• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Ubwanditsi 23 Feb 2016 ITOHOZA

Umuvugabutumwa Murangira Uwitije Valery ubarizwa mu itorero ry’Ububyutse rya Yerusalemu Umusozi wa Gorogotha, avuga ko Imana yamuhishuriye inzira 7 zo kwica inzoka y’imitwe irindwi, icyo gihe akaba yari mu gihugu cy’u Burundi.

Nk’uko tubikesha igitabo yanditse kitwa “Isezerano ry’Imana ridushoboza kubaho”, uhereye ku ipaji ya 32,ukajya no ku ya 33, Ev Murangira Uwitije Valery avuga ko Imana yamuhishuriye imitwe 7 satani akoresha mu gusenya umuntu, iyi mitwe akaba ariyo tugiye kwibandaho muri iyi nkuru.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com Ev Murangira Uwitije Valery yavuze ko nyuma yo guhishurirwa byinshi yahawe n’Imana, yahamagariwe kwandika ibitabo akageza ubwo butumwa ku bwoko bw’Imana, akaba yarahereye kucyo yise Isezerano ry’Imana ridushoboza kubaho,cyamutwaye amezi 8 acyandika. Kuri ubu avuga ko azakomeza kwandika ibitabo ndetse akaba arimo kwandika ikindi yise Iriba ryaratobamye ariko hafukuwe irindi soko.

1 Umutwe w’umuntu

Amaso niyo aheraho asenya umuntu kuko ijambo ry’Imana rivuga ko ijisho ari itabaza ry’umubiri wose. Yohana 19:2, Luka 11:33-36 Niyo mpamvu Yesu Kristo yambitswe ikamba ry’amahwa. Akurikizaho amatwi kugira ngo ntiwumve icyo Imana ishaka n’ururimi uvuge ibyo wishakiye,kandi Imana itabishaka wenda.

2 Amaboko y’umuntu

Ku maboko yica, ibikorwa byawe cyangwa umugisha wawe, icyo ugiye gukora cyose satani yohereza ibicantege. Ibyakozwe n’intumwa 28: 3-6. Amaboko satani arayarwanya cyane, niyo mpamvu usanga bafunga iminyururu ariyo mapingu ku maboko y’umuntu, Ibyakozwe n’intumwa 12: 7-8 Iyi uboshye ntabwo ukorera Imana neza.

3 Agatuza k’umuntu

Yica gukiranuka kwawe, akagusebya, ukaba iciro ry’umugani hose. Ngo nguwo arahise, uriya yewee!! Mbese ibyo wakoraga byiza bigasenyuka ugasigara urira, satani we akishima. Rinda agatuza kawe. Abefeso 6: 14, Yesaya 59:17 Ugire ukuri mubyo ukora byose.

4 Ubutunzi

Satani yica imishinga yawe yose, ukagambirira gukora ikiza, ariko ikibi kikakubanza ugasanga wacumuye, ugahiga ngo nzajya gufasha abantu bo mu muryango wanjye ariko bikanga. Ngo nzitanga mu murimo w’Imana, satani akakubuza. Ibyakozwe n’Intumwa 5: 1-11 Ananiya,ni iki gitumye satani yuzuza umutima wawe kubeshya Umwuka Wera, ibyo wabitse bizaba ibyande? Luka 12:13-21, 18: 22-27

5 Ubusambanyi bwo mu mutima

Umutima urashukana kurusha ibindi byose!! Ubusambanyi bwo mu mutima ntibutuma ugira icyo ugeraho, gusambana ni icyaha gikorerwa mu mubiri. Hari kwikinisha, hari abasambana bahuje ibitsina, hari imibonano mpuzabitsina itemewe mu gihe guhindura biva mu mutima kuko imbaraga zibikwa mu mutima. Ngo uwo mwana agwiza imbaraga z’umutima bituma yirinda, arakebwa ku gitsina no ku mutima. Yeremiya 9:24, Abalewi 20:10, Matayo 5: 27-28

6 Ibirenge byawe aho bihagaze

Ibirenge benshi bavuga ko ari amaguru, ibirenge bikwiriye guhagarara cyangwa ugakandagira ahera. Satani hari igihe aguhagarika aho udakwiye guhagarara cyangwa akaza aho uhagaze,nta kindi kimuzana ni ukukurega Zakariya 3:1- Satani arega abana b’Imana n’abatambyi bayo aribo bakozi b’Imana ngo Dore uko agenda, reba aho ageze, reba aho ahagaze. Satani atwara abana b’Imana abajyana aho ashaka ko abagerageza ngo bave mu kwemera. Matayo 4: 5-7 Yesu Kristo yajimbwe imisumari ku birenge ahagarikwa ku giti cy’umusaraba. Imana ibwira umuntu ngo inzoka izakurya agatsinsino.

7 Intebe y’icyubahiro

Aho ukwiriye kwicara, satani ntahashaka, yica inzira zawe ngo utazicara ngo uruhuke. Asa nkaho ayicayeho ariko afite iye, Imana yamwicajeho,nta yindi uretse ubwami bw’isi n’ikuzimu mu murimo utazima. Intebe yawe ni nziza kurusha iya satani. Umwana ashaka ubwami na se akabushaka,kurwanira ubwami ntawe utaburwanira,Imana iri ku ngoma satani akaba ayishaka,intambara zikarota.Ubwo rero urabyumva satani arabitobatoba,akivanga kuko ntanyurwa. Matayo 4:8-13, 2Samweli 15:13-14.

Inyarwanda

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Nkuko  ‘Abarokore’ bajyaga guhirika amabuye ku musozi wa Kanyarira babigereranya nko guhirika Bish.Tom Rwagasana muri ADEPR

Nkuko ‘Abarokore’ bajyaga guhirika amabuye ku musozi wa Kanyarira babigereranya nko guhirika Bish.Tom Rwagasana muri ADEPR

Ubwanditsi 23 May 2017
Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Ubwanditsi 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali
IMIKINO

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Umugande  Andrew Mwenda,  yemeza ko  Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka
Mu Rwanda

Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Ubwanditsi 01 Jul 2017
CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger
IMIKINO

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru