutse ibayeho ishobora kuzica abantu batigeze gupfa mu ntambambara kubera ikoranabuhanga riri mu bitwaro biriho.

-5656.jpg

Mu myaka ishize hagiye habaho gututumba kw’intamara zikomeye hanyuma zikagenda zihoshwa n’abayobozi babaga bashaka guharanira amahoro ku isi, uyu mwaka wa 2017 n’indi iri imbere, biragaragar ko ishobora kuzagarika ingogo kubera ubwumvikane buke bukomeje gufata intera hagati y’abategetsi b’ibihugu byibihangage bivuga rikijyana ku isi.

Tugiye kureba ibirimo kubera mu karere karimo inyanja y’Ubushinwa y’amajyepfo aho Amerika ishobora gukozanyaho n’Ubushinwa.

Ese koko Amerika ishobora gukozanyaho n’Ubushinwa?

Burya umuntu iyo azi ko ikintu gishobora kumugiraho ingaruka mbi zamubabaza, akenshi atinya guhangana nukuri kuri imbere ye maze akakwigizayo cyane kugira ngo arebe ko yakwiha amahoro. Ibi bigaragara iyo uvuganye n’abantu ukababaza niba intambara ya 3 y’isi ishobora kubaho, abantu barakwamagana bakakubwira ko abantu baciye akenge ko nta ntambara nkiriya yakongera kubaho, noneho wababaza niba intambara zirimo kuba ahandi zirimo gukowa n’abantu batagira ubwenge ugasanga baracecetse.

-5661.jpg

Uyu munsi iyo urebye uko ikibazo giteye hagati y’Amerika n’Ubushinwa gishobora gutuma hibazwa byinshi byihishe inyuma yacyo. Iki kibazo cyo mu nyanja y’Ubushinwa y’amajyepfo gifite ibindi byishi gihishe, kuko hakimara gusohoka raporo y’ubushakashatsi bwavugag ko hariya hantu hari Peteroli na Gaze z’ubwoko butandukanye byacukurwa imyaka myinshi, nibwo ibi bihugu byombi byatangiye gutungana agatoki.

Aho bigeze ubu byatumye ibihugu byombi byegeranya intwaro kabuhariwe bizerekeza muri kariya karere kugira ngo bibaye ngombwa bacakirane. Aha umuntu yakwibaza ati ese biriya birwa nibyo bapfa bishobora gutuma hagwa imbaga y’abantu? Oya gashozantambara ni umutungo kamere wahavumbuwe harimo na peteroli.

-5659.jpg

-5657.jpg

Mu byumweru bitatu bishize buri gihugu muri ibi twavuze cyerekeje intwaro zacyo muri kariya gace, ubu amato y’intambara yikoreye indege nyinshi n’abasirikare yafashe ibirindiro, amato agendera munsi y’inyanja ngo nayo aracicikana munsi y’inyanja.

Ibigendajuru bya gisirikare bya buri gihugu biragenzura hose, ndetse buri gihugu gifite ibisasu bya kirimbuzi byo mu bwoko bwa Nuclear ku buryo byakoreshwa bibaye ngombwa, ibi bikaba byerekana ko ikibazo gishobora gutuma umuriro waka.

Ikinyamakuru Daily Star Online cyo cyatangaje ko iki kibazo kiri mu bibazo bikomeye bishobora kubyara intambara ya 3 y’isi yose kubera ko Ubushinwa bwarahiye ko budashobora kuganira n’umuntu uwariwe wese kubijyanye n’Imipaka y’Igihugu cyabo mugihe Perezida Trump yaburiye abayobozi b’Ubushinwa kuva muri kariya karere batarabona ishyano.

Ikindi biragaragara ko imyitwarire no gufata ibyemezo bya Trump ari ibintu biteye ubwoba benshi. Ubu rero icyo byabyaye kugira ngo bibaye ngombwa basakirane, buri wese yazanye intwaro zishoboka kugira ngo umwe yereke undi ko adashobora kuhamukura.

Umujyanama wa Trump yavuze ko intambara n’Ubushinwa ntacyayibuza.

Umujyanama wa Trump, Steve Bannon uyu akaba yaranashyizwe mu kanama kihariye k’umutekano w’Amerika (National Security Council), yabwiye Senat ko uko byagenda kose bazarwana n’Ubushinwa ngo nubwo atazi igihe bizabera. Kubera imbaraga uyu mugabo afite kandi akaba ntakimucika mu byemezo byo hejuru byafatwa muri Ameika, abasesenguzi bahise babona ko hari gahunda ikomeye kuri iki kibazo.

-5658.jpg

Twabibutsa ko iki kibazo cyagejejwe mu muryango w’ibihugu byabibumbye (UN) mu mwaka 2016 ariko kirananirana, ubu ibihugu byombi bigaragara ko bigiye gukoresha imbaraga za gisirikare.

Ubushinwa bwo buraregwa n’Amerika ko bimuye imipaka mu nyanja ngo kugira ngo bazarwanire kure y’imipaka yabo ngo ndetse bamaze kubaka ibirwa mu nyanja byo gushyiraho ibitwaro bya gisirikare ngo kubera ko amato y’intambara adahagije. Naho igihugu cy’Amerika cyatangiye imyitozo ikomeye ikaba irimo gukorerwa muri Philippine kubera ko yegereye ako karere, n’ahandi muri iyi nyanja.

Ese perezida Trump yatangiza iyi ntambara?

Iki ni ikibazo cyoroshye kuri we kuko mugihe gito amaze kubutegetsi ubwo yagezwagaho ibibazo byihutirwa yavuze ko azajugunya ingabo z’ abashinwa ziri muri aka karere zikagwa iwabo, yahise anasaba James Mattis uyobora ingabo ko ibikoresho bya gisirikare bigomba kuba hafi aho kugira ngo mugihe icyemezo gifashwe bazahite batangira urugamba.

Ibi ariko byasanze n’Ubushinwa bwaramaze gufata icyo cyemezo kuko bafite abasirikare barenga ibihumbi ijana baryamiye amajanja, ibikoresho bikomeye by’intambara birimo n’amato arasa ibisasu bya kirimbuzi nka Nuclear bikaba biri ahitwa Hainan nabyo byiteguye kwinjira mu ntambara.

Mugukomeza imyiteguro y’intambara, Amerika imaze gukusanya ibitwaro mu bihugu bifatanya nayo bigose kariya karere nka Koreya y’Amajyepfo, Japan n’ibindi. Muri ibi bitwaro harimo indege zirasa ibisasu bya kirimuzi nka Nuclear ngo ziri mu birindiro bya Guam. Ubwo ushinzwe ingabo muri Amerika yagendereraga Koreya y’Amajyepfo n’Ubuyapani mu cyumweru gishize, umwe mubari kumwe nawe yasubiye mu magambo Steve Bannon yavuze ashimangira ko ntagushidikanya ko intambara atari inzozi hagati y’Amerika n’Ubushinwa.

Naho James Mattis yatunze agatoki abashinwa ko kariya gace bashaka kwiba Amerika kahoze ari nyanja yabo, ko Ubushinwa butazahagumana kobazahava bakwanga hagakoreshwa imbaraga zikenewe.

-5660.jpg

Ibi bikimara gutangazwa nibwo People’s Liberation Army of China yahise isohora itangazo ibwira abashinwa ko intambara n’igihugu cy’Amerika bagomba kuyitegura isaha iyariyo yose, ko bitakiri inzozi ko buri mushinwa agomba kuzaterwa ishema no guhangana n’umwanzi uzaba ushaka kubavutsa ubusugire bw’ igihugu cyabo.

Mugihe abantu benshi bumva ko hari igihe bitashoboka ko Amerika n’Ubushinwa barwana, ibi bashobora kubyibagirwa kuko akenshi intambara tubona zishingiye kukurwanira Peteroli ariyo ihatse ubukungu bw’isi. Kariya gace ngo gashobora kuba ariko kavumbuwemo Peteroli nyinshi ku isi kuburyo ibi bihugu byombi bidashobora kuhahara badakozanijeho, ibi rero bikaba byemeza ko biriya bitwaro bitazasubira aho byahoze bidakoze umurimo byakorewe.

Ikindi iyi ntabara ibaye byasaba ibihugu byinshi kuyinjiramo kubera amasezerano yo gutabarana yagiye asinywa. Twavuga nka Koreya y’Amajyepfo, Ubuyapani,Malaysia, Taiwan, Vietnam, Philippine, Koreya y’Amajyaruguru yavuze ko yahita itabara Ubushinwa, Uburusiya bwatabara Ubushinwa ndetse na Iran murumva ko intambara ya 3 y’isi yaba yambikanye.

Hakizimana Themistocle

2017-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 03 May 2018
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Kugirango  u Rwanda  rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese  birashoboka ?

Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Ubwanditsi 28 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026
Amakuru

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
[ VIDEO ] Perezida Kagame  yakirwa na Xi Jinping w’u Bushinwa
MULTIMEDIA

[ VIDEO ] Perezida Kagame yakirwa na Xi Jinping w’u Bushinwa

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Umutoza w’ikipe y’igihugu arasaba abafa kuza ari benshi ku munsi baza kina na Congo Kinshasa
IMIKINO

Umutoza w’ikipe y’igihugu arasaba abafa kuza ari benshi ku munsi baza kina na Congo Kinshasa

Ubwanditsi 26 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru