• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ubwanditsi 31 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kayumba Nyamwasa aherutse kwirukana burundu mu kazu ke  ke kitwa RNC gafatwa nk’umutwe w’iterabwoba, uwitwa Jean Paul Turayishimye banafatanyije kugashinga. Umuzi mukuru w’ikibazo ni irigiswa rya Ben Rutabana kugeza ubu dusoza umwaka wa 2019 umuryango we utazi niba agihumeka umwuka w’abazima.

Jean Paul Turayishimye wari inshuti magara ya Rutabana, ariko akabihuza no kuba muramu we bitemewe n’amategeko kuko Jean Paul yihaga akabyizi kuri mushiki we Tabita Gwiza igihe cyose yabaga ari muri Canada byitwa ko bari mu kazi ka RNC.

Nyuma yuko rero Rutabana aburiye, Jean Paul yanze kurya iminwa avugisha ukuri atigeze avuga ko Kayumba Nyamwasa ari inyuma mu irigiswa rya Rutabana. Ibi ariko Jean Paul nk’umuntu wari ushinzwe iperereza muri RNC akabivanga no kuba Komiseri ushinzwe itangazamakuru ntabwo yigeze abivuga kubandi Kayumba yanyereje. Ibi yaba yarabitewe n’urukundo abanye na mushiki wa Rutabana.

Jean Paul yahagaritswe by’agateganyo ahabwa iminsi 14 yo kwisobanura, nyuma yaje gusezererwa burundu. Bivugwa ko iyi minsi 14 yari iyo kuzuza umuhango kuko Nyamwasa yari yaramusezereye kera abinyujije mu mukono w’umuteruzi w’ibibindi  we Jerome Nayigiziki.

Jean Paul rero nawe ntiyariye iminwa nkuko biba muri kamere ye, nawe yasohoye itangazo abwira Kayumba ngo vuga uvuye aho ibyo wanditse ntaho bihuriye n’ukuri. Jean Paul yabanje kwibutsa Kayumba Nyamwasa ko:

  • Ntakirego nakimwe mubyanditswe gifite ishingiro.
  • Ntanarimwe yigeze abazwa n’ inzego z’ ubuyobozi kubibazo zimushinja ndetse ko inama yanyuma ya Komite Nshingwabikorwa ya RNC yitabiriye yabaye mu kwezi kwa Nzeli 219. Ibyo avuga akaba ari ibinyoma
  • Mukiganiro yagiranye (Kayumba Nyamwasa) na Radio Itahuka kuwa 12/14/2019, yavuze ko Ihuriro ribabajwe no kutamenya aho Rutabana ari, none mucyumweru kimwe bihindutse bite ko bafite ibimenyetso simusiga ko Ben Rutabana yajyanwe muri M23 na Jean Paul Turayishimye.
  • Atigeze avugana n’inama y’inararibonye ku kibazo cya Rutabana. Ahubwo yababwiye uburyo Kayumba Nyamwasa ariwe kibazo muri RNC.
  • Ibirego bashingiyeho bamuhagarika by’agateganyo, bitandukanye kure n’ibirego bashingiyeho bamuhagarika burundu.

Jean Paul Turayishimye, yashoje agaragaza ko ikibazo nyamukuru Kayumba Nyamwasa afite ari irigiswa rya Ben Rutabana ndetse n’ibindi bibazo biremereye biterwa nawe ubwe. Tubibutse ko umuntu wese ubajije Rutabana aba akoze Kayumba Nyamwasa mu mutwe, bityo ahita amusezerera. Urutonde ni rurerure uhereye kuri Ben Rutabana ubwe wirukanwe  amaze kuzimizwa/kwicwa, hanyuma hagakurikiraho abavandimwe be bari muri Komite ya RNC ya Canada.

Nyuma yibyo abo muri RNC muri Afurika y’Epfo berekanye ibibazo baterwa na Kayumba Nyamwasa, nuko bandika basaba ko Kayumba Nyamwasa na muramu we Frank Ntwali baba bahagaritswe muri RNC. Ababisabye barimo nka Emile Rutagengwa, Alex Karemera, Emma Kanyemera, Gidiyoni Gatera, Alias Ruhinda, Barigira Ferdinand, Moussa Ngabo, Nyirahabiyakare Umulisa, Mukamusoni Saidat, Mukundwa Hadjati, Uwamahoro Arriane, Victor Runiga, Gakire Francoise, Shirambere Alphonse n’abandi.

2019-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018
Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida  Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 

Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 

Ubwanditsi 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Ubwanditsi 13 Mar 2018
Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko
ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 13 Jul 2017
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo
UBUKUNGU

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru