• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Ubwanditsi 23 Feb 2016 ITOHOZA

Umuvugabutumwa Murangira Uwitije Valery ubarizwa mu itorero ry’Ububyutse rya Yerusalemu Umusozi wa Gorogotha, avuga ko Imana yamuhishuriye inzira 7 zo kwica inzoka y’imitwe irindwi, icyo gihe akaba yari mu gihugu cy’u Burundi.

Nk’uko tubikesha igitabo yanditse kitwa “Isezerano ry’Imana ridushoboza kubaho”, uhereye ku ipaji ya 32,ukajya no ku ya 33, Ev Murangira Uwitije Valery avuga ko Imana yamuhishuriye imitwe 7 satani akoresha mu gusenya umuntu, iyi mitwe akaba ariyo tugiye kwibandaho muri iyi nkuru.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com Ev Murangira Uwitije Valery yavuze ko nyuma yo guhishurirwa byinshi yahawe n’Imana, yahamagariwe kwandika ibitabo akageza ubwo butumwa ku bwoko bw’Imana, akaba yarahereye kucyo yise Isezerano ry’Imana ridushoboza kubaho,cyamutwaye amezi 8 acyandika. Kuri ubu avuga ko azakomeza kwandika ibitabo ndetse akaba arimo kwandika ikindi yise Iriba ryaratobamye ariko hafukuwe irindi soko.

1 Umutwe w’umuntu

Amaso niyo aheraho asenya umuntu kuko ijambo ry’Imana rivuga ko ijisho ari itabaza ry’umubiri wose. Yohana 19:2, Luka 11:33-36 Niyo mpamvu Yesu Kristo yambitswe ikamba ry’amahwa. Akurikizaho amatwi kugira ngo ntiwumve icyo Imana ishaka n’ururimi uvuge ibyo wishakiye,kandi Imana itabishaka wenda.

2 Amaboko y’umuntu

Ku maboko yica, ibikorwa byawe cyangwa umugisha wawe, icyo ugiye gukora cyose satani yohereza ibicantege. Ibyakozwe n’intumwa 28: 3-6. Amaboko satani arayarwanya cyane, niyo mpamvu usanga bafunga iminyururu ariyo mapingu ku maboko y’umuntu, Ibyakozwe n’intumwa 12: 7-8 Iyi uboshye ntabwo ukorera Imana neza.

3 Agatuza k’umuntu

Yica gukiranuka kwawe, akagusebya, ukaba iciro ry’umugani hose. Ngo nguwo arahise, uriya yewee!! Mbese ibyo wakoraga byiza bigasenyuka ugasigara urira, satani we akishima. Rinda agatuza kawe. Abefeso 6: 14, Yesaya 59:17 Ugire ukuri mubyo ukora byose.

4 Ubutunzi

Satani yica imishinga yawe yose, ukagambirira gukora ikiza, ariko ikibi kikakubanza ugasanga wacumuye, ugahiga ngo nzajya gufasha abantu bo mu muryango wanjye ariko bikanga. Ngo nzitanga mu murimo w’Imana, satani akakubuza. Ibyakozwe n’Intumwa 5: 1-11 Ananiya,ni iki gitumye satani yuzuza umutima wawe kubeshya Umwuka Wera, ibyo wabitse bizaba ibyande? Luka 12:13-21, 18: 22-27

5 Ubusambanyi bwo mu mutima

Umutima urashukana kurusha ibindi byose!! Ubusambanyi bwo mu mutima ntibutuma ugira icyo ugeraho, gusambana ni icyaha gikorerwa mu mubiri. Hari kwikinisha, hari abasambana bahuje ibitsina, hari imibonano mpuzabitsina itemewe mu gihe guhindura biva mu mutima kuko imbaraga zibikwa mu mutima. Ngo uwo mwana agwiza imbaraga z’umutima bituma yirinda, arakebwa ku gitsina no ku mutima. Yeremiya 9:24, Abalewi 20:10, Matayo 5: 27-28

6 Ibirenge byawe aho bihagaze

Ibirenge benshi bavuga ko ari amaguru, ibirenge bikwiriye guhagarara cyangwa ugakandagira ahera. Satani hari igihe aguhagarika aho udakwiye guhagarara cyangwa akaza aho uhagaze,nta kindi kimuzana ni ukukurega Zakariya 3:1- Satani arega abana b’Imana n’abatambyi bayo aribo bakozi b’Imana ngo Dore uko agenda, reba aho ageze, reba aho ahagaze. Satani atwara abana b’Imana abajyana aho ashaka ko abagerageza ngo bave mu kwemera. Matayo 4: 5-7 Yesu Kristo yajimbwe imisumari ku birenge ahagarikwa ku giti cy’umusaraba. Imana ibwira umuntu ngo inzoka izakurya agatsinsino.

7 Intebe y’icyubahiro

Aho ukwiriye kwicara, satani ntahashaka, yica inzira zawe ngo utazicara ngo uruhuke. Asa nkaho ayicayeho ariko afite iye, Imana yamwicajeho,nta yindi uretse ubwami bw’isi n’ikuzimu mu murimo utazima. Intebe yawe ni nziza kurusha iya satani. Umwana ashaka ubwami na se akabushaka,kurwanira ubwami ntawe utaburwanira,Imana iri ku ngoma satani akaba ayishaka,intambara zikarota.Ubwo rero urabyumva satani arabitobatoba,akivanga kuko ntanyurwa. Matayo 4:8-13, 2Samweli 15:13-14.

Inyarwanda

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside

Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 11 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Ubwanditsi 04 Apr 2019
FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona
Amakuru

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

Ubwanditsi 24 Mar 2022
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.
Amakuru

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru