• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda mu bihugu bine byiyemeje kugenzura telefoni zihamagara mu mahanga

U Rwanda mu bihugu bine byiyemeje kugenzura telefoni zihamagara mu mahanga

Ubwanditsi 29 Apr 2016 Mu Rwanda

Abayobozi b’ibihugu bine bihuriye ku Muhora wa Ruguru biyemeje gutangira kugenzura imirongo ya telefoni zihamagara hanze y’imipaka muri ibi bihugu.

Nk’uko byatangajwe na observer.ug, ngo Abaperezida b’u Rwanda, Kenya, Sudani y’Epfo ndetse na Uganda mu nama ya 13 y’Umuhora wa Ruguru iherutse kubera i Kampala, basabye abaminisitiri bafite mu nshingano tekinoloji y’itumanaho gushyiraho uburyo bwo kugenzura no kumenya imirongo ya telefoni ihamagara hanze y’imipaka muri ibihugu, yifashishwa mu byaha.

Abaperezida bane babyumvikanye harimo Uhuru Kenyatta wa Kenya, Paul Kagame w’u Rwanda, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo wari uhagarariwe muri iyi nama, ndetse na Museveni wa Uganda. Bemeje ko abagenzuzi bakenewe kugira ngo iyi gahunda itangire bagomba gushakishwa vuba.

Ngo urugero nyarwo rwa telefoni zihamagara hanze y’imipaka mu gupanga ibintu bibi ntirwagaragajwe, ngo ariko James Mugume, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’Amahanga muri Uganda yemeza ko kugenzura telefoni zipangirwaho ibintu bibi bizagabanya ibibazo mu bucuruzi.

Iki cyemezo cy’ibihugu bigize umuhora wa Ruguru kije gikurikira amasezerano yasinywe n’ibi bihugu bine, yo guhanahana amakuru no kuyageraho.

Ngo ibi bivuze ko buri gihugu muri bine bigize Umuhora wa Ruguru gifite uburenganzira bwo kugera ku makuru afitwe n’ibindi bihugu bigize uyu Muhora. Gusa ngo uburyo bizakorwamo ntiburasobanuka neza.

-2727.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Aba baperezida kandi basabye ba minisitiri b’Ikiranabuhanga, ab’Imari ndetse n’Abayobozi ba za banki nkuru guhuza ikiguzi cy’imikorere ya serivisi za telefoni ngendanwa zambukiranya imipaka mu bihugu bigize Umuhora wa Ruguru.

Ngo igihe ibi byemezo bizaba byatangiye gushyirwa mu bikorwa, abaturage babyo bazajya bakoresha ikiguzi kimwe kuri telefoni ngendanwa.

Kuri ubu, buri gihugu gifite uburyo bwacyo bwihariye gikoreshamo telefoni ngendanwa.

2016-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe
ITOHOZA

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC
POLITIKI

Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.
Amakuru

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ubwanditsi 17 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru