• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Ubwanditsi 08 Feb 2017 ITOHOZA

Abantu benshi banejejwe n’uko isi imaze gutera imbere mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye kandi iryo koranabuhanga rikaba ryari ribereyeho gufasha umuntu mu buzima bwe bwa buri munsi. Ariko na none, iryo koranabuhanga ntiryasigaye inyuma mu bintu bishobora guhindura umuntu ubushwambagara mu mwanya muto, aha ndavuga icurwa ry’ibitwaro bya kirimbuzi bifite ikoranabuhanga rihanitse.

Iri korwa rero ry’ibi bitwaro ryafashe indi ntera k’uburyo nta gihugu gishaka gusigara inyuma keretse ibifite amikoro make cg se bikaba bidafite abahanga mu gucura ibyo bikoresho. Irushanwa ryo gucura ibi bitwaro bya kirimbuzi ni muri bimwe byatumye habaho intamba y’isi ya 1 n’iya 2, none intambara ya 3 y’isi nayo iranuka. Kandi iramutse ibayeho ishobora kuzica abantu batigeze gupfa mu ntambambara kubera ikoranabuhanga riri mu bitwaro biriho.

-5656.jpg

Mu myaka ishize hagiye habaho gututumba kw’intamara zikomeye hanyuma zikagenda zihoshwa n’abayobozi babaga bashaka guharanira amahoro ku isi, uyu mwaka wa 2017 n’indi iri imbere, biragaragar ko ishobora kuzagarika ingogo kubera ubwumvikane buke bukomeje gufata intera hagati y’abategetsi b’ibihugu byibihangage bivuga rikijyana ku isi.

Tugiye kureba ibirimo kubera mu karere karimo inyanja y’Ubushinwa y’amajyepfo aho Amerika ishobora gukozanyaho n’Ubushinwa.

Ese koko Amerika ishobora gukozanyaho n’Ubushinwa?

Burya umuntu iyo azi ko ikintu gishobora kumugiraho ingaruka mbi zamubabaza, akenshi atinya guhangana nukuri kuri imbere ye maze akakwigizayo cyane kugira ngo arebe ko yakwiha amahoro. Ibi bigaragara iyo uvuganye n’abantu ukababaza niba intambara ya 3 y’isi ishobora kubaho, abantu barakwamagana bakakubwira ko abantu baciye akenge ko nta ntambara nkiriya yakongera kubaho, noneho wababaza niba intambara zirimo kuba ahandi zirimo gukowa n’abantu batagira ubwenge ugasanga baracecetse.

-5661.jpg

Uyu munsi iyo urebye uko ikibazo giteye hagati y’Amerika n’Ubushinwa gishobora gutuma hibazwa byinshi byihishe inyuma yacyo. Iki kibazo cyo mu nyanja y’Ubushinwa y’amajyepfo gifite ibindi byishi gihishe, kuko hakimara gusohoka raporo y’ubushakashatsi bwavugag ko hariya hantu hari Peteroli na Gaze z’ubwoko butandukanye byacukurwa imyaka myinshi, nibwo ibi bihugu byombi byatangiye gutungana agatoki.

Aho bigeze ubu byatumye ibihugu byombi byegeranya intwaro kabuhariwe bizerekeza muri kariya karere kugira ngo bibaye ngombwa bacakirane. Aha umuntu yakwibaza ati ese biriya birwa nibyo bapfa bishobora gutuma hagwa imbaga y’abantu? Oya gashozantambara ni umutungo kamere wahavumbuwe harimo na peteroli.

-5659.jpg

-5657.jpg

Mu byumweru bitatu bishize buri gihugu muri ibi twavuze cyerekeje intwaro zacyo muri kariya gace, ubu amato y’intambara yikoreye indege nyinshi n’abasirikare yafashe ibirindiro, amato agendera munsi y’inyanja ngo nayo aracicikana munsi y’inyanja.

Ibigendajuru bya gisirikare bya buri gihugu biragenzura hose, ndetse buri gihugu gifite ibisasu bya kirimbuzi byo mu bwoko bwa Nuclear ku buryo byakoreshwa bibaye ngombwa, ibi bikaba byerekana ko ikibazo gishobora gutuma umuriro waka.

Ikinyamakuru Daily Star Online cyo cyatangaje ko iki kibazo kiri mu bibazo bikomeye bishobora kubyara intambara ya 3 y’isi yose kubera ko Ubushinwa bwarahiye ko budashobora kuganira n’umuntu uwariwe wese kubijyanye n’Imipaka y’Igihugu cyabo mugihe Perezida Trump yaburiye abayobozi b’Ubushinwa kuva muri kariya karere batarabona ishyano.

Ikindi biragaragara ko imyitwarire no gufata ibyemezo bya Trump ari ibintu biteye ubwoba benshi. Ubu rero icyo byabyaye kugira ngo bibaye ngombwa basakirane, buri wese yazanye intwaro zishoboka kugira ngo umwe yereke undi ko adashobora kuhamukura.

Umujyanama wa Trump yavuze ko intambara n’Ubushinwa ntacyayibuza.

Umujyanama wa Trump, Steve Bannon uyu akaba yaranashyizwe mu kanama kihariye k’umutekano w’Amerika (National Security Council), yabwiye Senat ko uko byagenda kose bazarwana n’Ubushinwa ngo nubwo atazi igihe bizabera. Kubera imbaraga uyu mugabo afite kandi akaba ntakimucika mu byemezo byo hejuru byafatwa muri Ameika, abasesenguzi bahise babona ko hari gahunda ikomeye kuri iki kibazo.

-5658.jpg

Twabibutsa ko iki kibazo cyagejejwe mu muryango w’ibihugu byabibumbye (UN) mu mwaka 2016 ariko kirananirana, ubu ibihugu byombi bigaragara ko bigiye gukoresha imbaraga za gisirikare.

Ubushinwa bwo buraregwa n’Amerika ko bimuye imipaka mu nyanja ngo kugira ngo bazarwanire kure y’imipaka yabo ngo ndetse bamaze kubaka ibirwa mu nyanja byo gushyiraho ibitwaro bya gisirikare ngo kubera ko amato y’intambara adahagije. Naho igihugu cy’Amerika cyatangiye imyitozo ikomeye ikaba irimo gukorerwa muri Philippine kubera ko yegereye ako karere, n’ahandi muri iyi nyanja.

Ese perezida Trump yatangiza iyi ntambara?

Iki ni ikibazo cyoroshye kuri we kuko mugihe gito amaze kubutegetsi ubwo yagezwagaho ibibazo byihutirwa yavuze ko azajugunya ingabo z’ abashinwa ziri muri aka karere zikagwa iwabo, yahise anasaba James Mattis uyobora ingabo ko ibikoresho bya gisirikare bigomba kuba hafi aho kugira ngo mugihe icyemezo gifashwe bazahite batangira urugamba.

Ibi ariko byasanze n’Ubushinwa bwaramaze gufata icyo cyemezo kuko bafite abasirikare barenga ibihumbi ijana baryamiye amajanja, ibikoresho bikomeye by’intambara birimo n’amato arasa ibisasu bya kirimbuzi nka Nuclear bikaba biri ahitwa Hainan nabyo byiteguye kwinjira mu ntambara.

Mugukomeza imyiteguro y’intambara, Amerika imaze gukusanya ibitwaro mu bihugu bifatanya nayo bigose kariya karere nka Koreya y’Amajyepfo, Japan n’ibindi. Muri ibi bitwaro harimo indege zirasa ibisasu bya kirimuzi nka Nuclear ngo ziri mu birindiro bya Guam. Ubwo ushinzwe ingabo muri Amerika yagendereraga Koreya y’Amajyepfo n’Ubuyapani mu cyumweru gishize, umwe mubari kumwe nawe yasubiye mu magambo Steve Bannon yavuze ashimangira ko ntagushidikanya ko intambara atari inzozi hagati y’Amerika n’Ubushinwa.

Naho James Mattis yatunze agatoki abashinwa ko kariya gace bashaka kwiba Amerika kahoze ari nyanja yabo, ko Ubushinwa butazahagumana kobazahava bakwanga hagakoreshwa imbaraga zikenewe.

-5660.jpg

Ibi bikimara gutangazwa nibwo People’s Liberation Army of China yahise isohora itangazo ibwira abashinwa ko intambara n’igihugu cy’Amerika bagomba kuyitegura isaha iyariyo yose, ko bitakiri inzozi ko buri mushinwa agomba kuzaterwa ishema no guhangana n’umwanzi uzaba ushaka kubavutsa ubusugire bw’ igihugu cyabo.

Mugihe abantu benshi bumva ko hari igihe bitashoboka ko Amerika n’Ubushinwa barwana, ibi bashobora kubyibagirwa kuko akenshi intambara tubona zishingiye kukurwanira Peteroli ariyo ihatse ubukungu bw’isi. Kariya gace ngo gashobora kuba ariko kavumbuwemo Peteroli nyinshi ku isi kuburyo ibi bihugu byombi bidashobora kuhahara badakozanijeho, ibi rero bikaba byemeza ko biriya bitwaro bitazasubira aho byahoze bidakoze umurimo byakorewe.

Ikindi iyi ntabara ibaye byasaba ibihugu byinshi kuyinjiramo kubera amasezerano yo gutabarana yagiye asinywa. Twavuga nka Koreya y’Amajyepfo, Ubuyapani,Malaysia, Taiwan, Vietnam, Philippine, Koreya y’Amajyaruguru yavuze ko yahita itabara Ubushinwa, Uburusiya bwatabara Ubushinwa ndetse na Iran murumva ko intambara ya 3 y’isi yaba yambikanye.

Hakizimana Themistocle

2017-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Ubwanditsi 28 Oct 2019
Inama ya RNC  igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara

Inama ya RNC igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Ubwanditsi 06 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa
HIRYA NO HINO

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Ubwanditsi 09 May 2017
Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri
Mu Mahanga

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Ubwanditsi 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru