• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Ubwanditsi 01 Jul 2017 Mu Rwanda

Umunyamakuru n’Umuyobozi w’ikinyamakuru The Independent cyo muri Uganda, Andrew Mwenda, akaba no mu kanama Ngishwanama ka Perezida Kagame; yagaragaje urukurikirane rw’ibiganiro byatumye Perezida Kagame yemera gukomeza kuyobora u Rwanda, mu gihe we yumvaga yarekera ahubwo hagashakwa undi muyobozi.

Nyuma y’ubusabe bw’Abanyarwanda Itegeko Nshinga ryafatwaga nk’inzitizi rikavugururwa mu Ukuboza 2015, ku wa 01 Mutarama 2016 Perezida Kagame yemeye kuzakomeza kuyobora Abanyarwanda muri manda ya gatatu, ndetse ku wa 22 Kamena 2017 yashyikirije ibyangombwa bye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora nyuma yo kutangwa nk’umukandida na FPR Inkotanyi.

Nyamara si intambwe yatewe umunsi umwe, nk’uko Andrew Mwenda uvuga ko yitabiriye kenshi inama zikomeye zari zigamije gufata umwanzuro ku busabe bw’abaturage yabigaragaje mu nkuru yanditse muri The Independent.

Kuva kera na kare, Perezida Kagame yagaragaje ko Itegeko Nshinga ritahindurwa ku bwe, nyuma yo kugaragara ko muri Afurika abayobozi benshi bahindura Itegeko Nshinga bitari ku neza y’igihugu, ahubwo ku yabo bwite.

Nk’uko Mwenda abivuga ngo “Kagame ibyo abizi neza. Ubundi kimwe mu byatumye adahita yumva ibitekerezo byacu ngo agume ku buyobozi ni izina ribi gukuraho umubare wa manda bimaze kugira muri Afurika n’ahandi. Ntabwo yigeze ashaka kugaragara nk’undi munyagitugu ufite inyota y’ubutegetsi muri Afurika.”

Hatekerejwe ku bintu bitandukanye

Mwenda yavuze ko nyuma yaho Perezida Kagame atsembeye abantu bo hafi ye ibyo gukomeza kuyobora u Rwanda, hatekerejwe gushyiraho uburyo yava ku butegetsi ariko akagumana inshingano zimwe.

Mwenda ati “Nakomezaga kuganiraho n’abantu bakomeye muri RPF n’abanyapolitiki mu yandi mashyaka akomeye mu Rwanda ku bintu bitandukanye bishoboka. Ubundi nta muntu wo mu rwego runaka, umucuruzi, abayobozi b’amadini, abikorera n’abandi bashakaga ko ava ku buyobozi.”

“Twagombaga gushaka uburyo Kagame yava ku buyobozi ariko agakomeza kugira uruhare rugaragara mu guha icyizere inzego zose mu Rwanda zitifuzaga ko yabuvaho. Igitekerezo kimwe cyari ugukurikiza urugero rwa Julius Nyerere muri Tanzania aho Kagame yashoboraga kuva ku butegetsi nka Perezida ariko agakomeza kuba Umuyobozi Mukuru wa RPF, igitekerezo nzi ko yari ashyigikiye.”

Kugira ngo ijambo rye ridahungabanywa, ngo hari ibitekerezo ko Itegeko Nshinga ryahindurwa hanyuma ishyaka rigize amajwi menshi mu Nteko Ishinga Amategeko akaba ariryo ritora Perezida wa Repubulika aho gutorwa n’abaturage, nk’uko bigenda muri Afurika y’Epfo.

Mwenda ati “Nahamyaga ko muri ubwo buryo niba perezida uriho agoranye, ashobora gukurwaho n’ishyaka rye nk’uko African National Congress yabikoze kuri Thabo Mbeki. Ibisa n’ibyo byari binabaye mu 2000 ubwo RPF yateganyaga gukuraho Perezida wa mbere wayoboye u Rwanda nyuma ya Jenoside, Pasteur Bizimungu, akabatanga akegura.”

“Gusa habayeho impungenge zikomeye kuri iki gitekerezo, cyari guha Kagame ububasha bukomeye, bigatuma perezida mushya atagira ubwisanzure. Ibi byari guhungabanya igihugu. Icyo cyashyizwe ku ruhande.”

Mwenda yavuze ko hanarebwe ku bundi buryo bw’imiterere y’ubuyobozi nk’ibya Vladimir Putin mu Burusiya, ariko nyuma y’ibiganiro byinshi n’inzego zitandukanye, zemeranya ko Kagame agumaho nka Perezida, kandi ibyo biganiro byose Kagame we ntiyabyitabiraga.

Icyo gihe kandi ngo hari harashyizweho itsinda ry’abayobozi ba RPF ngo risuzume niba yava ku buyobozi, nabo bazana umwanzuro usa n’uw’abandi ko Perezida Kagame akomeza kuyobora.

Mwenda ati “Nta muntu n’umwe kuri iyi Si waza ngo avuge ko Kagame yamusabye guhindura Itegeko Nshinga ngo havanwemo umubare wa manda, nta n’umwe muri RPF, ntawe mu Rwanda cyangwa ahandi aho ariho hose ku Isi. Kuva mu ntangiriro kugeza ku iherezo, nta ruhare na rumwe yabigizemo.”

Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Nk’uko Mwenda abivuga, ubwo amajwi y’abanyarwanda basaga Kagame ko akomeza kubayobora, ngo yahamagaje inama ya RPF avuga ko ashaka kurekera aho kuyobora, kandi abitangira ibisobanuro.

-7136.jpg

Perezida Paul Kagame

Mwenda ati “Yavuze ko RPF imaze gukomera ku buryo yashaka umusimbura mu ituze kandi mu buryo burambye. Yanavuze ko kuvanaho umubare wa manda bifite isura mbi muri Afurika. Yari yarubatse politiki atifuzaga ko yangizwa n’uwabona ko akeneye kuguma ku butegetsi.”

“Yavuze ko yatanze umusanzu we ku buryo akeneye guha n’abandi ngo bakomerezeho. Yavuze ko ari kugenda ananirwa, akeneye gutanga ubuyobozi ubundi umwanya munini akawuharira umuryango we.”

Icyatunguranye ngo ni uko mu banyamuryango 3500 ba RPF bari bitabiriye inama, nta n’umwe wigeze yemeranya na Perezida Kagame, ahubwo buri wese wafataga ijambo yatangaga impamvu zigaragaza ko akeneye ko akomeza kuyobora.

Mwenda ati “Abamusabaga ko akomeza kuyobora ntibavaga muri RPF gusa. N’andi mashyaka yose akomeye nibyo yitsagaho. Ariko igikomeye kuruta ibindi, icyo gihe abanyarwanda bateguraga uburyo bazamuhatira gukomeza kubayobora.”

Mu kureba neza ukuri kwabyo, Perezida Kagame ngo yazengurutse igihugu cyose, ariko aho ageze abaturage bamwe bakanamubwira ko bazamutora n’iyo azaba atari ku rupapuro rw’itora.

Abaturage banatangiye kwandika amabaruwa basaba ko Itegeko Nshinga ryamukumiraga rivugururwa, ndetse nk’uko Mwenda abivuga “Bamwe mu bayobozi muri RPF babonye uburyo atari kubyemera, batangira kujya ku ruhande rwe babuza abaturage kwandika ayo mabaruwa”.

Mwenda ati “Ariko ugushaka kwabo ntabwo byashoboye ko guhagarikwa. Ahubwo mu mezi abiri gusa, imikono miliyoni 3.7 yari imaze gukusanywa. Abandi baturage batangiye kumwandikira we ubwe, ku buryo ibiro bya Perezida byabaraga inyandiko ibihumbi. Ni iki Kagame yari gukora?”

Kagame yitabaje umuryango we

Nk’uko Mwenda akomeza abivuga, Perezida Kagame yahamagaje umudamu we n’abana ababaza icyo batekereza, bose bahuriza ku kuba akwiye kuruhuka akareka ubuyobozi.

Yakomeje agira ati “Kagame yita cyane ku mpungenge z’umuryango we kuri icyo kibazo. Yarampamagaye ngo nze i Kigali anganiriza kuri icyo kintu. Nari nzi neza ko ari ikintu kimukomereye. Yari hagati y’ibyifuzo by’abaturage n’ibyifuzo by’umuryango we.”

Mwenda avuga ko yaganiriye na Madamu Jeannette Kagame, nyuma akaza kwemera ati “Ok, imyaka itatu yonyine, kugeza mu 2020. Ikintu kibura cyakuzuzwa neza muri icyo gihe.”

Mwenda avuga ko Perezida Kagame yemejwe kuguma ku buyobozi n’ugushaka kw’abaturage ndetse RPF urwo rugendo yarwitwararitsemo.

Si ubwa mbere Kagame yari kuba yanze ubuyobozi

Mwenda avuga ko igitekerezo cya Kagame cyari gifite umwanya ukomeye mu gufata umwanzuro, ariko kuri iyi nshuro abaturage bagize ijambo rinini, bitandukanye n’uko byigeze kugenda mu 1994.

Mwenda ati “Ubwo bafataga ubutegetsi ku wa 4 Nyakanga 1994, RPF yamuhisemo ku bwiganze ngo abe Perezida w’Igihugu, kurusha na Alex Kanyarengwe wayoboraga umuryango. Kagame yarabyanze. RPF yashimangiye ko nta wundi ugomba kumuba. Habayeho kubitindaho cyane mu gihe cy’icyumweru. RPF yarabyemeye, Kagame aratsinda. Uko niko Pasteur Bizimungu yabaye Perezida.”

“Ariko ako kanya izina rya Bizimungu rikivugwa, andi mashyaka ya politiki yagombaga kuba agize guverinoma y’ubumwe nk’uko byari byemejwe mu masezerano y’amahoro ya Arusha yo mu 1993, yarahagurutse yamagana icyo cyemezo.”

“Uwari wagizwe Minisitiri w’Intebe, Faustin Twagiramungu, yayoboye intumwa z’amashyaka ya politiki hashingiwe ku masezerano ya Arusha bajya guhura na Kagame. Bamaganye umwanzuro wo gushyiraho Bizimungu nka Perezida bikozwe na RPF. Ahubwo bose bashimangira ko Kagame ariwe ugomba kuba Perezida.”

Icyo ngo nicyo cyatumye igihugu kitagira guverinoma guhera ku wa 4 Nyakanga ubwo RPF yafataga ubutegetsi, kugeza ku wa 19 Nyakanga ubwo guverinoma yarahiraga.

Kwanga kongera kwiyamamaza ngo yari kuba ari inshuro ya kabiri atemeranyije n’ugushaka kwa benshi.

Mwenda ati “Ni iki Kagame yari gukora? Yakoze ibyo buri muyobozi mwiza mu rwego rwe yakora, ashingiye ku nama z’abaturage be n’abajyanama be.”

-7135.jpg

Andrew Mwenda ni umwe mu bagize Akanama Ngishwanama ka Perezida Kagame

2017-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 26 Gicurasi 1994 : Mobutu yashatse ko MINUAR igenzura Ikibuga cy’indege cya Kanombe

Tariki 26 Gicurasi 1994 : Mobutu yashatse ko MINUAR igenzura Ikibuga cy’indege cya Kanombe

Ubwanditsi 26 May 2018
Musanze : Perezida Kagame  yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ubwanditsi 05 May 2018
Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo
POLITIKI

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru