• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Ubwanditsi 12 Nov 2018 Mu Rwanda

Bihop Rugagi Innocent uyobora Redeemed Gospel Church yatangaje ko kugeza ubu yamaze kubona ikimenyetso cy’uko isi yose imwemera ndetse ahamya ko atazapfa atabonye bamwe mu bakirisito ayoboye batunze indege zabo bwite.

Ibi Bishop Rugagi yabitangaje mu materaniro yo kuri iki cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018. Yabitangaje abihereye ku kuba mu cyumweru gishize yaragiranye ibiganiro n’umuherwe w’umupasiteri witwa Dr.Shepherd Huxley Bushiri uzwi nka Major 1 cyangwa se Prophet Bushiri wari uri mu Rwanda.

Rugagi yavuze ko Bushiri yari yaje mu Rwanda kuharuhukira ariko yahagera akamwandikira ngo aze baganire, ibi byatunguye Rugagi ndetse ngo yabanje no gushidikanya ko ari abatekamutwe bamwoherereje ubwo butumwa.

Rugagi yavuze ko mu minsi yashize yari yaragerageje guhura na Prophet Bushiri ariko agasanga amafaranga byamutwara atarayatunga kuva Imana yamurema. Gusa ngo icyifuzo cye Imana yakibonye iri mu ijuru maze imukorera igitangaza irabahuza.

Bushiri ngo yabwiye Rugagi ko mbere yo kuza mu Rwanda Imana yamubwiye byinshi ku we.

Rugagi yavuze ko Prophet Bushiri ari igikomerezwa ku buryo adashobora gusura itorero riciriritse. Ngo ni yo mpamvu atasuye itorero rya Rugagi ku Cyumweru.

Ati: “Igishobora gutuma adateranira hano nuko amavuta ye atari ayo mu itorero nk’iri. Ni yo mpamvu tutashobora kugirango tumwakire ahangaha”.

Rugagi yagaragaje agaciro yahawe na Prophet Bushiri agira ati: “Abantu bajya banga gushyira amavuta muri RAV 4 ihengamye ngo baze kundeba ariko undi agashyira amavuta mu ndege aje kundeba! ….akishyura amafaraga atabarika kubera umuntu umwe!”

“Isi yose yaranyemeye”

Rugagi yavuze ko kuba umushumba w’itorero rikomeye ku isi akaba n’umuherwe uzwi ku isi yarageze mu Rwanda akamutumira ngo baganire, ngo byonyine bihagije kugirango byerekane ko isi yose yemeye Rugagi.

Ati: “Ubu njyewe noneho nubwo nakwicara mu masangano y’imihanda, nukubwira Imana gusa nti: ‘Isi yose yaranyemeye’, narabirangije, nubwo nonaha nagenda nkicara mu masangano y’umuhanda gusa nkamanika amaguru, ubu isi yaranyemeye! byararangiye! Ubyange cyangwa ubyemere ibyo birahagije….

Rugagi yavuze ko Prophet Bushiri amaze guhura n’abaperezida barenga 47 kubera uburyo ari umuntu ukomeye. Kubw’ibyo Bishop Rugagi arahamya ko kuba yahuye na we Imana yamuzamuye mu yindi ntera.

Ati: “…Imana yarankomeje, ubuhanuzi bwarasohoye…uyu munsi mfite amavuta yuzuye, …ndimo ndumva uburemere budasanzwe…ibyari inzozi ntibikiri inzozi bimaze kuba ibintu bifatika”.

‘Sinzapfa ntarabona abakirisito batunze indege zabo’

Nyuma yo kugaragaza uburyo Imana yamuhuje n’umuntu ukomeye, Bishop Rugagi yahamirije abakirisito ati: “Ntabwo nzapfa ntarabona abakirisito batunze indege zabo!”

Bishop Rugagi yavuze ko guhura na Prophet Bushiri byasohoje ibyo Imana yamubwiriye mu masengesho yasengeye mu mazi no ku misozi ya Kanyarira na Kinyamakara.

Prophet Bushiri ni muntu ki?

Dr.Shepherd Huxley Bushiri uzwi nka Prophet Bushiri cyangwa Major one yavutse mu 1983. Ayobora itorero ryitwa Enlightened Christian Gathering rifite icyicaro i Pretoria muri Afrika y’Epfo rikagira n’amashami hirya no hino ku isi.

Ni umushoramari ukomoka muri Malawi, afite ikigo cy’ishoramari gikomeye cyitwa Shepherd Bushiri Investments (Pty) Ltd. Akora iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ibijyanye n’ubwubatsi, serivisi z’amahoteri n’ingendo z’indege n’ibindi.

Prophet Bushiri Ngo yatangiye ubucuruzi akiri muto ahawe inguzanyo na se.


Prophet Bushiri ni umuvugabutumwa ukomeye akaba anafite ifaranga ritubutse

Itorero rye ngo rifite amashami arenga 1700. Ajya akoresha ibiterane bikitabirwa n’abasaga ibihumbi 95.

Ni umwe mu bapasiteri b’abaherwe muri Afrika no ku isi dore ko afite indege ze bwite eshatu, televiziyo, kaminuza, ishuri ry’imikino (sports academy), n’ibigo by’ubucuruzi bikomeye. Bivugwa ko afite umutungo urenga miliyoni 150 z’amadorali y’Amerika. Aba mu nzu ya miliyoni hafi ebyiri z’amadorali y’Amerika.

Akunze kugira uruhare mu bikorwa byo kubakira abatishoboye, kubarihira amashuri, no gutanga ibiryo kubahuye n’inzara. Umufasha we yitwa Mary Bushiri, bakaba bafitanye abana babiri gusa.

Bushiri avuga ko yagiye mu ishoramari kugira ngo abone ibitunga umuryango we nyuma yo gusobanukirwa ko itorero ridashinzwe gutunga umuryango we.

Uyu ni we waganiriye na Rugagi ndetse ngo yamuhuje n’abandi bashumba b’amatorero b’abaherwe barimo umumiliyoneli witwa Prophet Uebert Angel uyobora itorero ryitwa Good News Church rikorera mu Bwongereza. Uyu Prophet Uebert ni na we Bushiri afata nk’ikitegererezo cyangwa umubyeyi we wo mu buryo bw’umwuka.

Rugagi na we amaze kwamamara mu Rwanda kubera ibintu akora n’ibyo avuga bigateza ururondogoro. Yamamaye cyane ubwo yizezaga abakristo be gutunga Range Rover mu mezi atatu gusa, icyakora ukabanza gutanga ituro ry’ibihumbi bitanu (5,000Frw), no kwizera ko bizasohora. Yigeze no gutangaza ko agiye kujya azura abapfuye.

Mu minsi micye ishize, yagurishije abayoboke be udutabo abizeza ko tuzabahindurira ubuzima, bakabona ubutunzi, akazi, abagabo n’ibindi. Agatabo kamwe karagura 10,000Frw kuzamura. Aherutse no kuvuga ko agiye kugura indege ye bwite bitungura abantu.

2018-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Zuma
    November 17, 20186:20 am -

    Iyi myemerere ntabwo ariyo Yezu yigishije. Ubu ni ubuyibe pe. Bakirisitu mwirokore hakiri kare. Nahovubundi muri mu kigare kizabajyana mu mwijima.
    Ngo amavuta?….
    Ngo urusengero ruciriritse?….
    None se ninde uzi umutoni imbee y’Imana?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda
Mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe
ITOHOZA

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Kigali : Minisitiri  w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari  ‘RNIT Iterambere Fund’
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Ubwanditsi 12 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru